Mu gishanga cya Gashora ho mu karere ka Bugesera harimo kubakwa uruganda rw’amazi rwa Kanyonyombya, rugamije gukemura ikibazo cy’amazi cyugarije abaturage.
Abantu bataramenyekana batemye inka umunani z’uwitwa Uwifashije Augustin utuye mu murenge wa Rilima mu Karere ka Bugesera.
Umugore ukekwaho guta uruhinja mu musarani ari mu maboko ya Polisi mu Bugesera nyuma yo kumubona atagitwite kandi yari asanzwe atwite.
Abakozi babiri ba Banki y’abaturage (BPR) ishami rya Batima riri mu Murenge wa Rweru mu Bugesera, barakekwaho gutorokana miliyoni zisaga 14RWf.
Abagabo batanu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata iri mu Karere ka Bugesera, bakekwaho ubujura bw’inka.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rwanza, mu murenge wa Nyamata, muri Bugesera, batoraguye uruhinja mu musarane uri gucukurwa babura uwarutayemo.
Bamwe mubanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Bugesera mu murenge wa Mayange baranengwa kutabyaza umusaruro amasambu bahawe.
Imvura igwa hirya no hino mu gihugu yatumye uruzi rw’akagera rwuzura, amazi arengera imyaka ihinze mu gishanga cya Gashora.
Minisiteri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga iri gusangiza ibihugu 14 by’Afurika ibyiza bya gahunda ya Youth Connekt yafashije urubyiruko rw’u Rwanda kwihangira imirimo.
Abatuye mu Kagari ka Nyakayaga mu Murenge wa Kamabuye,Akarere ka Bugesera, bavuga ko ibimina bibafasha kuzigama amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Abatuye akarere ka Bugesera bavuga ko bafungiwe amazi imyaka itanu kubera umwenda wa miliyoni 13 frw bafitiye Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC).
Umugore n’umugabo bo mu Bugesera, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata bakekwaho kuroga inka enye zirimo izihaka eshatu n’ikimasa.
Abahinzi ba kawa bo mu Bugesera barasaba ko igiciro cyayo cyazamurwa kuko icyo basanzwe bahabwa kibahombya kandi baba barashoye menshi.
Bamwe mu batuye umurenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera, bagisangirira ku muheha umwe, bagaragaza ko nta ngaruka babibonamo.
Abari abacuruzi b’inyongeramusaruro n’imbuto mu karere ka Bugesera, bafite impungenge zo guhomba, kuko ubucuruzi bakoraga bwahawe inkeregutabara, bagifite ibicuruzwa.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamata, mu Karere ka Bugesera, batoraguye umwana w’umukobwa w’amezi abiri ku nzira babura uwamubyaye akamuhata.
Abatuye mu midugudu irindwi y’utugari twa Kibungo mu Murenge wa Ntarama mu Bugesera, bamaze imyaka itanu bishyuye amafaranga yo kubazanira amashanyarazi ariko ntarabageraho.
Abaturage bo mu Bugesera bakoresha amavomo rusange mu mirenge itandukanye barasaba ko hajya hakurikiranwa abanyereje amafaranga y’amavomo aho gufungirwa amazi.
Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) yasobanuriye abatuye Akarere ka Bugesera aho igeze isaba ko urwibutso rwa Nyamata rushyirwa mu bimenyetso ndangamurage by’isi.
Amakoperative y’abahinzi b’imboga n’inyanya mu gishanga cya Cyohoha ya ruguru mu Karere ka Bugesera, baravuga ko gukoresha imashini zuhira byatumye umusaruro wabo wiyongera.
Abagize koperative Isano ikorera uburobyi mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru mu Karere ka Bugesera bashyizeho gahunda ya “Girinka” murobyi izabunganira.
Bamwe mu bana bo Mudugudu w’Icyitegererezo mu Murenge wa Rweru mu Bugesera watujwemo abimuwe mu birwa bya Mazane na Sharita ntibarasubira ku ishuri.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Bugesera rwihangiye imirimo, bavuga ko bagenzi babo babuze akazi babyitera kuko usanga barangwa n’ubunebwe.
Bamwe mu baturage bo mu Bugesera bakora umwuga w’ubuhinzi, bavuga ko ibiciro biri hejuru by’imashini zihinga bikibabuza kuzifashisha mu buhinzi.
Imiryango itishoboye yimuwe igatuzwa ku mudugudu i Musovu mu Murenge wa Juru mu Bugesera, isaba ubuyobozi bw’akarere kuyifasha kubona ubutaka bwo guhingaho.
Umugore witwa Izabiriza Alphonsine arakekwaho kwica umugabo we witwaga Mbyariyehe Francois afatanyije n’umwana we Tuyishimire Fabien bagamije kugarurira imitungo yose.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi Mukantabana Seraphine arasaba Abanyarwanda bahunze gutahuka, kuko nyuma y’uyu mwaka bitazaborohera gutahuka kuko ibyo bafashwagamo bitazongera kubaho.
Ndayisenga Elissa w’imyaka 18 y’amavuko yaje mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Gashora ashakisha se watandukanye na nyina agifite amezi ane.
Abakozi bashinzwe ubuhinzi mu mirenge y’Akarere ka Bugesera, barasaba kongererwa amafaranga bagenerwa y’ingendo kuko ayo bahabwa atakijyanye n’igihe bitewe n’uko ari make.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buranenga bamwe mu bagenerwabikorwa ba VUP kuba batitabira gukorana n’Umurenge SACCO ngo bahabwe amafaranga y’inguzanyo yabagenewe.