Sosiyete y’Abarabu ikomoka muri Quatar, yitwa ‘Almaha for industry Co Ltd’, yatangiye gukora Firigo n’amashyiga ya gaz bikorewe mu Rwanda, bikaba byitezweho kuzagabanya ibiciro ugereranyije n’ibisanzwe ku isoko bitumizwa mu mahanga.
Mu Midugudu ya Gasenga ya II na Nyabivumu yombi ibarizwa mu Kagari ka Nyamata-Ville mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, ni hamwe mu habereye igikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro bishya by’ubudehe. Abaturage bagaragaza ko banyuzwe n’ibyiciro bahawe, mu gihe mbere wasangaga hari abinubira ibyiciro bashyizwemo.
Ikigo cyitwa ‘Rafiki’ giherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, cyatangiye kwigisha guhera tariki 19 Ukwakira 2020, kuko cyo ari ikigo mpuzamahanga kitagendera kuri porogaramu y’urwego rushinzwe Uburezi mu Rwanda (REB).
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Mbere tariki 12 Ukwakira 2020, yafashe imyanzuro irimo uvuga ko imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zifite imyanya y’abagenda bicaye gusa, zemerewe gutwara 100% by’umubare w’abantu zemerewe gutwara. Ku modoka zifite imyanaya y’abagenda bicaye n’abagenda bahagaze, zemerewe (…)
Muri iki gihe kwiga umwuga bigenda birushaho kumvikana neza kurusha mu myaka yashize, ubwo umuntu wigaga imyuga ari uwabaga yananiwe kwiga ibindi, bityo akajya mu myuga nko kubura uko agira.
Amafi ni ikiribwa kigenda cyitabirwa cyane, bitewe n’uko hari abantu bavuga ko batagikunda kurya inyama zitukura, ahubwo bakarya amafi kuko yo afatwa nk’inyama z’umweru. Icyakora abayagura bagaragaza impungenge ku giciro cyayo kuko bavuga ko kiri hejuru.
Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera, batangiye kwitabira guhinga ibishyimbo bikungahaye ku butare bwa ‘Fer’, bivugwa ko bifasha mu kurwanya imirire mibi kuko bikungahaye ku ntungamubiri zitandukanye.
Ikiraro cya Kanyonyomba gifasha mu buhahirane hagati y’abaturage b’Umurenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera n’abo mu Murenge wa Rukumberi mu Karere ka Ngoma cyamaze gusanwa, nyuma y’amezi atanu cyari kimaze kidakora cyarasenywe n’ibiza.
Abagize urwego rwa DASSO bo mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Bugesera, tariki 01 Ukwakira 2020 bahuriye mu gikorwa cy’umuganda wo gusanira abaturage batatu batishoboye bo mu Murenge wa Kamabuye muri Bugesera, nyuma bagabira n’undi umwe inka.
Mu myanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 25 Nzeri 2020, harimo uwemerera abatwara abagenzi ku magare bazwi ku izina ry’abanyonzi kugaruka mu muhanda, ariko basabwa kubahiriza amabwiriza y’Inzego z’Ubuzima, ndetse no gukoresha ingofero zabugenewe (helmet/casque) kugira ngo birinde banarinda abo batwara ingaruka (…)
Mu minsi yashize ibice by’igihugu byibasiwe n’ibiza birimo amazi y’imvura yaguye ari nyinshi ku buryo budasanzwe yibangiza imyaka mu mirima n’ibindi.
Guhera tariki 9 Nzeri 2020, Inama Njyanama y’Akarere ka Bugesera, ishingiye ku itegeko nshinga rya Republika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015, no ku itegeko no 87/2013 ryo ku wa 11/9/2013 rigena imitunganyirize n’imikorere y’inzego z’imitegekere y’igihugu zegerejwe abaturage, ishingiye kandi ku ngamba n’ibyemezo (…)
Mu rwego rwo kurwanya Malaria, ubusanzwe mu bigo nderabuzima bya Leta, haba inzitiramibu zihabwa abagore batwite mu gihe baje kwipimisha inda, bakongera kuzihabwa mu gihe baje gukingiza urukingo rw’amezi icyenda nk’uko bisobanurwa na Ndayisabye Viateur, umuyobozi w’ishami ry’ubuzima mu Karere ka Bugesera.
Umuyobozi w’Ikipe ya Bugesera FC, Gahigi Jean Claude, ari mu maboko y’Ubushinjacyaha, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Igishushanyo mbonera kigaragaza imikoreshereze y’ubutaka ku rwego rw’igihugu mu myaka mirongo itatu iri imbere, giherutse gushyirwa ahagaragara, kigaragaza ko mu Mijyi itatu izaba yunganira Kigali (satellite cities) harimo Umujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, Rwamagana ndetse na Muhanga.
Akarere ka Bugesera kimwe n’utundi turere tw’igihugu kari mu rugamba rwo kurwanya icyorezo cya Covid-19 cyugarije isi. Mu bukangarambaga butandukanye Akarere ka Bugesera gakora mu rwego rwo gukangurira abaturage kwirinda icyo cyorezo, harimo ubwo kujya ku kiraro cy’uruzi rw’Akagera, aho Akarere ka Bugesera gahana urubibi (…)
Guhera tariki ya 8 kugera ku ya 15 Nzeri 2020, Akarere ka Bugesera ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) ndetse n’abavuzi b’amatungo (Veterineri) bikorera bo muri ako karere, ubu bari mu gikorwa cyo gukingira amatungo magufi (ihene n’intama), indwara ya muryamo ikunda kuzibasira mu (…)
Guhera mu kwezi kwa Nyakanga 2020, ubwo ibikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri bishya yari irimbanyije, abantu benshi bashakaga kubaka bakoresheje amatafari ahiye bahuye n’ikibazo kuko barayabuze, hakaba ubwo babona makeya ugereranyije n’ayo bifuzaga, kandi noneho ngo n’igiciro cyayo cyahise kizamuka.
U Rwanda rumaze hafi amezi atandatu ruhanganye n’icyorezo cya Coronavirus, kugeza ubu kidafite umuti cyangwa urukingo ariko gishobora kwirindwa mu gihe abantu bubahirije amabwiriza yo kwirinda yashyizweho n’inzobere mu by’ubuzima.
Nyuma y’aho bamwe mu mpunzi z’Abarundi zabaga mu nkambi ya Mahama zifatiye icyemezo cyo gutaha iwabo ku bushake, hari bamwe muri zo batarizera umutekano mu gihugu cyabo bakavuga ko bazataha bamaze kumva uko abagiye mbere bakiriwe.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Kanama 2020, impunzi z’Abarundi 471 zisabiye gusubira mu gihugu cyazo zafashijwe gutaha, akaba ari ryo tsinda rya mbere ry’abatashye kuva zagera mu Rwanda muri 2015.
Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’Igihugu cy’u Burundi hamwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), biteguye gufasha mu gikorwa cyo gutahuka ku bushake kw’impunzi z’Abarundi zibarirwa muri 500.
Inzego nkuru z’iperereza mu ngabo z’u Rwanda n’iz’u Burundi zatangiye ibiganiro bigamije kugarura amahoro hagati y’ibihugu byombi nyuma y’imyaka itanu umubano w’u Rwanda n’u Burundi ujemo agatotsi.
Hari uwabona umuntu yicaye mu mutaka yambaye ‘akajile’ na telefoni mu ntoki, akagira ngo wenda kuba umu ajenti ‘agent’ wa sosiyete y’itumanaho si akazi gahemba kandi katunga ugakora neza.
Ubusanzwe habaho ibihembwe by’ihinga bitatu harimo igihembwe cya A (Nzeri-Gashyantare), igihembwe B (Werurwe-Gicurasi), hakaba n’igihembwe C (Kamena-Nzeri).
Ku wa mbere tariki 17 Kanama 2020, mu isoko rya Nyamata mu Karere ka Bugesera ndetse no mu Mujyi wa Nyamata, ku bufatanye bwa DASSO na Polisi, hateguwe igikorwa cyo kureba abantu batambara udupfukamunwa cyangwa se abatatwambara neza, hafatwa abantu 43 barimo abatatwambaye n’abatwambaye nabi.
Ku ikusanyirizo rya Cooperative y’aborozi ryitwa ‘Bugesera Milk Collection Center’ riherereye mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, muri iki gihe hahora umurongo w’abantu baje gukamisha, rimwe na rimwe bakayabona ubundi bakayabura bitewe n’uko ngo izuba ryatse umukamo ukaba muke.
Mu bice by’Amayaga by’umwihariko mu Bugesera hakunze kuvugwa ikibazo cy’amazi adahagije, kuko abayakeneye ari benshi ugereranyije n’amazi adahagije ahari. Iyo bigeze mu mpeshyi, usanga arushaho kugabanuka bigatuma n’abayabona abageraho ahenze kurusha uko biba bimeze mu gihe cy’imvura.
Umwuga w’ubukanishi kimwe n’indi myuga itandukanye, ngo ushobora kuwukora kugeza no mu zabukuru kuko harimo byinshi bikorwa kandi bisaba imbaraga. Bagabo Saleh ni umugabo ufite imyaka 55 y’amavuko. Atuye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera. Akora umwuga w’ubukanishi guhera mu 1988, ariko ngo mu 1990 ngo yaratabaye (…)
COOJAD ubundi ni impine y’amagambo y’Igifaransa(Cooperative de la Jeunesse pour l’auto-emploi et le developpement),bishatse kuvuga mu Kinyarwanda ko ari Koperative y’urubyiruko rugamije kwihangira umurimo no kwiteza imbere.