Abarezi bo mu Karere ka Bugesera biyemeje kuremamo abanyeshuri Ubunyarwanda, bakarenga icyo integanyanyigisho iteganya, ahubwo bakabanza kubigisha ubumuntu, bakagira indangagaciro na kirazira by’Umunyarwanda ubereye u Rwanda, Afurika n’Isi muri rusange.
Abaturage 116 bo mu miryango 29 yo mu Mirenge itatu yo mu Karere ka Bugesera ari yo Nyamata, Juru na Gashora, barashima inyigisho bari bamaze amezi hafi atatu bahabwa n’umuryango w’urubyiruko witwa Rwanda we Want ku bufatanye na Interpeace Rwanda, kuko zatumye imibanire muri iyo miryango irushaho kuba myiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwiyemeje guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri, bakarisubizwamo, ku bufatanye bw’inzego zitandukanye zirimo n’abafatanyabikorwa, hamwe n’ubukangurambaga butandukanye.
Ikigo cy’Igihugu cy’igororamuco (NRS), kiraburira ababyeyi bose batubahiriza inshingano zo kurera abana babo bikabaviramo kujya mu buzererezi, ko bagiye kujya bafatirwa ibihano birimo no gufungwa.
Kuri uyu wa 19 Kanama 2022, mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera, hasojwe amahugurwa y’iminsi itatu y’Abahumurizamitima’ 56, abo bakaba ari abantu baturuka mu nshuti z’umuryango, mu rubyiruko rw’abakorerabushake ndetse n’abacitse ku icumu. Bahuguwe ku bijyanye n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, harimo kubimenya no (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buravuga ko kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2022, abana 234 basambanyijwe bagaterwa inda, mu gihe abagera kuri 58 ari bo ibirego byabo byashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangije amahugurwa ku bayobozi bo mu nzego z’ibanze, agamije kubongerera ubumenyi ku kurwanya ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.
Inama y’Igihugu y’abagore (CNF) mu Karere ka Bugesera, yahigiye kugira umudugudu w’intangarugero muri buri murenge ugize ako karere, kugira ngo bizafashe uwo mudugudu guhinduka ku buryo n’indi iwigiraho.
Abana bo mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera, by’umwihariko abo mu Kagari ka Ramiro, kubona ifunguro ryiza ku ishuri byatumye barushaho kwitabira kwiga, bitandukanye n’uko byari bimeze mbere kuko ubu batagita ishuri.
Mu birori byo kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 28, abatuye mu Karere ka Bugesera, bavuze ko nta kindi babona baratira Igihugu uretse amaboko yabo, kuyagiha biyubakira ibikorwa remezo badategereje ingengo y’imari.
Mu Karere ka Bugesera, icyumweru cyo kwibohora cyatangiye ku itariki 27 Kamena kikazasozwa ku itariki 4 Nyakanga 2022, kirasoza hatashywe ibikorwa remezo bitandukanye birimo, inzu zubakiwe abatishoboye mu Mirenge itandukanye, imiyoboro y’amazi, inzu y’ababyeyi(maternité), n’ibindi.
Ikipe nkuru y’umukino w’amagare yo muri Israel (Israel-Premier Tech Cycling), irimo gushakisha inkunga yo kubaka ishuri ry’umukino wo gusiganwa ku magare, ryo mu rwego rwo hejuru mu Karere Bugesera.
Abana barasaba ababyeyi kurebera ku rugero rwiza rwa Perezida Paul Kagame na Madamu we, rwo gukunda abana, kubera ko babereka urukundo kenshi babatumira bagasangira iminsi mikuru y’impera ndetse no gutangira umwaka.
Ihuriro ry’imiryango itari iya Leta iharanira uburenganzira bwa muntu mu Rwanda (CLADHO), ku bufatanye n’Akarere ka Bugesera, mu minsi ishize bazengurutse mu Mirenge yose igize ako Karere uko ari 15, bakora ubukangurambaga ku burenganzira bw’umwana. Ubwo bukangurambaga bwakorerwaga ku bigo by’amashuri ndetse no mu miryango, (…)
Umubyeyi witwaga Bazizane Bonifirida w’imyaka 62 y’amavuko, wari utuye mu Mudugudu wa Rucucu mu Kagali ka Murama, Umurenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, birakekwa ko yishwe n’abahungu be babiri bamuhora ubutaka, kuko ngo yari yaramaze kubaha iminani yabo, ariko kubera kutanyurwa, ngo bagashaka ko abaha n’ubundi butaka.
Umuturage wo mu mudugudu wa Rugarama II mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, arangije gukora umuhanda wa kaburimbo ureshya na metero 500 (1/2 cya kilometero imwe), akavuga ko yari agamije kunganira Leta mu ngengo y’Imari ikoresha mu gukora imihanda, bituma n’abaturanyi bamureberaho biyemeza gukomerezaho.
Umuryango uharanira amahoro ku Isi witwa Interpeace, wahaye Akarere ka Bugesera imodoka irimo ivuriro ry’indwara zo mu mutwe, ikazanifashishwa mu bukangurambaga bugamije Ubumwe n’Ubwiyunge hagati y’abafungiwe Jenoside n’abayikorewe.
Nyiramatuntu ni agace ko muri Bugesera mu Murenge wa Nyamata mu Ntara y’Iburasirazuba. Abatuye muri ako gace no mu nkengero zaho, ni ukuvuga abatuye mu midugudu ya Nyiramatuntu, Gatare, Nyabivumu, Nyakwibereka, mu Kagari ka Kayumba muri uwo Murenge wa Nyamata, abatuye ahandi bahakomoka ndetse n’inshuti zabo, bateraniye hamwe (…)
Ku wa Gatandatu tariki 30 Mata 2022, mu Karere ka Bugesera by’umwihariko mu Murenge wa Ntarama, hibutswe Abatutsi batazwi umubare bapfuye bamizwe n’isayo mu rufunzo ruzwi nka CND.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko imirenge ikora ku muhanda uhuza Akarere ka Bugesera, Nyanza na Ngoma, barishimira ko watumye barushaho guhahirana n’abaturanyi babo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buravuga ko n’ubwo bimaze kugaragara ko ari izingiro ry’ubumenyi n’ubukerarugendo, ariko hakiri ibigomba kwitabwaho bikibangamira umutekano.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera baturiye uruganda rutunganya amazi rwa Kanzenze, baravuga ko bishimira ko kuva rwatangira gukora babonye amazi meza.
Abatuye mu Karere ka Bugesera baravuga ko biteguye gufatanyiriza hamwe n’abajyanama b’akarere, mu rwego rwo kugira ngo bashobore kwesa imihigo itareswa.
Ubwo ku Isi hose hizihizwaga ku nshuro ya 47 Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, abahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda bifatanyije n’abatuye mu Karere ka Bugesera kwizihiza uwo munsi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko burajwe inshinga no kwesa imihigo yari yaradindijwe n’icyorezo cya Covid-19, yiganjemo iyasabaga guhuza abantu benshi.
Nyuma y’iminsi itatu ikiraro cya Kanyonyomba gicitse hakagwamo abantu batatu babiri bakarokoka, undi akaburirwa irengero, mu masaha y’igitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 26 Gashyantare 2022, umurambo we wabonetse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko gahunda y’Umudugudu utarangwamo icyaha irimo kwifashishwa cyane mu kurwanya ibyaha bikorerwa abana hagamijwe kubarengera kugira ngo uburenganzira bwabo burusheho kubahirizwa.
Abaturage bo mu Kagari ka Kagomasi mu midugudu ya Runzenze na Rushubi ndetse n’ikigo cy’amashuri abanza cya Kagomasi, bishimiye umuyoboro w’amazi meza begerejwe, kuko hari icyo uje guhindura mu mibereho yabo.
Ku itariki 30 Mutarama 2022 mu masaha y’umugoroba nibwo nafashe umuhanda Kigali – Bugesera ngiye mu kazi nari mfiteyo uwo munsi. Nerekeje ku nkengero z’ikiyaga cya Mirayi giherereye mu Murenge wa Gashora mu Karere ka Bugesera, agace kabonekamo ibyiza nyaburanga birimo inyoni z’amoko atandukanye zikurura ba mukerarugendo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwahigiye kurandura ubukene no kurengera umwana kugira ngo abatuye ako karere barusheho kwiteza imbere.