Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryafashe icyemezo cyo gusubika itangira rya shampiyona yagombaga gutangira tariki 29/09/2012 kubera ko hari amakipe yatinze kwiyandikisha.
Ku munsi wa 6 wa shampiyona mu Bwongereza (tariki 29/09/2012), Chelsea yatunguye Arsenal iyisanze iwayo Emirates stadium iyihatsindira ibitego 2-1 ituma Arsenal itakaza ubudahangarwa bwo kudatsndwa (Unbeaten record) yari yaratangiranye shampiyona.
Nyuma yo gutsinda AS Kigali igitego 1-0, mu mukino w’umunsi wa gatatu wa shampiyona wabereye kuri stade yo ku Mumena ku wa gatandatu tariki 29/09/2012, Kiyovu Sport yahise ifata umwanya wa mbere by’agateganyo.
Umuholandi Ernest Brandts wahoze atoza ikipe ya APR FC yagizwe umutoza mushya wa Yanga Africans, nyuma y’ibibaganiro yari amaze iminsi agirana n’iyo kipe. Akaba yasinye amasezerano y’umwaka umwe.
Rayon Sport iranyomoza amakuru avuga ko yaba ishaka kwirukana abatoza bayo, barimo Umutoza wungirije witwa Abdoul Mbarushimana, batangiye Shampiyona nabi batsinde, cyane cyane umukino uheruka iyi kipe yatsinzwe na AS Kigali bikarakaza abafana cyane.
Ku munsi wa Gatatu wa shampiyona APR FC ifite igikombe cya Shampiyona iracakirana na mukeba wayo Police FC cyaciye mu myanya y’intoki, mu mukino uzihuza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29/9/2012 kuri Stade Amahoro i Remera.
Abanyarwanda Gasigwa Jean Claude na Habiyambere Dieudonne nibo bahura ku mukino wa nyuma wa ITF Money Circuit kuri uyu wa gatanu tariki 28/09/2012 kuri Novotel Umubano Hotel, nyuma yo gusezerera Abanya-Uganda na Botswana.
Amakipe 15 yo hirya no hino ku isi niyo yamaze kwemeza ko azitabira isiganwa ry’amagere rizenguruka u Rwanda ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tariki 18/11/2012.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17, Richard Tardy, yahamagaye abakinnyi 23 bagomba gutangira imyitozo bitegura gukina na Botswana mu guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika.
Umunyabugeni witwa Adel Abdessemed yakoze igishusho kinini kibutsa umutwe umukinnyi Zinedine Zidane yakubise Marco Materazzi mu gituza ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’isi wabaye mu mwaka wa 2006.
AS Kigali yihereranye Rayon Sport iyitsinda ibitego 3-1 mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatatu tariki 26/09/2012 bituma irara ku mwanya wa mbere by’agateganyo.
APR FC yafashe umwanya wa mbere by’agateranyo muri shampiyona, nyuma yo gutsinda AS Muhanga ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa kabiri tariki 25/09/2012.
Nyuma yo kumenya ko ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 izakina na Botswana mu cyiciro cya kabiri cy’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika, u Rwanda ruzatangira kwitegura iyo kipe kuri uyu wa gatandatu tariki 29/09/2012.
Kuri uyu wa kabiri tariki 25/09/2012 no ku wa gatatu tariki 26/09/2012 shampiyona y’u Rwanda irakomeza, ikaza kuba igeze ku munsi wa kabiri wayo.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Yanga yo mu gihugu cya Tanzaniya mu mpera z’icyumweru gishize bwafashe icyemezo cyo kwirukana uwari umutoza w’iyo kipe Tom Saintfiet ukomoka mu gihugu cy’u Bubirigi.
Kigali Basketball Club (KBC) yegukanye igikombe cyo gushyigikira ikigega “Agaciro Development Fund’ nyuma yo gutsinda Espoir BBC ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ntoya i Remera ku cyumweru tariki 23/09/2012.
Myugariro akaba na Kapiteni w’ikipe ya Chelsea, John Terry, yatangaje ko asezeye burundu mu ikipe y’igihugu y’Ubwongereza, nyuma y’ibibazo bishingiye ku irondaruhu bivugwa ko yagiriye na myugariro wa Queens Park Rangera Antony Ferdinand.
Mu mikino ya shampiyona yabaye ku cyumweru tariki 23/09/2012, Kiyovu Sport yatsinze Espoir FC mu gihe Mukura VS yatsindiwe na AS Kigali mu rugo iwayo i Huye.
Mu rwego rwo kwitegura CECAFA ihuza amakipe y’ibihugu izabera i Kampala muri Uganda ndetse n’andi marushanwa, ikipe y’igihugu Amavubi izakina imikino ibiri ya gicuti na Mamibia.
Nyuma y’urupfu rw’umufana wa Rayon Sport witwa Theoneste waguye mu mpanuka ubwo yaherekezaga ikipe ye yimukiye i Nyanza, Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryasabye amakipe yose yo muri shampiyona y’icyiciro cya mbere kuzafata umunota wo kumwibuka.
Ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru yatangiye ku wa gatandatu tariki 22/09/2012, APR FC iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona yatsinze Marine FC mu gihe mukeba wayo Rayon Sport yatunguwe igatsindirwa mu rugo n’Amagaju FC.
Ikipe ya Espoir Basketball Club yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma, mu irushanwa ryo gushyigikira ikigega “Agaciro Development Fund, imaze gutsinda Cercle Sportif de Kigali (CSK) mu mukino wa ½ cy’irangiza wabereye kuri stade ntoya i Remera.
Inteko rusange ya FERWAFA yateranye, yemeje ko Shampiyona y’Umupira w’amaguru mu Rwanda yatangiye tariki kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/09/2012, igomba gusozwa tariki 25/05/2013, ikazitabirwa n’amakipe 14.
Rutahizamu w’umutaliyani ukinira ikipe ya Manchester City, Mario Balotelli, muri iyi minsi ntavuga rumwe n’umutoza we Roberto Mancini kubera imyitwarire mibi.
Nubwo Abanyarwanda bitabiriye imikino Olympique na Paralympique batashye ari nta mudari n’umwe begukanye, Minisitiri wa siporo n’Umuco Protais Mitali asanga baragerageje gukora ibyo basabwaga kuko bakinaga n’abahanga cyane kubarusha.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Karekezi Olivier yasinye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Club Athlétique Bizertin yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Tunisia.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka, buratangaza ko bamaze kugura abakinnyi bose bifuzaga, bakaba bakomeje gukaza imyitozo bitegura shampiyona izatangira ku wa gatandatu tariki 22/09/2012.
Kapiteni wa Rayon Sport, Karim Nizigiyimana (Makenzi) yishimiye ko ikipe ye yimukiye i Nyanza ndetse ngo na bagenzi be bavuga ko aho bazatura n’imibereho yabo ngo ari nta mpungenge bibateye.
Nyuma y’imyaka myinshi yibera mu mujyi wa Kigali, Rayon Sport yimukiye mu karere ka Nyanza aho yavukiye ikorewa ibirori bimeze nk’ubukwe mu muhango wabaye kuri sitade y’ako karere ku gicamunsi cya tariki 18/09/2012.
James Rutikanga na Eric Ngirinshuti bakiniraga ikipe y’u Rwanda ya Sitting Volleyball mu mikino Paralympique, batorokeye mu Bwongereza ubwo iyo mikino yaberaga i Londres yasozwaga tariki 09/09/2012.