Umutoza Okoko Godfrey wa Mukura yatangaje ko mu ikipe hari abantu bazana umwuka mubi, bagaragaza ko batamushyigikiye ibyo bikaba imbarutso yo kutitwara neza kw’ikipe.
Mu mukino wa nyuma w’imikino ibanza ya Shampiona y’u Rwanda, Police Fc yasanze Marines kuri Stade Umuganda iyihatsindira ibitego 2-0
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 28 Mutarama 2017 mu mukino wok u munsi wa 15 w’igice kibanza cya shampiyona Ikipe ya Bugesera yanganyije na APR 1-1.
Ikipe ya Patriots BBC na REG BBC yatangiye neza mu irushanwa ryo guhatanira igikombe cy’intwari mu mukino w’intoki wa Basketball.
Ikipe ya Rayon Sports itsinze Kiyovu ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ihita isubira ku mwanya wa mbere mu gihe APR Fc itarakina.
Karekezi Leandre wabaye umuyobozi w’akarere ka Gisagara yiyamamarije kuzayobora ishyirahamwe ry’mukino w’intoki wa Volley Ball (FRVB), aratangaza ko zimwe mu mpinduka yazana ari ukugeza uyu mukino mu cyaro.
Salma Rhadia Mukansanga yamaze gutoranywa mu basifuzi bazakurwamo abazasifura igikombe cy’isi cy’abagore cy’umupira w’amaguru kizabera mu Bufaransa muri 2019
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangiye gushakisha umutoza w’ikipe y’igihugu nkuru uzasimbura McKinstry wirukanwe umwaka ushize
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda ryatangaje ko amakipe 11 yo mu Rwanda ari yo yamaze kwemera kuzitabira irushanwa ry’intwari
Nkurunziza Gustave abona kuba Rayon Sports yaravuye muri SHampiona ari imwe mu mpamvu zatumye abafana batakitabira imikino ya Shampiona cyane
Girubuntu Jeanne D’arc atangaza ko imvune yagize mu mwaka wa 2016 yamubabaje bitewe n’uko atabashije kwegukana irushanwa ry’amagare (Rwanda Cycling Cup 2016)
Ikipe ya Kiyovu yari isanzwe izwiho kugira abafana benshi hirya no hino mu Rwanda isigaye ijya gukina, abafana bayo ari mbarwa ku kibuga.
Kuri cyumweru tariki ya 22 Mutarama 2017, ikipe ya Marine yahagaritse umuvuduko wa Kiyovu iyitsinda igitego 1-0, cyatsinzwe na Jimmy Mbaraga Ku munota wa 13 w’igice cya mbere.
Ikipe ya APR Fc yatsinze Rayon Sports mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro, ihita inayikura ku mwanya wa mbere yari imazeho iminsi
Bwa mbere Jimmy Mulisa nk’umutoza ahura na Rayon Sports, abashije kuyitsinda igitego 1-0, ndetse APR ihita inafata umwanya wa mbere muri Shampiona
Gasore Hategeka ni we wegukanye isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi nka Rwanda Cycling cup 2016, isiganwa ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu
Mutokambari Moise utoza ikipe y’igihugu ya Basket Ball, atangaza ko kuba bataritabiriye imikino Nyafurika (Afro-Basket) ya 2015, byabasigiye isomo rikomeye rizabafasha kutazongera kuyisiba.
Taliki ya 20 Mutarama 2016-Taliki 20 Mutarama 2017, umwaka urashize u Rwanda rutsinze Gabon rukora amateka yo kubona itike ya 1/4 mu gikombe cy’Afurika cy’abakuru mu mupira w’amaguru
Umutoza Masudi Juma aratangaza ko APR iramutse imutsinze kabiri byaba ari agasuzuguro, atangaza ko Abouba Sibomana adakinnye hari izindi ngamba
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwongeye gutegura isiganwa ku maguru rizaba muri Gashyantare 2017, rigahuza abakinnyi bose babyifuza
Uwahoze ari kapiteni w’Amavubi mu mwaka wa 1983-1987 Myandagaro Charles atangaza ko kuba atarakiniye amakipe akomeye nka Rayon Sport cyangwa Panthere Noir ahora abyibazaho.
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko uyu munsi ishobora kurara ibonye ibyangombwa bya Abouba SIbomana, mu gihe Ferwafa nayo itangaza ko itaramenya neza igihe bizabonekera
Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda aratangaza ko u Rwanda ruri mu biganiro na Finland mu korohereza Abanyarwanda kuhakina
Umukinnyi wahoze akina muri Rayon Sports akayivamo, Uwambazimana Leon ubu aratangaza ko ashobora gusubira muri Rayon Sports cyangwa akajya Tanzania
Imikino y’umunsi wa kane muri Shampiona ya Volleyball, isize IPRC y’Amajyepfo iyoboye urutonde, aho ikurikiwe na Gisagara iri gukina umwaka wa mbere muri Shampiona
Mu Ntara y’Iburasirazuba hatangijwe siporo ngarukakwezi kuri bose izajya ikorwa kuri buri cyumweru cya gatatu cya buri kwezi.
Mu mukino w’umunsi wa 13 wa Shampiyona, Etincelles inganyije na Rayon mbere yo gukina na APR
Ikipe ya Basketball y’ikigo cy’igihugu gishinzwe gusakaza ingufu z’amashanyarazi mu Rwanda (REG BBC) yatsinze ikipe y’ishuri rikuru ry’ubumenyingiro ryo mu Majyepfo (IPRC-SOUTH BBC) yizeza igikombe.
Mu mikino y’umunsi wa 13 wa SHampiona yakinwe kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Sunrise yanganyije 0-0 na Mukura mu mukino wabereye i Nyagatare
Ikigo cy’Igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko kiyemeje gushaka abana bakiri bato bafite impano mu mikino itandukanye ngo bahurizwe hamwe.