Abakinnyi babanje mu kibuga:
Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame, Manzi Thierry , Munezero Fiston, Eric Irambona, Mugheni Fabrice, Kwizera Pierrot, Nova Bayama, Nshuti Dominique Savio ,Muhire Kevin, Moussa Camara, Manishimwe Djabel

Kiyovu Sports: Hategekimana Bonheur, Mutuyumana Djuma, Ngarambe Ibrahim, Ngirimana Alexis, Mukamba Namasombwa, Twizeyimana Martin, Yamin Salum, Mustafa Francis, Narcisse Ngabonziza, Bigirimana Blaise, Nizeyimana Claude

Ku munota wa mbere w’umukino gusa, ikipe ya Rayon Sports yaje kubona koruneri, gusa ntiyayitera neza ahubwo Kiyovu ihita izamukana umupira, aho Nizeyimana Claude yasigaranye n’umunyezamu bonyine, awuteye Bakame awushyira muri koruneri
Ku munota wa 7, Manishimwe Djabel ku mupira wari uturutse kuri Savio Nshuti, yaje gutera ishoti rikomeye rigarurwa n’umutambiko, yongeye gusubizamo nanone rifatwa n’umutambiko w’izamu.

Nyuma yo gukomeza gusatira ikipe ya Kiyovu, Rayon Sports yaje kubona igitego cya mbere cyatsinzwe na Moussa Camara ku munota wa 16 w’umukino.
Mu mukino waranzwe no kwihuta cyane, amakipe yombi yakomeje gusatira, gusa Rayon Sports iguma kurusha Kiyovu kurema amahirwe yabyara igitego, aho ku munota wa 31 Moussa Camara ku mupira yari ahawe na Nova Bayama yaje gutera umupira n’umutwe ukubita umutambiko.
Nyuma yaho gato, Kiyovu Sports nayo yaje kuzamukana umupira, ndetse uwitwa Mustafa Francis atsinda igitego n’umutwe ariko umusifuzi yerekana ko hari habayeho kurarira, igice cya mbere kiza no kurangira ari igitego 1 cya Rayon ku busa bwa Kiyovu
Mu gice cya kabiri, iminota 20 ya mbere yihariwe na Kiyovu yarushaga cyane Rayon Sports mu kibuga hagati, gusa Rayon Sports yaje kubaca mu rihumye maze
Nsengiyumva Moustapha azamukana, umupira awunyuza kwa Pierrot wawurekeye Djabel, aza guhita atsindira Rayon Sportd igitego cya kabiri.

Ku munota wa 84 w’umukino nyuma y’ikosa Mukamba Namasombwa yakoreye Nsengiyumva Moustapha rikanamuhesha ikarita y’umutuku, Manishimwe Djabel yateye coup-franc ahereza umupira Mugheni Fabrice wateye ishoti rikomeye umunyezamu ntiyamenya aho umupira unyuze, biba bibaye 3 bya Rayon Sports ari nako umukino warangiye.
Nyuma y’uyu mukino, ubu ikipe ya Rayon Spors ihise iyobora urutonde rwa Shampiona n’amanota 36, aho ikurikiwe na APR Fc izakina na Bugesera kuri uyu wa gatandatu i Bugesera, aho yo ifite amanota 33.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Hahaha! APR FC irawushinze koko! Ariko ubundi sinabyumvaga ikipe munganya amanota, ukayirusha ibitego, none ngo ibaye iya mbere! Ahaaaa!!! Rayon we Humura Imana iradushyigikiye!!!!
Rayons sport komerezaho gusa ino championat iraryoshye kubera gukubana kwama equipes
APR bayikubite byibura 3-1 cg inganye 0-0. Yatsinze Rayon bitari ngombwa, iyitsindishije amaboko. Rayon sport oyeeeeee.
aper natwe batwitege
Aper Tuzabikora.
Apr bazayice yo kamesa. igikona kitagira isura. apuuuuuuh
Apr bazoyimesa ejo. gikundieooyeeeeeee
Wibeshye ho gato Sam, ngirango ahubwo rayon ubwo yagize amanota 36 kuko nzanganyaga 33
APR ejo nayo izabikora ntabwoba tu