Kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023, Ishimwe Dieudonné benshi bazi nka Prince Kid yasabye anakwa Iradukunda Elsa wabaye Nyampinga w’u Rwanda 2017.
Umuhanzi akaba n’umwanditsi w’indirimbo Iyanya Onoyom Mbuk, wamamaye nka Iyanya, yatangaje ko yigeze kugera ku rwego rwo gushaka kwiyahura kubera ibibazo byo gukena.
Abayobozi b’Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo hamwe n’abahagarariye ihuriro ry’abafatanyabikorwa, bari mu mwiherero w’iminsi ibiri, aho bateganya kurebera hamwe uko bazafasha abo bayobora kwikura mu bukene no kugira ubuzima bwiza.
Mu nama ya Komite mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yabaye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, wabaye umwanya mwiza wo kugaruka ku mvugo ndetse na gahunda zitandukanye zishyirwaho, hagamijwe kwita ku mibereho myiza n’iterambere ry’umuturage, aribwo hagarutswe kuri gahunda ya Wisiragira n’ibyo ije gukemura.
Nyuma yo guhirika ku butegetsi Perezida Ali Bongo, agatsiko k’abasirikare katangaje ko kashyizeho Gen Brice Oligui Nguema, nka Perezida w’inzibacyuho w’iki gihugu.
Indirimbo Diamond Platnumz yise ‘Achii’, aheruka gukorana na Koffi Olomide yaje ku mwanya wa 9 ku mugabane wa Afurika, ndetse no ku wa 150 ku rutonde rw’izikunzwe ku Isi muri Kanama.
Muri Afurika y’ Epfo, abantu 73 bapfuye, abandi 43 barakomereka nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye inzu ya etaji eshanu mu Mujyi wa Johannesbourg, kuri uyu wa Kane tariki 31 Kanama 2023.
Iteganyagihe ry’Ukwezi kwa Nzeri k’uyu mwaka, rirerekana ko hazagwa imvura nke ugereranyije n’isanzwe igwa mu mezi ya Nzeri y’imyaka myinshi yarangiye, nk’uko bitangazwa na Meteo-Rwanda.
Abanyamaguru batandukanye bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko gahunda ya Polisi y’u Rwanda izwi nka ‘Street Quiz’ yagabanyije amakosa bakoraga kubera kutamenya amategeko y’umuhanda.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma bukurikiranye umugabo w’imyaka 60 wo mu Karere ka Kirehe, Umurenge wa Kigina, Akagari ka Rugarama mu Mudugudu wa Kagega, ukekwaho kwica umugore we amukubise ishoka mu gatuza, icyaha yiyemerera, ngo akaba yarabikoze yari amaze umwaka abitekereza.
Abajyanama b’ubworozi bo mu Karere ka Gakenke, barasabwa kurushaho kwegera aborozi babaha ubujyanama buzamura ubumenyi bw’uburyo amatungo yitabwaho, kugira ngo arusheho kororoka n’umusaruro uyakomokaho wiyongere.
Mu nama ya Komite Mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yateranye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, ikitabirwa na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yibanze ku isuku n’isukura, aho yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Bugesera y’ubudasa, isuku rusange ihera kuri njye”, abayobozi batandukanye bakaba (…)
Abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Kivu y’Amajyaruguru bishyize hamwe mu kurwanya umutwe wa M23, babyukiye mu myigaragambyo yaguyemo abarenze 6 abandi babarirwa mu 10 barakomereka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yemereye abasirikare b’u Rwanda barimo Abajenerali 12 kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.
Abagabo batatu bagwiriwe n’ikirombe, aho bacukuraga itaka ryo kubakisha, imirambo yabo ijyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Umuhanzi uririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Christian Irimbere, yiyambaje ibyamamare mu kuramya Alexis Dusabe na Tuyiringire Arsène [Tuyi], mu gitaramo gikomeye agiye gukorera i Kigali.
Abaturage bo mu Kagari ka Ntaruka, Umurenge wa Nasho mu Karere ka Kirehe, batewe urujijo n’urupfu rw’umuyobozi wabo, Théodomile Ndizeye, wari Ushinzwe imibereho myiza n’iterambere mu Kagari ka Ntaruka (SEDO), nyuma yo gusanga umurambo we ku musozi mu ishyamba.
Imyaka itanu irashize CP Kabera ari Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda kuko yatangajwe ko ahawe izo nshingano tariki 29 Ukwakira 2018 asimbuye kuri uwo mwanya CP Theos Badege wahinduriwe inshingano.
Mu Kagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, haravugwa amakuru y’abana babiri barohamye mu mugezi wa Mukungwa barapfa, haboneka umurambo umwe.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rushobora kuburanisha Félicien Kabuga umwe mu bari ku isonga ryo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi, urubanza rwe rukaba rwarasubitswe mu gihe kitazwi n’urwego rwasigaranye inshingano z’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (IRMCT).
Inteko Rusange ya Sena kuri uyu wa mbere tariki 29 Kanama 2023 yemeje abayobozi bashya baheruka gushyirwa mu nshingano zo kuba Ambasaderi bagenwe n’Inama y’Abaminisitiri ngo bahagararire u Rwanda mu bihugu bitandukanye by’amahanga.
Umuyobozi ushinzwe Politiki y’Ububanyi n’Amahanga mu Bumwe bw’u Burayi (EU), Josep Borrell, yatangaje ko Abaminisitiri bashinzwe Ingabo kuri uyu mugabane, barimo kwiga kuri za Coup d’Etat zirimo kubera muri Afurika, kuko ngo ziteje impungenge.
Uruzinduko rwa Minisitiri w’Ubwami bw’u Bwongereza (UK) ushinzwe Iterambere na Afurika Andrew Mitchell utegerejwe mu Rwanda muri iki cyumweru, rwitezweho gushimangira umubano usanzwe uranga ibihugu byombi mu bikorwa by’ubufatanye mu iterambere.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, arasaba amakoperative kurenga ibikorwa asanzwemo akagana no mu ishoramari kuko aribwo babasha kubona inyungu nyinshi.
Mu imurikagurisha ry’abafatanyabikorwa ryabereye i Huye guhera ku itariki ya 16 kugeza ku ya 28 Kanama 2023, ahari ibikinisho ndetse n’ibindi bisusurutsa abana ni ho hasuwe cyane haninjiza amafaranga menshi, kandi abanyehuye bifuza ko bitahagararira aho.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles yo mu Karere ka Rubavu, butangaza ko bwatangiye gutegura inzira yo kwitunga nyuma y’uko amafaranga ikoresha iyahabwa n’Akarere ka Rubavu, kandi hari igihe aba adahagije.
Mu bikorera bitabiriye imurikagurisha ryo ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo, ryabereye i Huye guhera ku itariki ya 16 kugeza kuya 28 Kanama 2023, hari abagaragaje icyifuzo cy’uko imurikagurisha ryo ku rwego rw’Igihugu ryajya rinyuzamo rikabera no mu Ntara.
Ku wa 29 Kanama 2023, Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere(RDB) na Minisiteri ya Siporo, basobanuye icyo u Rwanda ruzungukira mu masezerano y’imyaka itanu ruheruka gusinyana n’ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera abasirikare 10 bari bafite ipeti rya Lt Colonel abaha irya Colonel, anabagira abayobozi ba za Brigade, anashyiraho abayobozi bashya ba Diviziyo mu Ngabo z’u Rwanda n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama.
Mutabazi Emmanuel w’imyaka 30 wo mu Kagari ka Bikara, Umurenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, arashinjwa icyaha cyo guhoza ku nkeke umugore we basezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko, aho ngo buri mugoroba ataha yasinze akabwira umugore we ko azatuza ari uko amaze kumwica.
ACP Boniface Rutikanga yagizwe Umuyobozi w’ishami rishinzwe Itangazamakuru n’Inozabubanyi, akaba n’Umuvugizi mushya wa Polisi y’u Rwanda. Izo mpinduka zisohotse mu itangazo Polisi y’u Rwanda yashyize ahagaragara, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, ACP Rutikanga akaba asimbuye CP John Bosco Kabera.
Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatatu taliki ya 30 Kanama 2023, ahagana saa 4:05am, nibwo ikipe y’Igihugu y’umukino wa volleyball mu bagabo, yageze mu gihugu cya Misiri.
Perezida wa Gabon yahiritswe ku butegetsi akimara gutsinda amatora. Igisirikare cya Gabon cyatangaje ihirikwa ry’Ubutegetsi bwa Ali Bongo Ondimba wari watangajwe ko yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu muri manda ya gatatu.
Abahinzi ba Kawa bo mu Mirenge ya Ruli, Coko na Muhondo mu Karere ka Gakenke, barishimira ko boroherejwe kunywa kawa yabo, aho bemeza ko byabafashije kugabanya inzoga bakaba bakomeje kujyana na gahunda ya Leta yo gusaba abantu kugabanya inzoga banywa.
Abantu 53 bo mu Murenge wa Cyinzuzi Akarere ka Rulindo, bajyanywe mu bitaro nyuma yo kunywa ubushera bukabatera uburwayi, kugeza ubwo umwe muri bo yitaba Imana.
Umugabo w’umunyamahirwe yakubiswe n’inkuba inshuro ebyiri mu gihe kitarenze iminota itanu, ararokoka, bifatwa nk’igitangaza.
Guverinoma y’u Bufaransa yatangaje ko yaciye ibyo kwambara ‘Abaya’ cyangwa se amakanzu maremare akunze kuba afite ibara ry’umukara, ku banyeshuri b’abakobwa biga mu mashuri ya Leta.
Igihugu cya Kenya cyatangiye inzira z’amategeko zigamije kongera kwemerera abunganizi mu mategeko (abavoka) bo mu Rwanda no mu Burundi, kongera gukorera ku butaka bw’iki gihugu.
Mu rwego rwo gufasha abaturage bishyurirwaga ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) kutazongera gutegereza ubufasha bwa Leta, Umuryango w’Abayisilamu wishyuriye abaturage 700 b’i Jabana ubaha n’amatungo (ihene).
Nyuma y’impaka z’aho umukino w’u Rwanda na Senegal ugomba kubera, byemejwe ko uzabera mu Rwanda
Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye ba Ambasaderi bashya 12, bamugejejeho impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Bamwe mu rubyiruko bitabiriye ihuriro ry’urubyiruko Gatolika(Forum) bavuga ko bishimira kuba Kiliziya ibatekerezaho nk’urubyiruko rukeneye kubaka ahazaza rushingiye kuri Roho Mutagatifu ndetse no kumenya ibitandukanye byabafasha kwiteza imbere mu buzima busanzwe, ariko kuri iyi nshuro bakanenga uburyo yateguwe kuko hari (…)
Abaturage 4,000 barishimira ko bahawe akazi mu bikorwa byo gutunganya amaterasi y’indinganire mu mirima, aho buri muntu ahembwa 2,000Frw ku munsi, kandi bakazabona n’umusaruro urenze uwo babonaga, kuko ubundi ubutaka bwabo bwatwarwaga n’isuri.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, asaba abayoboke b’Itorero Anglican Diyosezi Shyira, kubakira ku bukirisito burwanya kandi bukumira amacakubiri, kuko aribwo bazabona uko bakora cyane n’iterambere baharanira rigashoboka.
Ku butumire bwa Leta ya Mozambique, u Rwanda rwitabiriye imurikagurisha mpuzampahanga ry’ubucuruzi rya 58 (Fiera Internacional de Maputo 2023/FACIM), ryatangiye guhera tariki ya 28 Kanama rikazageza tariki ya 03 Nzeri 2023, muri Marracuene i Maputo. Ryafunguwe ku mugaragaro na Perezida wa Mozambique, Nyakubahwa Filipe (…)
Urukiko rwa Brooklyn muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwategetse R. Kelly hamwe na Universal Music Group (UMG) yahoze ireberera inyungu z’uyu muhanzi kwishyura amadolari y’Amerika arenga ibihumbi 500 y’impozamarira igomba guhabwa abagizweho ingaruka n’ibikorwa by’uyu muhanzi.
Umuhanuzi witwa Samuel Kakande yadukanye uburyo bushya bwo guha umugisha abizera bo mu idini rye, aho yagaragaye muri videwo atera amacunga abakirisitu mu rusengero nk’ikimenyets cyo kugira ngo bere imbuto, ku buryo butangaje umwe muri abo bakirisitu yagaragaye yijugunya hirya no hino nyuma y’uko rimwe muri ayo macunga (…)
Steve Harvey akaba umunyamakuru w’icyamamare muri Amerika, yakuyeho ibihuha byahwihwiswaga ko umugore we Marjorie yamuciye inyuma kuri bamwe mu bakozi babo barimo n’umutetsi.
Abasesengura ikigero cy’iterambere ry’ikoranabuhanga mu burezi, n’akamaro karyo mu itereambere, baravuga ko guhindura imyumvire no kugira ubushake mu kurikoresha, byatanga umusaruro mu iterambere.
Umuhanzi Burna Boy yongeye kwisanga ahanganye n’abakunzi b’umuziki muri Nigeria, nyuma yo kunenga bagenzi be akavuga ko indirimbo nyinshi bakora usanga nta bintu bifatika ziba zivuga uretse kubikora bishimisha.