Ku wa Mbere tariki ya 02 Ukwakira 2023, Ikigo cy’Igihugu gishizwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), cyakuyeho akato k’amatungo kari karashyizweho mu Murenge wa Karangazi nyuma y’uko hagaragaye indwara y’uburenge mu nka zo mu Kagari ka Nyamirama, mu mpera za Kanama 2023. RAB ikaba yasabye aborozi gukurikiza ingamba zo (…)
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, avuga ko imodoka zisanzwe na zo zemerewe gutwara abagenzi ku giciro ba nyirazo bishyiriyeho, mu gihe Leta itarabona bisi zihagije.
Bari bameze nk’abarota ubwo buriraga indege ku itariki ya 23 Nzeri 23, bagiye mu Buhinde gukina n’abana nka bo babaga ku muhanda, baturutse mu bihugu 36 byo hirya no hino ku Isi.
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byiyongereye, aho lisansi yavuye ku 1639 Frw kuri litiro, igashyirwa ku 1882 Frw, naho mazutu litiro iva ku 1492 Frw, ishyirwa kuri 1662 Frw.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, ubwo yatangiza ukwezi k’Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Gishyita, tariki 02 Ukwakira 2023, yabwiye abitabiriye ibiganiro cyane cyane urubyiruko, ko bakwiye gukomeza gusigasira Ubumwe bwabo, (…)
Inzego zitandukanye z’ubuzima zirahamagarira abantu kureka kwivuza mu buryo bwa gakondo, by’umwihariko indwara ya Gapfura (Angines) ndetse na Sinezite, kubera ko bishobora gutera indwara zitadukanye z’umutima.
Guhera tariki ya 6 kugeza ku ya 19 Ugushyingo, mu Rwanda hazabera irushanwa nyafurika rihuza amakipe abarizwa mu karere ka gatanu (CAVB ZONE V) nyuma y’imyaka ine ritaba.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yitabiriye itangizwa ry’imurika mpuzamahanga ry’ubuhinzi bw’imbuto, imboga n’indabo ririmo kubera i Doha muri Qatar, igikorwa cyabaye kuri uyu wa Mbere tariki 2 Ukwakira 2023.
Kuva tariki 30 Nzeri 2023 kugeza tariki 2 Ukwakira 2023, hakinwaga umunsi wa gatanu wa shampiyona y’icyiciro cya mbere waranzwe no gukomeza kugorwa no kubona intsinzi kuri AS Kigali na Mukura VS.
Umubyeyi witwa Déborah Berlioz ni umugore wa mbere wo mu Bufaransa wakorewe ubuvuzi bwo guterwamo nyababyeyi ‘utérus’, aho yatewemo iyo yahawe na Nyina wamubyaye, bimuha amahirwe yo kubyara abana babiri, harimo umwe wavutse muri uyu mwaka wa 2023, mu gihe yari yaramaze kwakira ko atazigera abyara kubera icyo kibazo yavukanye.
Kimwe n’abantu bakuru, abana nabo bashobora kugira ‘stress’, ndetse ngo ibageraho cyane kurusha abakuru, kuko bo ari ibintu bikeya baba bashobora gufataho ibyemezo mu buzima bwabo.
Senateri Mureshyantwano Marie Rose yemeza ko mu Rwanda hari amabuye menshi y’agaciro, ko abavuga ko rwaba ruyiba mu gihugu cy’abaturage ari ukwirengagiza ukuri, cyangwa kutagira amakuru.
Mu rwego rwo kurinda abana ibikorwa by’ihohotera ribakorerwa haba ku mubiri ndetse no kuri Roho ababyeyi baragirwa zimwe mu nama zabafasha kurinda abana babo ihohoterwa iryo ariryo ryose.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano Mboneragihugu, Clarisse Munezero, yasabye urubyiruko gusuzuma ibibazo by’umwihariko birubangamiye no gufata ingamba zo kubikemura burundu ndetse no gukemura bimwe mu bibazo bikibangamiye abanyarwanda.
Indege nto itagira umupilote (drone) yari yikoreye ibisasu, yasandariye hafi y’inzu ya Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin, aho akunda gufatira ibiruhuko by’impeshyi ku Nyanja y’Umukara.
Intumwa zigizwe n’abayobozi, abarimu n’abanyeshuri bagera kuri 20 baturutse mu ishuri rya gisirikare rya Zambia Defence Services Command and College College, bari mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda, basuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda.
Hari kashi pawa(cash power) zisakuza cyane iyo hasigayemo amayinite make y’umuriro w’amashanyarazi, ku buryo bibangamira abantu bikanababuza gusinzira.
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, arasaba ba rwiyemezamirimo bafite imashini zihinga kwegera Akarere kakabahuza n’aborozi bazikeneye, kuko hari ubutaka bugari bukeneye guhingwa mu buryo bwihuse.
Iteganyagihe ry’iminsi 10 itangira ukwezi k’Ukwakira 2023 (kuva tariki ya 1 kugeza tariki ya 10), rigaragaza ko imvura itazajya igwira rimwe hose mu Gihugu, ahubwo hari ibice bizajya biyibona ahandi itarimo kuhagwa.
Abaturage bari mu bikorwa byo kubaka urukuta ku mukingo wo ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Rwamatamu ruherereye mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke, bagwiriwe n’umukingo, babiri bahasiga ubuzima, abandi umunani barakomereka.
Imirwano yongeye kubura hagati y’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) hamwe n’umutwe wa M23 muri teritwari ya Masisi. Imirwano yatangiye tariki 01 Ukwakira 2023 mu masaha ya saa cyenda kugera ku mugoroba mu bice Kirolwire, Kibarizo, Busumba na Kirumbu. Byarangiye abarwanyi ba M23 bashubije inyuma (…)
Abatuye mu Kagari ka Sovu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, bashishikarijwe kugabanya ubusitani ahubwo bagahinga ibibatunga.
Umuyobozi w’Ikigo cyita ku nzovu muri Kenya, akaba n’inzobere mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima by’umwihariko inzovu, Jim Justus Nyamu, avuga ko inzovu zikwiye kurindwa ba rushimusi kuko zigenda zikendera cyane muri Afurika.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Pasiteri Harerimana Joseph uzwi ku izina rya ‘Apôtre Yongwe’. Apôtre Yongwe yafashwe tariki 01 Ukwakira 2023, akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, ibizwi nka ‘escroquerie’ mu rurimi rw’Igifaransa.
Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo hakinwaga imikino yo kwishyura muri shampiyona ya Volleyball mu Rwanda aho amakipe ya REG, RRA APR WVC na GISAGARA zitwaye neza, izindi ziratsikira.
Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko hari benshi bagendana uburwayi batabizi, zikagira abantu inama yo kwirinda indwara zitandura, kandi bakagira umuco wo kuzipimisha nibura rimwe mu mwaka, kubera ko bikorerwa ku bigo nderabuzima kandi bigakorwa kuri mituweli.
Kwishyura fagitire ku bantu bakundana basohokanye, bakajya gusangira muri za resitora n’ahandi, hari ubwo bibyara ibisa n’impaka, kuko hari abantu bamwe batekereza ko kwishyura fagitire biba ari inshingano z’abasore cyangwa abagabo, uko fagitire yaba ingana kose, mu gihe hari abandi bavuga ko abakundana bagiye gusangira (…)
Umuyobozi Mukuru wa Polisi muri Mozambique, IGP Bernardino Raphael, yashimye inzego z’umutekano z’u Rwanda kubera uruhare rwazo mu kurwanya iterabwoba no kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado.
Abadepite bagize Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga Amategeko(FFRP), basanga inzego zo mu Karere ka Nyabihu zifite aho zihuriye n’iterambere ry’imibereho myiza y’abana, zikwiye kunoza ubufatanye hagati yazo mu kwegera abaturage no kubunganira mu ngamba zituma bagira uruhare rufatika mu kugabanya umubare (…)
Abatuye mu Karere ka Nyanza by’umwihariko mu Murenge wa Kibilizi, bavuga ko ubusanzwe ubuhinzi bw’imyumbati buri mu bibafasha kubona ibyo kurya bihagije, ariko ubu ngo bahangayikishijwe no kuba nta mbuto nziza bafite.
Kaminuza y’u Rwanda yeretse inzego za Leta abashakashatsi bayigamo bazafasha muri gahunda zo guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, zirimo iyo kongera ibiti no guteza imbere ubukungu bwisubira (Circular Economy).
Perezida wa Koperative ‘Nyereka Ibiganza’ yibumbiyemo abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo mu Karere ka Huye, Felix Karangwa, avuga ko bifuza ubufasha burimo n’ubushobozi bwo kugura imashini ziboha.
Inama 15 y’Abaminisitiri bafite ingufu z’umuriro w’amashanyarazi mu nshingano mu bihugu bya Tanzania, u Rwanda n’u Burundi, yemeje ko uyu mwaka ugomba kurangira urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo rutanga umuriro kubera ko imirimo yo kubaka isa n’iyarangiye, hakaba hasigaye iyo kugerageza imashini ziwutanga.
Tariki 01/10/1990 - tariki 01/10/2023: Imyaka 33 irashize hatangiye urugamba rwo kubohora u Rwanda. Icyo gihe mu masaha y’igitondo, nibwo isasu rya mbere ryumvikanye ku mupaka wa Kagitumba, mu yahoze ari Perefegitura y’Umutara mu Karere ka Nyagatare.
Abantu barindwi baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi cyagabwe mu iduka ry’ikawa mu murwa mukuru wa Somalia, Mogadishu, icyo gitero kikaba cyabaye nyuma y’umunsi umwe ikindi gisasu gitezwe mu modoka na cyo kikica abantu.
Perezida wa Repubulika ya Santarafurika (CAR), Prof Faustin Archange Touadéra, yifatanyije n’Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri icyo gihugu mu bikorwa by’umuganda rusange.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports yasezerewe na Al Hilal Benghazi iyitsinze kuri penaliti 4-2 nyuma yo kunganya 1-1 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Kigali Pelé Stadium yari yuzuye abafana.
Kuri uyu wa Gatandatu abafana ba Rayon Sports bari babukereye mu gushyigikira ikipe yabo yakiriye Al Hilal SC Benghazi mu mukino wo kwishyura wa CAF Confederation Cup ushobora kuyigeza mu matsinda.
Abayobozi b’inama y’Ubutegetsi y’Ikigega cyo Gutera Inkunga Isoko rusange rya Afurika (AfCFTA Adjustment Fund) yemeje igihe icyo kigega kigomba gutangira imirimo yacyo.
Toni eshanu z’imbuto y’ibirayi zafashwe zinyuzwa mu nzira zitemewe ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho zari zigiye kugurishwa.
Tariki ya 29 Nzeri 2023 mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nkungu hatashywe irerero ryitezweho kunganira ababyeyi mu burere bw’abana babo. Ababyeyi bafite abana bato b’incuke muri uyu Murenge bavuga ko aya mashuri aje ari igisubizo ku bana babo batari bafite uburyo bwo kubona aho biga hafi y’ingo zabo.
Mu ijoro ryo ku itariki ya 29 Nzeri 2023, inkongi y’umuriro yibasiye igice gito cy’isoko rya Rwamagana, hangirika amaterefone n’inkweto by’abacuruzi.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, yashenye ibyumba bitatu by’amashuri ya EAR Gashaki.
Ishyirahamwe ry’Imikino ya Basketball mu Rwanda (FERWABA) hamwe na Orion Basketball Club(Orion BBC), bijeje Minisiteri y’Ibidukikije ko bagiye gukoresha amakipe y’u Rwanda n’u Burundi hamwe n’abafana babo, muri gahunda yo gutera ibiti bihwanye n’inshuro umupira watewe muri buri mukino.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki ya 29 Nzeri 2023, ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, habereye umuhango wo gusezera Abapolisi 112 baherutse kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.
Umuryango Nyarwanda wita ku buzima (SFH Rwanda) wahawe gucunga amavuriro y’ibanze (Health posts) mu Rwanda, umaze gusuzuma ibibazo byugarije imikorere n’amavuriro y’ibanze usuzuma n’ingamba zafatwa kugira ngo arusheho gukora neza.
Ababyeyi bafite abana bavukanye uturenge tw’indosho (Clubfoot) barahamagarira ababafite kubavuza, kubera ko ari indwara ivurwa igakira, bikaba byabarinda ubumuga bwo kudashobora kugenda.
Abatuye mu Kagari ka Gafumba gaherereye mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, barinubira abiganjemo urubyiruko babajujubije babiba, ikibahangayikishije kurusha kikaba ari uko mu bajura harimo n’abana.
Kuri uyu wa Gatanu, Ikipe ya APR FC yatsindiwe na Pyramids FC ibitego 6-1 mu Misiri iyisezerera muri CAF Champions League 2023-2024.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano nshya, agira impanuro atanga zibaherekeza muri ako kazi bagiye gukora.