Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana UNICEF, ryatangaje ko muri uyu mwaka wa 2023, abana bagera kuri 289 baturuka mu Majyaruguru y’Afurika bapfuye, abandi bakaburirwa irengero, bagerageza gukoresha inzira y’amazi ngo bagere ku Mugabane w’u Burayi.
Kubyiringira cyangwa gukuba amaso ni ibintu bifatwa nk’ibisanzwe, igihe umuntu arimo kugerageza kwikiza ikimubangamiye mu jisho, ananiwe cyangwa afite ibitotsi. Nyamara impuguke mu miterere y’ijisho zivuga ko bishobora kwangiza ubuzima bwaryo, cyane cyane iyo bikorwa buri kanya kandi igihe kirekire.
Abatuye mu Midugudu imwe n’imwe yo mu Murenge wa Minazi mu Karere ka Gakenke, bavuga ko bakigowe no kubaho mu icuraburindi, riterwa no kuba batagira umuriro w’amashanyarazi, aho bibasaba gukora ingendo zitaboroheye, bajya gushaka serivisi zikenera ingufu z’amashanyarazi, gusa bahawe icyizere cy’uko icyo kibazo gikemuka (…)
Perezida wa Sénégal Macky Sall yatangiye uruzinduko mu Rwanda, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere aza kwitabira Inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’Abagore mu Iterambere.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza Perezida wa Hongiriya, Katalin Novak n’abandi bayobozi bari kumwe mu ruzinduko bagiriye mu Rwanda.
Kuri iki Cyumweruru, kuri Kigali Pelé Stadium, ikipe y’u Rwanda y’abagore muri ruhago yatsinzwe na Uganda 1-0, isezererwa mu mikino yo gushaka itike y’imikino Olempike izabera i Paris mu 2024.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Katalin Novák, Perezida wa Hongiriya, umaze iminsi mu Rwanda mu bikorwa bitandukanye bigamije gutsura umubano hagati y’Ibihugu byombi bashyira n’umukono ku masezerano y’ubutwererane mu nzego ebyiri zirimo urw’uburezi, n’amahugurwa ku mikoreshereze y’ingufu za Nikereyeri mu (…)
Ihuriro ry’imiryango y’abantu bafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye, bateguye ubukangurambaga bwiswe ’Ring The Bell’ bugamije gukangurira abantu kwita ku burezi n’uburere bw’abana bafite ubumuga.
Umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda uherutse kwicirwa muri Santrafurika, aho yari mu butumwa bwo kugarura amahoro, wagejejwe i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023.
Icyamamare mu muziki wo mu gihugu cya Tanzania (Bongo Flava Tanzania), Naseeb Abdul Juma Issack, uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Diamond Platnumz, yatangaje ko idini rye rimwemerera gushaka abagore bane (4), ariko kugeza ubu akaba nta n’umwe afite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burashishikariza abafite ubushobozi gushora imari muri aka karere, kuko hari amahirwe menshi baheraho bakagera ku iterambere.
Amazina y’ibice bitandukanye bigize Igihugu cy’u Rwanda, agenda yitirirwa ibintu ndetse n’imiterere hamwe n’ibikorwa byagiye bihakorerwa.
Mu ijoro rishyira itariki 03 Nyakanga 2017 ni bwo mu Kagari ka Muganza Umurenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, havuzwe inkuru y’umwana w’uruhinja watawe mu musarani wa metero umunani z’ubujyakuzimu akurwamo agihumeka.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), buhamagarira abashoramari bakorera mu Ntara gutinyuka bagashora amafaranga mu mishinga yo kubaka n’inganda, kuko hari amahirwe arimo gutangwa.
Ku wa Gatandatu tariki 15 Nyakanga 2023, Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yungutse intore z’Imana zigizwe n’umupadiri umwe n’abadiyakoni 10.
Mu mabanga y’imisozi ya Bumbogo mu Mudugudu wa Kiriza mu Kagari ka Nyabikenke mu Karere ka Gasabo, ni ho Mutiganda Jean de La Croix yubatse Ishuri, ariko rihereye ku Irerero ry’abana yari yashyize mu nzu (muri salon) iwe.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Gen Mubarakh Muganga, yahuye ndetse agenera ubutumwa inzego z’umutekano ziteguye koherezwa mu Ntara ya Cabo Delgado, iherereye mu majyaruguru ya Mozambique.
Umutoza w’ikipe z’Igihugu z’u Rwanda mu mukino wa Volleyball, umunya Brazil Paulo De Tarso Milagress, yahamagaye abakinnyi, abagabo n’abagore bagomba gutangira imyitozo bitegura imikino y’igikombe cy’Afurika, African Nations Championship 2023, iteganyijwe mu kwezi gutaha.
Gukiza umuntu urimo kugerageza gutanga ubuzima ni kimwe mu bintu by’ingenzi abantu bashobora gukora, kuko icyo gihe uba utabaye ubuzima bw’abantu babiri icya rimwe.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yagaragaje uburyo indangagaciro zirimo ubupfura, ubushishozi, kunga ubumwe, ubutwari n’ubwitange ziri muri nyinshi urubyiruko rushobora kubakiraho, rukabasha urugamba rw’iterambere n’umutekano by’Igihugu.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yagaragaje ingaruka ziterwa no kunywa ibisindisha kuri buri muntu bitewe n’ikigero cy’ibyo afata mu cyumweru. Ni mu gihe imibare igarargaza ko harimo kubaho ubwiyongere mu kunywa inzoga ndetse n’ubuyobozi bukaba bwaratangiye ubukangurambaga bwo kugabanya inzoga no kuzirinda abato.
Muri Kenya, imyigaragambyo y’abantu baturuka mu ihuriro rya ‘Azimio la Umoja’ bamagana ubuzima buhenze, bahangana na Polisi ishaka kubabuza gukomeza kwigaragambya, imaze kugwamo abantu 12 kugeza mu mpera z’iki cyumweru.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Murekatete Juliet, arasaba abayobozi b’amasite y’ibizamini bya Leta ndetse n’abarimu bazabihagarikira, kubahiriza amabwiriza agenga imikoreshereze yabyo. Ibizamini bisoza amashuri abanza bikazatangira kuri uyu wa mbere tariki 17 Nyakanaga 2023.
Abahagarariye Ishami rya Siyansi n’Ikoranabuhanga muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), batangije ubukangurambaga bwo gusaba ababyeyi kurinda abana ingaruka zaturuka ku ikoranabuhanga rikoreshejwe nabi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burasaba abahinzi b’icyayi kucyitaho bakurikije amabwiriza bahabwa, kugira ngo bajye babasha kweza cyinshi ku buso butoya.
Umunyamerika Dana Morey uyobora Umuryango mpuzamahanga w’ivugabutumwa witwa ’A Light to the Nations’, yavuze ko abitabira igiterane kibera i Nyamata mu Bugesera muri izi mpera z’icyumweru bazatombora inka, amateleviziyo, moto, amagare amatelefone n’imigati yo kurya.
Abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga mu Karere ka Rulindo, barishimira uburyo batangiye kurya ku mbuto z’amasomo biga bakiri ku ntebe y’ishuri, aho mu mishanga bategura, igera kuri 30 yamaze guhembwa.
Imirenge, Utugari n’Imidugudu yitwaye neza kurusha indi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2022-2023 yo mu Karere ka Gekenke, yabishimiwe inahabwa ibihembo, abahayobora ndetse n’abaturage biyemeza gukomereza mu mujyo wo gukora cyane barangwa n’ubufatanye.
Perezida Kagame ku wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023, yakiriye Rt Hon. Patrice Trovoada, Minisitiri w’Intebe wa São Tomé na Príncipe uri mu Rwanda hamwe na Madamu we, Nana Trovoada, mu ruzinduko rw’akazi rwo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi, mu nzego zirimo ubucuruzi n’ishoramari.
Kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya Rayon Sports yatangiye imyitozo ku kibuga cyo mu Nzove yitegura umwaka w’imikino wa 2023-2024.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu muri Village Urugwiro, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye itsinda ryo mu muryango Segal Family Foundation, nyuma yo gusoza inama rusange yawo yaberaga i Kigali.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi, yagaruje ibikoresho bitandukanye byibwe abarimu b’abanyamahanga bakomoka mu gihugu cya Nigeria, bigisha muri kaminuza ya UTAB, birimo telefone ngendanwa na za mudasobwa.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye abantu batandatu bakekwaho kwiba ibirimo amatelefone mu ngo z’abaturage.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Karere ka Gatsibo barifuza ko hakorwa ubushakashatsi bugamije kurandura indwara ya kirabiranya kuko ngo iye kubaca ku bitoki aribyo bakuragamo ibibitunga ndetse n’iterambere ry’imiryango.
Muri Kenya umuryango wabuze umwana w’uruhinja mu Bitaro, nyuma uwamwibye aza gufatwa n’inzego z’umutekano, umwana asubizwa ababyeyi be.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho amwe mu mateka y’inkomoko y’inyito z’ahantu hatandukanye kugira ngo abantu barusheho gusobanukirwa n’amateka y’igihugu cy’u Rwanda yabakusanyirije inyito y’amateka y’izina “Kitabi”, aho abazi amateka y’iri zina bahamya ko ryiswe ako gace biturutse ku itabi ryaheraga, rikahacururizwa.
Ku nshuro ya 16 hagiye gutangwa ibihembo bya The Headies Awards 2023 bihabwa abahanzi b’inkingi za mwamba muri Afurika ndetse n’abandi mpuzamahanga mu guteza rya muzika muri Nigeria.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Ronald Rwivanga yabwiye Urubyiruko ruba mu mahanga ko Leta ya Congo Kinshasa iramutse ibyifuza, RDF yakwihutira kuyifasha kugarukana umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Umupasiteri wo muri Nigeria, yatangaje abantu, cyane cyane abakoresha imbuga nkoranyambaga, ubwo yafataga amaturo yose yaturishijwe mu rusengero akayaha umugore w’umupfakazi wari waje aho mu rusengero ari kumwe n’abana be.
Umuhanzi Diamond Platnumz yavuze ko kugeza ubu abana yabyaranye na Zari Hassan yirinze gutuma bamenya ko batandukanye mu kwirinda ko byabagiraho ingaruka.
Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’urusaku rukabaije ku baturage ruva ku bikorwa by’iterambere bihuza abantu benshi, Minisiteri y’Ibidukikije yashyize ahagaragara amabwiriza agaragaza ingano y’urusaku ntarengwa n’amasaha rumara ahahurira abantu benshi.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana, aratangaza ko kugira ngo umutekano n’amahoro birambye bigerweho, hakenewe abapolisi bakumira ibyaha, bubahiriza amategeko, banatanga ibisubizo by’ibibazo abaturarwanda bafite.
Abaturage 200 bo mu murenge wa Kinigi na Nyange mu karere ka Musanze, bashyikirijwe intama 200 kuri uyu wa kane tariki 13 Nyakanga 2023 hagamijwe kubafasha kwifasha ubwabo bikemurira ibibazo bimwe na bimwe.
Ikipe y’Igihugu ya Basketball nkuru yamaze kwerekeza muri ½ cy’irushanwa nyafurika, AFROCAN 2023, nyuma yo gutsinda ikipe ya Angola amanota 73-63.
Abapolisi 501 bari bamaze ibyumweru 50 mu mahugurwa mu kigo cya Polisi cya Gishari, kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023 basoje ayo mahugurwa, bakaba bagiye guhabwa ipeti ryo ku rwego rw’aba Ofisiye bato (Assistant Inspector of Police /AIP).
Ku wa Gatatu tariki 12 Nyakanga 2023, nibwo abagize ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu batarengeje imyaka 16 mu mukino wa Basketball, bageze i Monastir muri Tunisia aho basanzeyo basaza babo nabo batarengeje imyaka 16, aho bagiye kwitabira imikino nyafurika ya FIBA U16 AFRICAN CHAMPIONSHIP 2023.
Umudepite witwa Chérubin Okende yasanzwe mu modoka yapfuye, ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, ngo bigaragara ko umurambo we wariho ibikomere by’amasasu, nk’uko byatangajwe n’Ikinyamakuru ‘Le monde’.
Ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, Habimana Sosthene yagizwe umutoza wa Musanze FC, Imurora Japhet wari usanzwe ashinzwe gukurikirana ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe agirwa umwungiriza we.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, yafatiwemo ibyemezo bikurikira: