Gatera Stanley umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, asoje igifungo yari yarakatiwe n’ubutabera bw’u Rwanda. Yafunguwe mu gihe cya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, aho yari afungiye muri gereza ya Kimironko.
Gatera Stanley, umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi yatawe muri yombi tariki 01/08/2012 azira inkuru yasohotse tariki 28/06/2012 mu kinyamakuru Umusingi, igaragaramo ivangura; nk’uko byatangajwe na Polisi y’igihugu.
Akimara gusohoka muri gereza, Gatera yavuze ko anejejejwe n’uko asohotse muri ubu buroko, aho yatangarije itangazamakuru ko nta keza ka gereza.
Eric Muvara
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Abere urugero abandi babiba amacakubiri mu banyarwanda