Yakuwe amenyo 232

Ku bitaro Sir J. J. ry’i Bombay ho mu Buhinde, batangajwe no gukura umwana witwa Ashik Gavai, w’imyaka 17, amenyo 232.

Ashik uyu yari amaze iminsi icumi muri ibi bitaro, kuko yari afite ububabare bukabije kandi igice kinini cyo mu maso he cyarabyimbye cyane. Byaturukaga ku kibyimba yari afite mu rwasaya.

Babaga icyo kibyimba, ngo batangajwe no gusangamo amenyo 232. Ibi byatangarijwe igitangazamakuru "India Times" n’umugangakazi Sunanda Dhivare-Palwankar.

Yakuwe amenyo 232 ariko ntibiremezwa niba ari amenyo koko.
Yakuwe amenyo 232 ariko ntibiremezwa niba ari amenyo koko.

Iyi nkuru dusoma kuri lepoint.fr inavuga ko kugira ngo babashe kumukuramo aya menyo yose, byasabye abaganga bane na bo bamaze amasaha arenga arindwi.

Na none ariko, uyu mugangakazi avuga ko bakomeje ubushakashatsi kugira ngo babashe kwemeza niba koko kuvuga ko ari amenyo bamukuyemo ari ukuri.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka