Shyogwe: Umugabo agenda yicaye kubera kurwara amavunja

Umugabo witwa Uwiragiye Redepta utuye mu Kagari ka Mbale mu Murenge wa Shyogwe ho mu Karere ka Muhanga ntakibasha kugenda n’amaguru kubera amavunja, ubu agenda yicaye akuruza ikibuno.

Uyu mugabo uvuga ko afite imyaka 38 yari asanzwe agenda nk’abandi mbere atararwara amavunja ndetse yakoraga n’akazi ko kwikorera imitwaro (umukarani). Nyuma y’uko afashwe n’amavunja ngo yagiye yiyongera ku buryo aho bigeze atagishobora kugendesha ibirenge kubera ububabare no gutonekara.

Akeka ko amavunja arwaye ari amarogano kuko bagerageje kumuhandura ariko akanga akiyongera ari nako amubabaza cyane.
Akeka ko amavunja arwaye ari amarogano kuko bagerageje kumuhandura ariko akanga akiyongera ari nako amubabaza cyane.

Ubwe, Uwiragiye avuga ko hari abagerageje kumuhandura ndetse bakamushyiriramo imiti itandukanye ariko amavunja akanga agakomeza kuba menshi. Kubwe ngo aya mavunja asanga ari amarogano (ayo bamuroze) akurikije ubukana afite mu kumwangiza.

Uwiragiye asanzwe atishoboye, yubakiwe na CARITAS ya diyosezi ya Kabgayi, kandi ngo nta bandi bantu babana.

Asigaye agenda yicaye kubera amavunja.
Asigaye agenda yicaye kubera amavunja.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shyogwe, Mugunga Jean Baptiste, atangaza ko uyu mugabo atari amuzi ariko ko bagiye gukurikirana ikibazo cye bakamuvuza.

Uyu muyobozi ntahakana ko mu Murenge ayoboye hagaragayemo iyi ndwara kuko mubo yagaragaweho bamaze guhandura abagera kuri 6, hakaba hari n’abandi 4 barimo kuvura babifatanyijemo n’ikigo nderabuzima gikorera muri uyu murenge.

Asaba ibyo kurya kuko atakibasha gukora.
Asaba ibyo kurya kuko atakibasha gukora.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

UWO NI UWO MUBONYE MU GIHUGU HOSE BARAHARI KUKO

IKIBAZO CYATANGIRIYE KU MASHURI,UMUYOBOZI W’IKIGO

UGARAGAJE KO HARRIHO AMAVUNJA AYABONANYE ABANA(KANDI

BAYAKURA MU NGO ZIFITA ABAYOBOZI BAZISHINZWE0

bugacya yavanywe mu kazi!!!!!!ibintu biguma bihishirwa

none bigeze aharindimuka.......abashinzwe imbereho myiza

twibaza icyo bahemberwa badasura izo ngo

Mulindangabo Valens yanditse ku itariki ya: 7-02-2015  →  Musubize

yebaba we uwo mugabo nuko yabaye?!!!!!! muzi cyera cyane agurisha inkono bamwita Kazindu ubuyobozi nibumufashe bumushakire nahaba hasukuye ayo mavunja azakira.

momo yanditse ku itariki ya: 6-02-2015  →  Musubize

dore umuiti :
mufate DDT (pureteri) imwe bahungizaga imyaka bakanayitera mu ikawa, muyivange n’amavuta y’amamesa, mukebe ayo mavunja, maze mumusige aho mwamuhanduye, arahita akira.

etienne yanditse ku itariki ya: 29-01-2015  →  Musubize

None se bamuhanduye kweli?amavunja akica umuntu kuriya!bamujyane kwa muganga bamutere ikinya ibivunja babibage ubundi bomore ibisebe murebe ko atazakira!

eva yanditse ku itariki ya: 27-01-2015  →  Musubize

Mwiriwe maze kubona uburyo uyu mugabo ameze kabisa kubera Imvunja biteye agahinda, Numvise avuga yuko bagerageje ku muhandura ariko bikanga . Iyo urebye aho bigeze nawe ubona ko yi hebye kabisa .ubona ko atari icyi goryi ni muzima .we avuga yuko bazi muroze .Birashoboka kabisa .Inama na tanga Mwa dushakira Aba kozi B , Imana baka musengera

byumba gituza yanditse ku itariki ya: 27-01-2015  →  Musubize

Ayo ni amavunja ubwo?!!!ibihu bimeze nk ubundi burwayi pe!atuye mu wuhe mudugudu?!!!mbale!!!!ko hariya ari ku mujyi?!!!
Ni ugukaza isuku

mirere yanditse ku itariki ya: 26-01-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka