Kuri iki Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023, ikipe ya APR FC yatsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Kigali Pelé Stadium igera ku mukino wa nyuma.
Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda, bahuriye i Dubai mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Urwego rushinzwe Uburezi mu Rwanda (REB) hamwe n’abafatanyabikorwa, bizihije Umunsi mpuzamahanga w’Umugore mu Mibare ku wa 12 Gicurasi 2023, bakoresha abana ikizamini cy’iryo somo mu mashuri 15 yo mu turere tugize Umujyi wa Kigali.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Gicurasi Isi yizihije umunsi wahariwe umubyeyi w’umugore. Madamu Jeannette Kagame yashimiye ubwitange n’umutima w’abo babyeyi.
Mu gihe hasigaye umwaka umwe gusa ngo harebwe ibyagezweho muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST1), ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buvuga ko mu bikiri kure yo kugerwaho harimo gukura abaturage mu bukene, bityo bugasaba abafatanyabikorwa kubafasha muri uru rugamba.
Nyirabarame Epiphanie ni umwe mu Banyarwandakazi bagiriye ibihe byiza mu isiganwa ry’amaguru, atwara imidari myinshi ya zahabu mu marushanwa yo kwiruka yagiye abera mu Rwanda no mu mahanga.
Abakozi bo mu bitaro bya Kibilizi biherereye mu Karere ka Gisagara, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, banaremera uwayirokotse wo mu gace biherereyemo, mu rwego rwo kumufasha kwigira.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo, avuga ko n’ubwo gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga mu nkiko bigeze ku gipimo cyiza ariko nanone bifuza ko umuturage ashobora kuburana atageze ku rukiko hagamijwe kugabanya ingendo ndetse no gutanga ubutabera bwihuse.
Uwizeye Jean de Dieu wari warabaswe n’inyigisho z’ingengabitekerezo ya Jenoside aratangaza ko yanze buruse ya Leta yari yahawe, ngo kubera ko atari yizeye kubona akazi keza kuri Leta y’Inkotanyi, ahubwo akumva ko aramutse yize akaminuza zazamwica.
Ku mugoroba tariki ya 12 Gicurasi 2023, i Nyagatare habaye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abari batuye mu yahoze ari Komini Muvumba.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yabwiye abaforomo n’ababyaza bakorera mu ivuriro rya Ruli mu Karere ka Gakenke ko Leta irimo itekereza icyo bakora mu kubongerera ubushobozi kugira ngo barusheho kunoza umurimo bakora wo kuvura abarwayi.
Imiryango itari iya Leta ikorera mu Rwanda, yamuritse ibyo yagezeho nk’uruhare rwayo mu iterambere ry’Igihugu. Yabigaragarije mu imurikabikorwa ryabaye tariki 12 Gicurasi 2023, mu gikorwa cyateguwe n’Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere (RGB), n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP) ku bufatanye n’Ihuriro (…)
Perezida Paul Kagame, Kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Gicurasi 2023 yakiriye Lord Popat, Intumwa y’u Bwongereza mu by’ubucuruzi, hamwe n’itsinda bari kumwe mu ruzinduko mu Rwanda mu rwego rwo kureba amahirwe ahari mu ishoramari.
Mu isambu ya Paruwasi ya Mibilizi mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Gashonga, Akagari ka Karemereye, Umudugudu wa Mibilizi, hakomeje kuboneka imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports isezereye Mukura VS ikatisha itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yaherukaga gukina 2018.
Inama y’Igihugu y’Abaforomokazi, Abaforomo n’Ababyaza (NCNM) yizihije Umunsi mpuzamahanga wahariwe Abaforomo, yamagana abo ivuga ko bakinira ku buzima bw’abantu, nyuma yo gufatanwa ibyangombwa byo gukora by’ibihimbano.
Abatuye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye bavuga ko ntako ubuyobozi butagize ngo bushakishe abagwiriwe n’ikirombe baturiye, bakanifuza impozamarira ku babuze ababo
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santarafurika zashyikirije Minisiteri y’Uburezi ibyumba bitandatu (6) zubatse kuri Ecole Kina.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ritangaza ko umwanya wa kabiri muri shampiyona y’icyiciro cya mbere utazongera guhesha ikipe gusohokera u Rwanda muri CAF Confederation Cup ahubwo hazajya harebwa abitwaye neza mu gikombe cy’Amahoro.
Elon Musk nyiri Twitter, yatangaje ko yabonye umuntu ugiye kuba umuyobozi mushya (CEO) wa Twiitter n’ubwo atavuze amazina ye. Yavuze ko we azahita ajya ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’ibijyanye n’ikoranabuhanga kuri urwo rubuga nkoranyambaga rwa Twitter mu byumweru bikeya biri imbere.
Impera z’iki cyumweru zitezweho byinshi mu mupira w’amaguru wo mu Rwanda, ahateganyijwe kumenyekana amakipe azazamuka mu cyiciro cya mbere ndetse no gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro.
Mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino wa Volleyball muri Afurika 2023 CAVB club championship ikomeje kubera mu gihugu cya Tunisia, ikipe ya APR y’abagore ntiyahiriwe no gutangira kuko yatsinzwe n’igihanganjye cyo mu misiri Zamalek.
Feza Nteziyaremye ni umwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu wagizweho ingaruka n’ibiza agasigarana gusa umwana w’amezi atandatu n’ibyumweru bibiri. Ubwo Perezida Paul Kagame yasuraga abagizweho ingaruka n’ibiza bo mu Karere ka Rubavu ku wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, Nteziyaremye yavuze ko nyuma y’ibiza yifuzaga (…)
Perezida Paul Kagame wari ukubutse mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, yageze mu mujyi rwagati wa Musanze, ava mu modoka, asuhuza imbaga y’abaturage bari bamutegererezanyije urugwiro rwinshi.
Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro, IPRC Tumba, ryatashye inyubako igizwe n’ibikoresho kabuhariwe mu ikoranabuhanga bizifashishwa mu ishami rishya rya Mechatronics.
Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda kuri uyu wa 12 Gicurasi 2023, bwashyize ahagaragara urutonde rw’abanyeshuri bemerewe kwiga muri iyi kaminuza mu mwaka w’amashuri 2023. Umunyeshuri wasabye kuhiga yireba anyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga buteganyijwe, akamenya niba yaremerewe umwanya.
Robert Pershing Wadlow, ni Umunyamerika wavukiye mu mujyi wa Alton mu Ntara ya Illinois mu 1918, akaba ari we wabaye muremure kurusha abandi bose ku Isi kugeza ubu.
Umusore w’imyaka 24 wo mu kagari ka Kabazungu, Umurenge wa Musanze Akarere ka Musanze, yatawe muri yombi azira gufatanwa umukobwa w’imyaka 16 nk’uko ababyeyi b’uwo mwana babivuga, uwo musore n’umukobwa bakaba bari bamaranye iminsi ibiri babana mu nzu y’uwo musore.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko kubera ikibazo cyo kuzura kwa Nyabarongo igafunga umuhanda Muhanga – Ngororero - Mukamira, hari guteganywa kwimura igice cyawo kirengerwa n’amazi ahagana mu gishanga cya Nyabarongo mu Murenge wa Gatumba, kikanyuzwa ku musozi ugahingukira mu isantere ya Gatumba.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango barasaba abajyanama babahagarariye mu rwego rw’Akarere, gukomeza kubakurikiranira iby’impinduka ku misoro y’inzego z’ibanze n’ibiciro by’ibiribwa ku isoko kuko hari ibitubahirizwa.
Impande zihanganye mu ntambara yo muri Sudani zemeranyijwe kurinda no kubahiriza uburenganzira bw’abasivili, harimo gutanga inzira yo gusohoka mu duce turimo kuberamo imirwani, ndetse no kunyuzwamo imfashanyo.
Abanyamuryango 1,193 ba Koperative Dukundekawa Musasa, mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, barishimira uburyohe bw’ikawa bahinga nyuma y’imyaka n’imyaka batayizi kubera kutayinywa, aho bavugaga ko bahingira abandi.
Ubwo yari mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba, kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gicurasi 2023, Perezida Paul Kagame yijeje abagizweho ingaruka n’ibiza ubufasha bushoboka, ndetse abashobora gusubira mu byabo bakabisubiramo mu gihe cya vuba.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Gicurasi 2023, ubwo hatangiraga urubanza ruregwamo Hategekimana Philippe wiyise Hategekimana Manier nibwo byamenyekanye ko hamaze gupfa abatangabuhamya bane.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Gicurasi 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasuye abaturage bo mu Karere ka Rubavu by’umwihariko abaheruka kugirwaho ingaruka n’ibiza byibasiye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), ufatanyije na Imbuto Foundation na Baho Neza Project, bahurije hamwe imbaraga mu bukangurambaga bugamije kwita ku buzima bwo mu mutwe, binyuze mu matsinda yiswe ’Abahumurizamutima’.
Umuryango Nyarwanda w’Abafite Ubumuga bw’Uruhu (OIPPA), uratangaza ko abenshi mu barimu hirya no hino mu gihugu, batarasobanukirwa uburyo bwo gufasha abana bafite ubumuga bw’uruhu.
Ku mugoroba wa tariki ya 11 Gicurasi 2023, Minisitiri wa Siporo mu Rwanda, Munyangaju Aurore Mimosa, aherekejwe n’Umunyamabanga uhoraho muri iyo Minisiteri, Niyonkuru Zephanie, basuye ikipe ya REG Basketball Club aho iri mu mwiherero.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko uyu mwaka imikino ya nyuma y’igikombe cy’Amahoro itazabera i Kigali
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Mubarakh Muganga, yitabiriye inama Nyafurika ngarukamwaka ihuza abagaba b’Ingabo zirwanira ku butaka, African Land Forces Summit.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), yatangaje ko inyugu fatizo igurizaho amabanki y’Ubucuruzi yagumye kuri 7% muri iki gihembwe cya kabiri cya 2023, kuko ngo ibona ko ibiciro bizakomeza kugabanuka muri uyu mwaka ndetse no mu wutaha.
BK TecHouse Ltd yishimiye ibyemezo bibiri mpuzamahanga by’ubuziranenge mu kurinda amakuru y’abakiriya, kuri serivisi zitandukanye z’ikoranabuhanga zitangwa n’icyo kigo.
Uramutse usuye Diyoseze Gatolika ya Nyundo hamwe n’Iseminari nto yitiriwe Mutagatifu Pie X, mu Ntara y’Iburengerazuba, waterwa agahinda n’ibyo umugezi wa Sebeya wahakoze ariko ukanashimira Imana kuba ntawe byambuye ubuzima muri ibyo bigo! Umugezi wa Sebeya mu Karere ka Rubavu mu biza biherutse wakoze ibya mfura mbi ku duce (…)
Igihugu cya Zimbabwe kirimo gukusanya inkunga y’ubutabazi ku bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura nyinshi mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyaruguru n’Amajyepfo y’u Rwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko mu rwego rwo guharanira kugumana umwanya wa mbere babonye mu kwesa imihigo y’umwaka ushize, ubu bageze ku kigero cya 90% yeswa kandi izaba yageze ku 100% mu kwezi n’igice gusigaye.
Mugisha Bonheur ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya APR FC yasabye imbabazi kubera imyitwarire mibi yagize mu mukino w’Igikombe cy’Amahoro wahuje APR FC na Kiyovu Sports kugeza ubwo akubise umusifuzi umutwe.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge, ubwo bibukaga ku nshuro ya 29, bagaragaje ko hakiri imbogamizi bahura na zo bifuza ko zakemurwa zirimo kubakirwa ikimenyetso (monument) cyashyirwaho amazina y’ababo bishwe, kongera amafaranga y’ingoboka agenerwa abarokotse n’ibindi.