Nyuma y’uko ku wa Gatatu tariki 19 Mata 2023 abantu batandatu bagwiriwe n’ikirombe mu Mudugudu wa Gasaka, Akagari ka Gahana, Umurenge wa Kinazi, Akarere ka Huye, ku wa Kane tariki ya 20 ubuyobozi bukazana Caterpillars zigatangira gucukura kugira ngo bakurwemo, na n’ubu kubageraho bikomeje kugorana.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda muri Handball y’abatarengeje imyaka 17 mu bakobwa yatsinze umukino wa mbere mu irushanwa IHF Trophy riri kubera muri Tanzania.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Mata 2023, abagabo batanu bo mu Mudugudu wa Munini, Akagari ka Jenda, mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, batawe muri yombi bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu mugoroba wo Kwibuka ku nshuro ya 29 Genocide yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyanza, abahavukiye bibukiranyije ku mateka ya mbere ya Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya, avuga ko hamwe na Minisiteri y’Ubumwe n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), barimo gushaka uko hazajya higishwa amateka mu buryo busobanutse.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero bwasabye urubyiruko rwibumbiye mu nzego zitandukanye z’abakorerabushake, gukoresha imbaragaga bafite mu guteza imbere abaturage, kuko aka karere ari ko kaza ku isonga mu kugira umubare munini w’abakorerabushake ku rwego rw’Igihugu.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame baraye bakiriye Gen. Muhoozi Kainerugaba n’itsinda bari kumwe, mu muhango wo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 49.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda mu kiganiro yagiranye na Television Rwanda yatangaje ko hari Abanyarwanda bamaze guhungishwa bageze mu bihugu bituranye na Sudani birimo Djibouti.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr Utumatwishima Abdallah, asanga hari amahirwe menshi iterambere ry’Igihugu ryubakiyeho, urubyiruko rukwiye kubyaza umusaruro, kugira ngo iterambere ryarwo n’iry’Igihugu ryihute.
Abahinzi b’urutoki mu Kagari ka Mbogo Umurenge wa Kiziguro bavuga ko kubona ifumbire ikomoka ku matungo (inka), bisaba umugabo bigasiba undi kuko imodoka igeze ku mafaranga y’u Rwanda 130,000 kandi bakaba badashobora kubona umusaruro batakoresheje ifumbire y’imborera.
Minisitere y’ubutegetsi bw’igihugu mu Rwanda yatangiye ibikorwa byo guteguza uturere ko hari abanyarwanda basanzwe bishyurirwa ubwisungane mu kwivuza ariko bagiye kubukurwamo, bakaba basabwa gutangira kwitegura kwiyishyurira kuva muri Nyakanga 2023.
Mu Kagari ka Migeshi mu Murenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze haravugwa inkuru y’umwana w’imyaka 14 ushakishwa, nyuma yo gutoroka amaze gutema se ageragezaga gukiza nyina wakubitwaga.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, wabereye mu Murenge wa Muhima tariki 22 Mata 2023, kuri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille), Senateri Evode Uwizeyimana yagarutse ku bugome bw’indengakamere bwaranze Padiri Munyeshyaka Wenceslas wari Padiri mukuru w’iyo Paruwasi mu gihe cya Jenoside.
Kuri uyu wa 24 Mata 2023 Urwego rw’Igihugu rushinzwe itangazamakuru n’itumanaho(CNC) rwatangaje ko ruhagaritse ku mugaragaro indirimbo 33 mu Burundi, ruvuga ko zirimo amagambo ateye isoni, ibyo bikaba biihabanye n’umuco w’Igihugu cyabo.
Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali yerekanye itsinda ry’urubyiruko rw’abahungu batanu bashinjwa kwambura abantu ku muhanda babashikuje ibintu(cyane cyane telefone n’amafaranga).
Abatuye mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, bakomeje gutabaza Leta ngo ibafashe kubakiza ibiziba by’amazi y’imvura yuzura imihanda y’imigenderano aho bamwe bahera mu nzu mu gihe imvura yaguye.
Polisi yo muri Kenya yataburuye imibiri y’abantu mu mva zisaga 12, bikekwa ko ari iz’abantu ba rimwe mu matorero ya gikirisito, bivugwa ko bizeye ko bajya mu ijuru nibaramuka biyicishije inzara.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Ruhango barishimira ko batakiri umutwaro ku Gihugu, kuko bize amashuri bakarangiza, bagakora bakiteza imbere, ndetse n’abo Leta yahaye ubufasha bakaba bafite intambwe bamaze gutera, gushinga imiryango no kongera kugira icyizere cyo kubaho.
Umuhanzi Bruce Melodie yagaragaje ko ari mu gahinda yatewe no kubura Nyirakuru witabye Imana.
Nyuma y’uko imvura nyinshi iguye ku Cyumweru tariki 23 Mata 2023, amazi akuzura umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira bikaba ngombwa ko uwo muhanda ufungwa, Polisi y’u Rwanda yamenyesheje abakoresha uwo muhanda ko wongeye kuba nyabagendwa.
Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 22 Mata ni bwo shampiyona y’umwaka wa 2023 mu mukino wa volleyball mu Rwanda yatangiraga shampiyona yagaragaje imbaraga mu itangira ndetse n’ishingwa ry’ikipe ya POLICE VC.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwongeye guta muri yombi abakozi bane b’Akarere ka Nyanza n’umwe wo mu karere ka Gisagara nyuma y’uko hari ibimenyetso bishya byagaragaye ku byaha bakekwaho, bakaba bari baranatangiye kubisibanganya.
Rayon Sports yatsinze Rwamaga City ibitego 2-1, mu mukino wakinwe iminsi ibiri ugasozwa kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023.
Mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rutunga, Akagari ka Kabariza, mu Mudugudu wa Nyamise, hari abaturage 15 banyoye ubushera ku muturanyi wabo witwa Tuyishimire Jean Claude bajya mu bitaro, umwe akaba yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, avuga ko hari imvugo zidaha uburemere Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe, harimo nko kuvuga ko Jenoside yageragejwe aho kuvuga ko yakozwe, kuko usanga benshi bavuga ko Jenoside yakozwe gusa mu 1994.
Gen. Muhoozi Kainerugaba, Umuhungu wa Perezida wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni, ari mu Rwanda aho aje kwizihiriza isabukuru y’imyaka 49, kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mata 2023.
Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda, Dr. Didace Kayihura Muganga, avuga ko abari abarimu ba Kaminuza y’u Rwanda bagaragaje ko ari intiti koko, bakaba baranasigiye Kaminuza igisebo kuko bavuyemo abicanyi bagize uruhare runini muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Imvura nyinshi yaguye kuri iki Cyumweru tariki 23 Mata 2023, amazi akuzura umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira, Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha uwo muhanda ko utakiri nyabagendwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Murenge wa Rukumberi Akarere ka Ngoma, bavuga ko ubwicanyi bwaho bwakozwe n’ingeri zose z’abantu, by’umwihariko abana ndetse n’abagore, abadepite, abapasitoro ndetse n’abari mu nzego z’umutekano, zakabaye zirinda abaturage.
Bamwe mu borozi mu Karere ka Kayonza barasaba Ubuyobozi gushyiraho abaveterineri benshi bagaca indwara mumatungo, kuko bashobora kugura inka zitanga umukamo mwinshi ku mafaranga menshi zigapfa zitamaze kabiri.
Nyuma yo gutsindwa na Police FC 2-1, kapiteni w’ikipe ya APR FC Manishimwe Djabel, yavuze ko nk’abakinnyi ubwabo badafite impungenge ku hazaza habo.
Ingurube ni itungo abenshi mu baryorora bavuga imyato, ku bw’iterambere rikomeje kubagezaho, kubera kororoka cyane, ariko abantu bagakomeza kuvuga ko ingurube ibwagura mu gihe andi matungo abyara, cyangwa bakavuga ibibwana (ibyana).
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu (ASOC), ku wa Gatanu tariki ya 21 Mata 2023, ryafashe abantu bane bacyekwaho gukora ubucuruzi bwa magendu, hafatwa amakarito y’imivinyu n’amacupa y’inzoga za likeri (liqueur) zifite agaciro ka miliyoni 15Frw.
Imibanire y’abakundana ni ikintu kigoye cyane kumva, kandi akenshi kugira ngo uwo mubano urambe, usanga twiringira ibinyoma by’ubwoko bwose kugira ngo tugerageze kwishyiramo ko ibintu ari ntamakemwa. Bimwe muri ibyo binyoma ni ibi bikurikira:
Imfungwa zimaze imyaka zifunzwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Gereza ya Guantanamo Bay, zatangiye kugaragaza ibimenyetso byo gusaza ku buryo bwihuse cyane ‘accelerated ageing’, nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi bakuru ba Komite mpuzamahanga y’Umuryango utabara imbabare (ICRC).
Abarokokeye Jenoside i Nyirarukobwa mu Kagari ka Kanzenze, mu Murenge wa Ntarama w’Akarere ka Bugesera, barasaba Urwibutso rw’imiryango irenga 100 yazimye, muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari ituye muri icyo kibaya ubu kiragirwamo inka.
Kuri uyu wa mbere tariki 24 Mata 2023, tubararikiye gukurikira ikiganiro EdTech Monday gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation, kikagaruka ku bumenyi bushingiye ku ikoranabuhanga, kikaba kibageraho buri wa mbere wa nyuma w’ukwezi, kikazanyura kuri KT Radio kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba ndetse no ku murongo wa You (…)
Tariki 21 Mata 1994, ni umunsi w’amateka mabi ku Banyarwanda kubera iyicwa ry’Abatutsi benshi icyarimwe mu gihugu, ndetse hari hamwe mu hantu hashoboye kumenyekana hiciwe Abatutsi barenze ibihumbi 150 umunsi umwe, ni na wo munsi Niyitegeka yiciweho.
Mu mukino w’umunsi wa 24 utarabereye igihe waberaga kuri PELE Stadium I Nyamirambo usize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC itakaje bidasubirwaho umwanya wa mbere nyuma yo gutsindwa na POLICE FC ibitego 2-1.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, avuga ko abarokotse Jenoside badakwiye gukoresha imvugo y’uko abicanyi babahemukiye, ahubwo bagakoresha iy’uko babiciye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bahoze bakora mu cyahoze cyitwa Electrogaz, barasaba Abanyarwanda muri rusange gukunda igihugu kandi bakabitoza abana babo, kugira ngo baheshe ishema abaharaniye ko Abanyarwanda bunga ubumwe.
Mu mpera z’ukwezi gushize kwa Werurwe, bimwe mu bigo by’itangazamakuru bikomeye ku Isi byatangaje inkuru ivuga ku rubyiruko rw’Abanyarwanda, rwabaswe no gutega mu mikino y’amahirwe, ibizwi cyane nka ‘betting’.
Ambasade y’u Rwanda muri Sudani yasabye Abanyarwanda bahatuye, kwitwararika ku bw’umutekano wabo kubera intambara iri muri iki gihugu, hagati y’ingabo za Leta n’umutwe wa RSF.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Gasabo, yafatanye umugabo w’imyaka 32, imifuka itatu n’igice y’ibiyobyabwenge by’urumogi rupima ibilo 60.
Abantu 10 bo mu muryango umwe, barimo abagore barindwi n’abagabo batatu, bishwe n’abantu bitwaje imbunda mu mujyi wa Pietermaritzburg, mu ntara ya KwaZulu-Natal (KZN) yo muri Afurika y’Epfo.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yasabye abarokotse Jenoside kutaganya mu gihe cyo kwibuka, kuko ibibazo bafite Leta ibizi kandi itabyirengagiza.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), irasaba abaturage gukomeza ingamba zitandukanye zo kwirinda Malariya, n’ubwo ikomeje gutera umuti no gutanga inzitiramibu mu Ntara y’Iburasirazuba, Amajyepfo n’Akarere ka Rusizi.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, yayoboye umuhango wo gusoza amahugurwa mpuzamahanga yaberaga mu Rwanda, ku bijyanye n’uko abasirikare barinda umutekano w’abasivili, anabashimira ku buryo bitwaye.