Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika "CAF" yemereye u Rwanda kuzakinira kuri Stade Huye
Perezida Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 27 Gicurasi 2023, bafunguye icyanya cyahariwe siporo cyiswe “Kimironko Sports and Community Space” kirimo ikibuga cya Basketball giherereye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, asaba urubyiruko kukibyaza umusaruro.
Mu Kagari ka Gahinga Umurenge wa Nemba, Akarere ka Gakenke, ikamyo ya BRALIRWA yerekezaga i Kigali yaguye mu ikorosi rya Buranga aho yari ipakiye inzoga, umushoferi n’uwo bari kumwe bajyanwa mu bitaro bya Nemba, nyuma yo gukomereka.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye umuganda usoza ukwezi wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Gicurasi 2023, wo gutera ibiti muri Pariki ya Nyandugu Eco Park.
Urugaga rw’Abagenagaciro mu Rwanda (Institute of Real Property Valuers in Rwanda - IRPV), rufatanyije n’Umuryango uhuza abagenagaciro ku rwego rwa Afurika (African Real Estate Society - AfRES), bateguye inama y’iminsi ibiri, ihuza abanyamwuga batandukanye bo mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba, bagamije kungurana (…)
Pedro Pauleta wamenyekanye cyane ubwo yakiniraga Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu yatangiye ku mugoroba wo ku wa Gatanu, tariki ya 26 Gicurasi 2023.
Muri Uganda ahitwa Alupe, muri Busia, umusore Robin Barasa yishe Nyina amutemye ijosi, ngo amuziza ko yamwimye igikombe cy’icyayi, nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru byo muri icyo gihugu, harimo Emuria FM.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tari 26 Gicurasi 2023, mu Nzove ku kibuga cya Rayon Sports yubakiwe n’umuterankunga wayo, Rayon sports y’abagore yamurikiye abafana n’ubuyobozi bwa Skol igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya 2 iherutse kwegukana.
Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yatangaje ko watangiye ingendo zizazenguruka Igihugu cyose begera abaturage, hagamijwe gusuzuma imikorere y’inganda zibegereye zigira uruhare mu guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga, ndetse no kumva ibibazo n’ibyifuzo byabo.
Abatuye imirenge itandukanye mu Karere ka Gakenke, batewe n’impungenge n’uburyo zimwe mu mbuto, cyane cyane imyembe, zirimo kwibasirwa n’indwara bataramenye ikiyitera.
Itsinda ry’abanyeshuri n’abarimu babo baturutse mu ishuri rya gisirikare rya Joaan Bin Jassim Academy ryo muri Qatar, ku wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, basuye ishuri rikuru rya gisirikare ry’u Rwanda riri mu Karere ka Musanze i Nyakinama, berekwa imikorere yaryo.
Ku wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, ibitaro bya kaminuza bya Kigali (CHUK) byari mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29, abari abakozi babyo, abarwayi, abarwaza n’abahahungiye bose baguye muri ibyo bitaro, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bahamya ko bafite umukoro wo kugarurira icyizere Abanyarwanda.
Abikorera bo mu Ntara y’Amajyepfo basabwe kunga ubumwe no kubaho nta vangura, bagatandukana n’abikoreraga batanze inkunga zo kwica Abatutsi, maze bagatanga umuganda wo gusenya Igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko imwe mu miryango yari mu nkambi, nyuma yo kwangirizwa ibyo batunze, yatangiye gusubira mu ngo zabo nk’uko bari babisezeranyijwe n’Umukuru w’Igihugu, ubwo aheruka kubasura.
Mu gutangiza gahunda y’icyiciro cya gatatu cy’ibiganiro n’amarushanwa ya ‘Ndi Umunyarwanda’, yateguwe na Unity Club hagamijwe kwimakaza umurage w’Ubunyarwanda mu rubyiruko, Umujyanama wa Perezida Kagame mu by’umutekano, Gen James Kabarebe, yaganirije urubyiruko mu Karere ka Rubavu, arwereka uburyo abakoloni bubatse gereza (…)
Forest Whitaker, umukinnyi w’icyamamare mu gukina filime ukomoka muri Leta Zunze ubumwe za Amerika, wamenyekanye cyane muri filime ‘The Last King of Scotland’ akinamo nka Idi Amin wari Perezida wa Uganda, ari mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, itsinda ryaturutse muri Kaminuza ya Carnegie Mellon riyobowe na Perezida w’iyi Kaminuza, Dr. Farnam Jahanian uri mu Rwanda mu rwego rw’igikorwa cyo gutanga impamyabumenyi ku nshuro ya 10 muri iyi Kaminuza.
Kayishema Fulgence watawe muri yombi ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gicurasi 2023, yahise ajyanwa mu rukiko rwo muri Afurika y’Epfo, akaba ashobora no kuzoherezwa mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ibitaro byitiriwe Umwami Faisal biri i Kigali, muri iki cyumweru byabashije gukora neza igikorwa cyo gusimbuza impyiko ku bantu batatu. Iki gikorwa gikubiye muri gahunda za Leta zigamije kugabanya ikiguzi gihenze, cyo kwivuriza mu mahanga harimo no gusimbuza impyiko zirwaye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Kurwanya Jenoside, Ibyaha by’Intambara n’Ibyibasiye Inyokomuntu (UNOSAPG) ryatangaje ko ryishimiye itabwa muri yombi rya Kayishema Fulgence wari uri mu bashakishwa cyane ku bw’uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Henshi mu Rwanda hagiye hari amazina y’ahantu ugasanga abantu benshi badasobakirwa inkomoka yayo, Kigali Today igenda ibagezaho inkomoko y’amazina atandukanye dusanga hirya no hino mu gihugu.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Mbuye, baravuga ko mu rwego rwo gukomeza gusigasira amateka, bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside, iterera umusozi wa Nzaratsi ugana ku rutare rwicirwagaho Abatutsi, wiswe Karuvariyo.
Ubwo yari yagiye gusura no gufata mu mugongo abagizweho ingaruka n’ibiza mu Karere ka Ngororero, Madamu Jeannette Kagame yababwiye ko nk’ababyeyi babazaniye ubutumwa bwo kubakomeza.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara i Las Vegas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatanu 26 Gicurasi, abateguraga ibitaramo by’umuhanzikazi Celine Dion yise ‘Courage World Tour’, bavuze ko ibitaramo byose byari birimo kugurirwa amatike ya 2023 na 2024 bisubitswe.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yasabye aborozi b’ingurube kongera umusaruro kugira ngo abana ku ishuri batangire gufungura inyama zazo, mu rwego rwo guteza imbere gahunda yo kurwanya imirire mibi.
Imibare ikubiye muri raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), yasohotse mu ntangiriro za Gicurasi uyu mwaka, yerekana ko urwego rw’ubukerarugendo rwonyine rwijnirije u Rwanda agera kuri miliyoni 445z’Amadolari ya Amerika mu 2022. Ni izamuka ringana na 171.3% ugereranyije n’ayinjiye mu 2021, kubera icyorezo cya (…)
Polisi yo muri Amerika yafashe umusore w’imyaka 19 y’amavuko uturuka muri Leta ya Missouri, nyuma y’uko atwaye ikamyo akagonga ibyuma bishyurwaho mu rwego rw’umutekano ‘security barriers’ imbere y’ibiro bya Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika.
Fulgence Kayishema, uheruka gutabwa muri yombi muri Afurika y’Epfo akekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ni umwe mu bantu bashakishwaga cyane kubera uruhurirane rw’ibyaha by’indegakamere ashinjwa gukora muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Abatuye mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko nyuma y’icyumweru bagendererwa n’abajyanama n’abafatanyabikorwa mu Mirenge iwabo, barushijeho kwiyumva mu mihigo no mu bibakorerwa.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2022, bwerekanye ko mu Rwanda abakozi batandukanye bakorera mu biro, bugarijwe n’umubyibuho ukabije.
Ikigo TECNO gicuruza ibikoresho by’ikoranabuhanga hirya no hino ku Isi, ku wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023 cyamuritse telefone zikoresha Internet igezweho ya 5G. TECNO kandi yanerekanye umuhanzi Bruce Melodie uzazibera Ambasaderi akazajya azamamaza.
Umushinga ugamije guteza imbere ubworozi bw’amatungo magufi (PRISM), ukomeje gahunda yo guhugura aborozi biganjemo abato hirya no hino mu gihugu, mu rwego rwo kubereka uburyo bateza imbere ubworozi bwabo bifashishije ibigo by’imari.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rwatangaje ko abasura Pariki z’Igihugu batazongera kugaragaza icyemezo cy’uko bimpimishije Covid-19, nk’uko byari bisanzwe.
Mu gihe habura umukino umwe ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere 2022-2023 irangire, amakipe ane ni yo azishakamo izaherekeza Espoir FC yamaze kumanuka.
Umuhanzikazi Tina Turner, ku mazina ye asanzwe nka Anna Mae Bullock; yavutse ku itariki 26 Ugushyingo 1939 mu mujyi wa Brownsville, Tennessee muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, nyuma yo gushyikirizwa Umuyoboro w’amazi ureshya na Km 5, biruhukije imvune baterwaga n’ingendo ndende bakoraga bajya kuvoma ay’ibirohwa mu bishanga n’ibidendezi byo mu mibande, yajyaga anabagiraho ingaruka zirimo no guhora barwaye indwara ziterwa n’umwanda.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS) rwatangije ibikorwa byo kubaka ikigo kizifashishwa mu gutanga amasomo y’uburere mboneragihugu, n’izindi gahunda zirimo gukumira ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’izindi zijyanye no guhugura abagororwa bitegura kurangiza igihe cyabo cyo kugororwa.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmytro Kuleba, wamushyikirije ubutumwa bwa mugenzi we Volodomyr Zelensky.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 25 Gicurasi 2023, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr. Vincent Biruta, yakiriye ndetse agirana ibiganiro na mugenzi we wa Ukraine, Dmytro Kuleba.
Mu mujyi wa Kigali hatangijwe gahunda yo kubaka imihanda yo muri Karitsiye, aho abaturage batanze 30% naho Umujyi wa Kigali utanga 70%. Guhera ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, mu Mujyi wa Kigali hatangijwe ku mugaragaro ibikorwa byo gushyira kaburimbo mu mihanda yo muri karitsiye zo mu Mujyi wa Kigali, igikorwa (…)
Nyuma y’uko Kayishema Fulgence afatiwe muri Afurika y’Epfo, umuryango uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside (IBUKA) wifuza ko azanwa mu Rwanda akaba ari ho aburanishirizwa.
Itsinda ry’abanyamuziki rikomoka muri Kenya, Sauti Sol ryakuyeho urujijo ku byavugwaga ko itandukana ryabo rishingiye ku mwuka mubi wari hagati yabo.
Imiyoboro y’amashanyarazi yubatswe kera mu Turere dutandukanye tw’Intara y’Iburasirazuba ikomeje kuvugururwa yongererwa imbaraga ku buryo ihaza abayifatiraho amashanyarazi ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi n’inganda ziciriritse.
Muri Afurika y’Epfo, icyorezo cya Cholera kimaze kwica abantu 15, abafashwe n’icyo cyorezo ni abantu hafi 100, mu gihe abagera kuri 37 bari mu bitaro mu Ntara ya Tshwane, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Mu batangabuhamya bumviswe kuwa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, mu rubanza ruregwamo uwari Umujandarume Hategekimana Philippe wamenyekanye nka Biguma, abenshi mu batangabuhamya bagaragaje uruhare rutaziguye rwa Biguma mu batutsi biciwe kuri za Bariyeri, kwitabira inama zishishikariza abahutu kwica abatutsi n’ibindi.
Mu Muremge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, hari imidugudu yiyubakiye ibyumba by’amarerero yo mu ngo, kandi ba nyiri ingo abana bahuriramo bavuga ko byabafashije.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu Kigo gishinzwe Ibidukikije (REMA), Kaminuza y’u Rwanda hamwe n’imiryango mpuzamahanga, batangije imishinga y’Ikigo Nyafurika cy’Icyitegererezo (Africa Center of Exellence for Sustainable Cooling and Cold Chain/ACES), ijyanye no gukonjesha ibiribwa byangirika vuba, imiti n’inkingo.
Minisiteri ya siporo u Rwanda yasinyanye amasezerano n’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball ku mugabane wa Afurika (FIBA-AFRICA ) yo gutegura no kwakira igikombe cya Afurika mu bagore (FIBA Women AfroBasket 2023) giteganyijwe muri Kamena 2023
Urugaga rw’abikorera (PSE) mu Karere ka Gisagara, ku wa Gatatu tariki 24 Gicurasi 2023, bibutse abari abacuruzi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banagabira inka abarokotse Jenoside batishoboye, bagamije kubafasha kwikura mu bukene.