Nyuma y’uko Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwiyemeje kwikorera iperereza ku baregwa kugira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe i Kinazi mu Karere ka Huye, bwanasize icyobo kirekire cyane cyahezemo abantu batandatu, uregwa kuba nyiri ikirombe n’abaregwa ubufatanyacyaha kimwe n’ibyo yacukuye bikomeje kuyoberana.
Abagore bayoboye ingo batishoboye bo mu Karere ka Rwamagana, batanze ubuhamya bavuga ko baretse guca inshuro, ubu bakaba batunze ingo zabo kubera ubuhinzi n’ubworozi busagurira amasoko, nyuma yo gufashwa n’umushinga wiswe KORA-WIGIRE.
Nyuma y’umwaka, umuririmbyi w’umunya-Canada Celine Dion amenye indwara arwaye, kuri ubu ntabasha gukoresha bimwe mu bice by’umubiri we (muscles).
Hirya no hino ku Isi, iyo umuntu yakoze akanitwara neza, arahembwa. Gutanga ibihembo byatangiye kera ku Isi hose. Hari ibihembo bikomeye nka Grammy Awards, Oscars, Trace Music Awards, BET Awards, Balon D’or, n’ibindi.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, aratangaza ko Abanyarwanda badakwiye guterwa ubwoba no kwakira abimukira bazava mu Gihugu cy’u Bwongereza, kuko usibye kuba u Rwanda rufite umutima wo gufasha abari mu kaga, abo bimukira bazanagira uruhare mu iterambere ry’Igihugu.
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Ruhengeri buvuga ko ababigana, batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kutanogerwa na serivisi bitewe n’uburyo bishaje kandi bikaba ari na bitoya, ngo iki kibazo kiri mu nzira yo gukemuka vuba, kuko ubu hamaze kuboneka ingengo y’Imari izifashishwa mu kubyubaka mu buryo bugezweho.
Muri Tanzania, abarwayi bafite ibibazo byo kuziba imitsi ijyana amaraso mu mutima, batangiye gukorerwa ubuvuzi budasaba ko babagwa agatuza ngo bagafungure, ni ubuvuzi bushya bwatangiye gukorerwa mu kigo cyitwa ‘Jakaya Kikwete Cardiac Institute (JKCI)’ gisanzwe gitanga ubuvuzi bw’umutima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’abafatanyabikorwa bako mu iterambere (JADF), bafashe ingamba nshya zo kurandura ubukene bukabije mu baturage ku buryo burambye.
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Umutoni Alice, arasaba abagize umuryango kwimika ibiganiro bidaheza abana, kuko aribo bazi ibibabangamiye bifuza gufashwa kunyuramo.”
Urukiko rwa rubanda rwo mu Bubiligi rwarangije igice cya mbere kijyanye no kureba ibyaha bihamwa abaregwa, maze rwemeza ko Séraphin Twahirwa na Pierre Basabose, bahamwa n’ibyaha bya Jenoside.
Ikigega gishinzwe guteza imbere imishinga mito n’iciriritse (BDF), kigiye gufasha Abanyarwanda bafite imishinga y’ubuhinzi ariko bahura n’ikibazo cyo kubura ingwate, kugira ngo babone inguzanyo mu mabanki.
Inzobere mu by’ubuzima zivuga ko kwicara umwanya munini umuntu adahaguruka bigira ingaruka ku mubiri, zirimo kurwara indwara zitandukanye nk’umugongo n’izindi.
Umuyobozi mushya w’Akarere ka Gakenke, Mukandayisenga Vestine, arishimira icyizere aherutse kugirirwa atorerwa kuyobora ako karere, akaba yemeza ko bishobora kumubera ikiraro kimuhuza n’Umukuru w’Igihugu ahora arota kuzamusuhuza imbonankubone.
Nyuma y’imyaka 10 uruganda rwatunganyaga ibishyimbo rw’i Huye (Rwanda Agri Business Industries/RABI) rufunze imiryango, rwongeye gufungura imiryango nyuma yo kugurwa na rwiyemezamirimo waruhaye irindi zina rya CONAFO (Cooked Natural Food).
Sosiyete ifite uburambe mu by’ikoranabuhanga yitwa Qualcomm, muri uku kwezi k’Ukuboza 2023 yasoje umwaka wa mbere imaze ifasha ba rwiyemezamirimo b’Abanyafurika bahanze udushya, aho bahawe amahugurwa, bafashwa kunoza imishinga yabo, mu rwego rwo guteza imbere no gushyigikira imishinga mishya y’ikoranabuhanga ku mugabane wa (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu ntera Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Gen Mubarakh Muganga, amuha ipeti rya General.
Umutoza w’ikipe ya Musanze FC, Habimana Sosthène na kapiteni wayo Ntijyinama Patrick, bavuga ko bakabaye bararangije imikino ibanza ya shampiyona ari aba mbere, gusa ko nanone bishimira ibyo bakoze.
Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, irihanangiriza abantu batunze imbwa mu ngo zabo batabifitiye ubushobozi, ibyo bikazitera kuzerera ari byo bitera ingaruka zo kurya abantu n’amatungo.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Mata buvuga ko bubangamiwe n’uko imihanda ihagera iturutse ku minini ya Kaburimbo imeze nabi, bituma amakamyo ajyana amajyane batunganyije i Mombasa apakirira i Kibeho.
Imibare iheruka iragaragaza ko umutingito wabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri tariki 19 Ukuboza 2023, mu ntara ya Gansu, iherereye mu majyaruguru y’Uburengerazuba bw’u Bushinwa, umaze guhitana abantu basaga 128, ndetse ukaba wangije n’ibikorwa remezo byinshi.
Polisi y’u Rwanda hamwe n’Ishyirahamwe ry’Ibigo bitwara abagenzi mu Rwanda (ATPR), basezeranye ko muri izi mpera z’umwaka hatakongera kuboneka umubyigano w’abantu benshi, ukunze guteza bamwe kurara muri gare ya Nyabugogo.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko bisi zari zitegerejwe zagombaga kuza muri uyu mwaka zamaze kuhagera, mu rwego rwo korohereza abagenzi mu ngendo mu Mujyi wa Kigali.
Dr Munyemana Sosthène wamenyekanye ku izina ry’Umubazi wa Tumba, akaba yari akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ubufatanyacyaha muri ibyo byaha, yahamwe n’ibyaha bya Jenoside, n’ibyaha byibasiye inyokomuntu. Munyemana akatiwe igifungo cy’imyaka 24, akaba yemerewe kujurira mu minsi 10 uhereye (…)
Abahagarariye inzego zitandukanye zirimo iza Leta, izigenga n’abafatanyabikorwa batandukanye, bahuriye mu biganiro tariki 19 Ukuboza 2023, mu rwego rwo kurebera hamwe uko gahunda yo gufasha abafite ubumuga bikorewe mu miryango bakomokamo cyangwa aho batuye, yarushaho kongerwamo ingufu.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuye mu mirenge itandukanye banenze uburyo ubuyobozi bwo mu mirenge bwabatse amafaranga ya Ejo Heza, n’ay’ubwisungane mu kwivuza (mituweli) bizezwa telefone z’ubuntu, nyamara bajya kuzifata bagacibwa ibihumbi 20 Frw.
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko u Rwanda rutiteguye gusubiza ku mugambo ya Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Antoine Félix Tshisekedi, ushinja u Rwanda gutera Igihugu cye, agatuka Perezida w’u Rwanda, ndetse akagambirira gushora intambara ku Rwanda.
Ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DGM) bwasabye urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri iki gihugu gufunga imipaka mu gihe kiba kiri mu matora.
Ambasaderi Nikobisanzwe Claude yasezeye kuri Perezida wa Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, nyuma yo gusoza inshingano ze zo guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.
Ubuyobozi bwa Croix Rouge y’u Rwanda butangaza ko mu myaka itatu bwafashije impunzi ziri mu nkambi ya Kiziba mu Karere ka Karongi na Nyabiheke mu Karere ka Gatsibo kugira imibereho myiza, binyuze mu bikorwa byo kububakira ubwiherero, imodoka y’imbangukiragutabara n’imirima yo guhinga.
Ni ibyatangarijwe mu rukiko rwa Rubanda i Paris mu Bufaransa, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Ukuboza 2023.
Abarimu bakorana na Koperative Umwalimu SACCO barasaba ko inguzanyo ku mushahara bahabwa, yahuzwa n’umushahara wabo, kuko abasaba izo nguzanyo bemererwa atarenze miliyoni eshatu n’igice gusa.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Djibouti, Major General (Rtd) Charles Karamba yashyikirije Perezida Ismail Omar Guelleh, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakorera mu Karere ka Muhanga, baratangaza ko bagiye gutangira gutera inkunga ikipe ya AS Muhanga yamanutse ikajya mu cyiciro cya kabiri.
Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yazamuye mu Ntera abasirikare, bahabwa amapeti guhera ku bari bafite irya Brigadier General bagizwe Major General.
Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane y’u Rwanda (MINAFFET), yatangaje ko u Rwanda n’u Budage bifuza kwagura ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo inganda, ubuzima, ubucuruzi n’ishoramari.
Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo, yitandukanyije n’ishyaka rya ANC, ashinga irindi shyaka rishya yise ‘Umkhonto we Sizwe (MK)’ bishatse kuvuga ‘intwaro y’igihugu’.
Perezida Paul Kagame yavuze ko umugabane wa Afurika utazakomeza gushingira cyane ku gutumiza imiti n’inkingo mu mahanga ahubwo ko bigomba guhinduka hagashakwa ibisubizo by’igihe kirekire hubakwa inganda ndetse no guteza imbere siyansi.
Nyuma y’uko Ubushinjacyaha busubiye byimbitse mu bikorwa bya Dr Munyemana Sosthène, by’umwihariko mu gihe cya Jenoside, bwagaragaje uruhare yagize mu kurimbura Abatutsi bari barafungiranwe kuri Segiteri, maze bumusabira gufungwa imyaka mirongo 30.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 18 Ukubiza 2023, amakipe y’Igihugu mu mukino wa volleyball yo ku mucanga, yerekeje muri Kenya mu irushanwa ryo gushaka itike y’imikino Olempike ya 2024 izabera mu Bufaransa.
Abashinzwe amatora muri Egypt (Misiri), kuri uyu wa Mbere tariki 18 Ukuboza 2023, batangaje ko Perezida Abdel Fattah al-Sisi, yegukanye intsinzi mu matora ya Perezida wa Repubulika n’amajwi 89.6 %, akaba agiye kongera kuyobora iki gihugu muri manda ya 3 izamara imyaka 6.
Abantu 18 bafunzwe bakekwaho gucuruza inzoga z’ibiyobwenge harimo Zebra Waragi ndetse kanyanga, bakaba barafashwe mu minsi ibiri gusa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buherutse gutangaza ko hari ibiti byera imbuto ziribwa n’ibivangwa n’imyaka bisaga ibihumbi 700 bigenewe abaturage bigomba gutangwa bitarenze uku kwezi k’Ukuboza 2023, mu rwego rwo gufasha abaturage kongera umusaruro w’imbuto no kwiteza imbere.
Abanyamakuru basaga 60 ni bo bamaze kugwa mu rugamba ruhanganishije Israel na Hamas kuva rwatangira ku itariki ya 7 ukwakira 2023, nk’uko bitangazwa n’imiryango mpuzamahanga itandukanye irimo Comité pour la protection des journalistes (CPJ) na Fédération internationale des journalists (FIJ).
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko hambere byavuzwe ko umugabane wa Afurika udashobora kubona inkingo zo mu bwoko bwa mRNA, ndetse ko u Rwanda rutangira uyu mushinga byavugwaga ko bizasaba gutegereza imyaka 30.
Uganda, umusaza w’imyaka 110 ari mu maboko y’inzego z’umutekano akurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 109 akoresheje indobani, amuziza ko yari yanze ko batera akabariro.
Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango Nyafurika uteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti (African Pharmaceutical Techinology Foundation (APTF), basinyanye amasezerano yo kwakira icyicaro gikuru cy’Ikigo Nyafurika giteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti muri Afurika.
Igitaramo cya Chorale de Kigali cyabaye ku mugoroba wo ku itariki ya 17 Ukuboza 2023 cyitabiriwe n’imbaga y’abantu batandukanye barimo na ba Minisitiri n’abandi bayobozi bo mu nzego za Leta.
Kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2023 ni bwo Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (AERG), wizihije isabukuru y’imyaka 27 umaze ushinzwe.
Muri tombola y’uko amakipe azahura muri 1/8 cy’imikino ya UEFA Champipns League, ikipe ya Arsenal itaherukaga kugera muri iki cyiciro izahura na FC Porto yo muri Portugal
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Maroc bahuriye hamwe, mu rwego rwo kwakira ndetse no kuganira na Ambassaderi mushya w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc, Madamu Shakilla Kazimbaya Umutoni.