Mu myaka 29 ishize, inkuru n’ubuhamya bivuga ku iyicwa ry’Abatutsi kuri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, zivuga ko iyi paruwasi yayoborwaga na Padiri Wenceslas Munyeshyaka, ariko si ko biri.
DASSO nk’Urwego rw’umutekano rwunganira Akarere, muri Sitati nshya y’urwo rwego nk’uko ishyirwaho na Minisitiri w’Intebe, hari bimwe byahindutse mu rwego rwo gufasha urwo rwego kurushaho kunoza imikorere.
Mu mugezi wa Mukungwa, mu Kagari ka Kabirizi, Umurenge wa Gacaca, habotetse umurambo w’umugabo utahise umenyekana umwirondoro we.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko niyo wahura n’ibicantege bingana bite, udakwiriye kwemera ko bigutsikamira ugahera hasi, avuga ko ibyo abihera ku kuba hari abatangazwa n’aho u Rwanda rugeze, nyamara batarabitekerezaga.
Abahinzi b’icyayi mu Karere ka Rubavu bavuga ko bakomeje guhura n’igihombo cyatewe n’ibiza byatumye uruganda rwa Pfunda ruhagarara, bakaba bajyana umusaruro ku ruganda rwa Nyabihu.
U Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (HCR), byasinye amasezerano yo gushakira igisubizo kirambye ikibazo cy’impunzi mu bihugu byombi, no gushyira mu bikorwa ibyemejwe mu masezerano ya 2010.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi uwitwa Habimana Jean Felix ukekwaho kwica abantu babiri.
Perezida Kagame yashimiye abayobozi n’inshuti bihanganishije u Rwanda nyuma y’aho ibiza biteje imyuzure n’inkangu. Ni ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye hagati ya tariki 2-5 Gicurasi 2023, iteza imyuzure n’inkangu byatwaye ubuzima bw’abaturage bagera ku 135.
Mu mpera z’icyumweru gishize, mu Karere ka Nyaruguru hasojwe irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu mukino ukomatanyije unzwi nka Triathlon ryiswe ‘Race to Remember Nyaruguru Duathlon Challenge 2023’, aho Ngendahayo Jérémie na Mutimukeye Saidat bari mu bitwaye neza.
Mu minsi yakurikiye itariki ya 1 Ukwakira 1990, Inkotanyi zimaze gutangiza urugamba rwo kubohora u Rwanda, nibwo Padiri Munyeshyaka Wenceslas yimuriwe muri Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu (Sainte Famille), mu Karere ka Nyarugenge.
Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan, avuga ko gukemura ikibazo cy’ubushomeri bisaba ubufatanye hagati y’inzego zitandukanye, by’umwihariko iza Leta n’iz’abikorera, kugira ngo uburezi n’ubumenyi butangwa buhuzwe n’ubukenewe ku isoko ry’umurimo muri iki gihe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko imihanda ya Kaburimbo ireshya na kilometero 12, yubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi, ishobora kuba yuzuye bitarenze Gicurasi 2023, kuko icyiciro cyayo cya nyuma kireshya na kilometero esheshatu, kigeze kuri 75% gikorwa.
Umugabo witwa Ndahiro John yapfiriye mu nzu, nyuma yo gusaba ko bamuhamagarira ubuyobozi kuko yumvaga ngo agiye gupfa. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Rwagitanga, Akagari ka Nyakabanda I, Umurenge wa Nyakabanda, mu ijoro ku Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023.
Aba DASSO babiri, umushoferi utwara imodoka y’Akarere ka Rutsiro n’abandi bakozi 2 b’Akarere, batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho kwiba imfashanyo yagenewe imiryango yibasiwe n’ibiza.
Kuri uyu wa Mbere, Inama y’Inteko rusange idasanzwe yateranye, yemeje ko Habyarimana Marcel Matiku ari we ukomeza kuyobora FERWAFA mu gihe kingana n’iminsi 39.
Umukobwa w’imyaka 12 y’amavuko yapfiriye mu kigo cy’ishuri yigagamo, nyuma y’icyumweru yari amaze aharwariye. Uwo mukobwa witwa Umuhire Ange Cecile, yigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye muri Ecole des Sciences de Musanze, ikigo cy’Amashuri giherereye mu Karere ka Musanze.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), rwakusanyije inkunga y’asaga miliyoni 50Frw, agenewe gufasha abashegeshwe n’ibiza, byagiririye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.
Abazwi nk’Imboni z’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ndetse na Tanzaniya, bavuga ko bashyize imbaraga mu kurwanya iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge na magendu (ibicuruzwa byinjizwa bidasoze) kuko iyo binyuze ku mupaka bigasora, amafaranga abivuyemo ari yo agaruka akubaka Igihugu.
Umugore w’imyaka 22 wo mu Kagari ka Bisoke mu Murenge wa Kinigi Akarere ka Musanze, yanyweye tiyoda ashaka kwiyahura atabarwa itaramuhitana, ajywanwa kwa muganga, nyuma aza gutaha yorohewe.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA), irashimira abakomeje gutabara abahuye n’ibiza, aho ikomeje kwakira inkunga zinyuranye umunsi ku wundi, harimo n’imifuka 1,280 ya Sima yakiriye ku Cyumweru tari 14 Gicurasi 2023.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yasabye urubyiruko kutajya mu murengwe ngo bibagirwe aho u Rwanda rwavuye, ahubwo abashishikariza guharanira ishyaka ry’Igihugu abagituye bose bigengamo kandi abanyamahanga bakabana neza n’abenegihugu.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya Shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu mupira w’amaguru w’abagore itsinze ikipe y’Indahangarwa kuri penariti 4-3 mu mukino warangiye ari igitego 1-1 kuri Stade ya Bugesera.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, hamwe na Antoine Cardinal Kambanda, basuye Habarurema aho yari arwariye mu bitaro bya Ruli, nyuma yo kumara iminsi ibiri yaragwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro akagikurwamo akiri muzima.
Itariki ya 2 Gicurasi 2023 ni umunsi utazava mu mutwe urugo rwa Nteziyaremye Feza na nyakwigendera Mukamanzi Genereuse. Ibiza byabaye kuri iyo tariki ishyira iya 3 Gicurasi byasize amatongo ahari hatuye uyu muryango n’urwibutso rw’umwana w’amezi atandatu Nteziyaremye yasigiwe n’uwo bari barashakanye watwawe n’umwuzure.
Uhagarariye Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Afurika y’Epfo, yahamagajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Afurika y’Epfo, Naledi Pandor, nyuma y’uko yavuze ko abizi neza ko ubwato bw’u Burusiya bwaje gufata intwaro muri Afurika y’Epfo.
Kuri iki Cyumweru tariki 14 Gicurasi 2023, ikipe ya APR FC yatsinze Kiyovu Sports ibitego 2-1 mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro wabereye kuri Kigali Pelé Stadium igera ku mukino wa nyuma.
Umuryango w’Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda, bahuriye i Dubai mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Urwego rushinzwe Uburezi mu Rwanda (REB) hamwe n’abafatanyabikorwa, bizihije Umunsi mpuzamahanga w’Umugore mu Mibare ku wa 12 Gicurasi 2023, bakoresha abana ikizamini cy’iryo somo mu mashuri 15 yo mu turere tugize Umujyi wa Kigali.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Gicurasi Isi yizihije umunsi wahariwe umubyeyi w’umugore. Madamu Jeannette Kagame yashimiye ubwitange n’umutima w’abo babyeyi.
Mu gihe hasigaye umwaka umwe gusa ngo harebwe ibyagezweho muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha Iterambere (NST1), ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buvuga ko mu bikiri kure yo kugerwaho harimo gukura abaturage mu bukene, bityo bugasaba abafatanyabikorwa kubafasha muri uru rugamba.
Nyirabarame Epiphanie ni umwe mu Banyarwandakazi bagiriye ibihe byiza mu isiganwa ry’amaguru, atwara imidari myinshi ya zahabu mu marushanwa yo kwiruka yagiye abera mu Rwanda no mu mahanga.
Abakozi bo mu bitaro bya Kibilizi biherereye mu Karere ka Gisagara, bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, banaremera uwayirokotse wo mu gace biherereyemo, mu rwego rwo kumufasha kwigira.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr. Faustin Ntezilyayo, avuga ko n’ubwo gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga mu nkiko bigeze ku gipimo cyiza ariko nanone bifuza ko umuturage ashobora kuburana atageze ku rukiko hagamijwe kugabanya ingendo ndetse no gutanga ubutabera bwihuse.
Uwizeye Jean de Dieu wari warabaswe n’inyigisho z’ingengabitekerezo ya Jenoside aratangaza ko yanze buruse ya Leta yari yahawe, ngo kubera ko atari yizeye kubona akazi keza kuri Leta y’Inkotanyi, ahubwo akumva ko aramutse yize akaminuza zazamwica.
Ku mugoroba tariki ya 12 Gicurasi 2023, i Nyagatare habaye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abari batuye mu yahoze ari Komini Muvumba.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yabwiye abaforomo n’ababyaza bakorera mu ivuriro rya Ruli mu Karere ka Gakenke ko Leta irimo itekereza icyo bakora mu kubongerera ubushobozi kugira ngo barusheho kunoza umurimo bakora wo kuvura abarwayi.
Imiryango itari iya Leta ikorera mu Rwanda, yamuritse ibyo yagezeho nk’uruhare rwayo mu iterambere ry’Igihugu. Yabigaragarije mu imurikabikorwa ryabaye tariki 12 Gicurasi 2023, mu gikorwa cyateguwe n’Urwego rw’Igihugu rw’imiyoborere (RGB), n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP) ku bufatanye n’Ihuriro (…)
Perezida Paul Kagame, Kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Gicurasi 2023 yakiriye Lord Popat, Intumwa y’u Bwongereza mu by’ubucuruzi, hamwe n’itsinda bari kumwe mu ruzinduko mu Rwanda mu rwego rwo kureba amahirwe ahari mu ishoramari.
Mu isambu ya Paruwasi ya Mibilizi mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Gashonga, Akagari ka Karemereye, Umudugudu wa Mibilizi, hakomeje kuboneka imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.
Kuri uyu wa Gatandatu, ikipe ya Rayon Sports isezereye Mukura VS ikatisha itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yaherukaga gukina 2018.
Inama y’Igihugu y’Abaforomokazi, Abaforomo n’Ababyaza (NCNM) yizihije Umunsi mpuzamahanga wahariwe Abaforomo, yamagana abo ivuga ko bakinira ku buzima bw’abantu, nyuma yo gufatanwa ibyangombwa byo gukora by’ibihimbano.
Abatuye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye bavuga ko ntako ubuyobozi butagize ngo bushakishe abagwiriwe n’ikirombe baturiye, bakanifuza impozamarira ku babuze ababo
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Santarafurika zashyikirije Minisiteri y’Uburezi ibyumba bitandatu (6) zubatse kuri Ecole Kina.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ritangaza ko umwanya wa kabiri muri shampiyona y’icyiciro cya mbere utazongera guhesha ikipe gusohokera u Rwanda muri CAF Confederation Cup ahubwo hazajya harebwa abitwaye neza mu gikombe cy’Amahoro.
Elon Musk nyiri Twitter, yatangaje ko yabonye umuntu ugiye kuba umuyobozi mushya (CEO) wa Twiitter n’ubwo atavuze amazina ye. Yavuze ko we azahita ajya ku mwanya w’umuyobozi mukuru w’ibijyanye n’ikoranabuhanga kuri urwo rubuga nkoranyambaga rwa Twitter mu byumweru bikeya biri imbere.
Impera z’iki cyumweru zitezweho byinshi mu mupira w’amaguru wo mu Rwanda, ahateganyijwe kumenyekana amakipe azazamuka mu cyiciro cya mbere ndetse no gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro.
Mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino wa Volleyball muri Afurika 2023 CAVB club championship ikomeje kubera mu gihugu cya Tunisia, ikipe ya APR y’abagore ntiyahiriwe no gutangira kuko yatsinzwe n’igihanganjye cyo mu misiri Zamalek.