Abayoboke b’Itorero ADEPR muri Paruwasi ya Gasave ku Gisozi mu Karere ka Gasabo bahuriye mu rusengero bamwe barokokeyemo, bibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Intumwa ziturutse mu gihugu cya Djibouti na Ethiopia, zagiriye urugendoshuri mu Karere ka Gicumbi, aho rugamije kwigira ku Rwanda gahunda zigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, zirimo VUP na Girinka.
Ikipe ya Mukura VS yegukanye umwanya wa gatatu w’Igikombe cy’Amahoro itsinze Kiyovu Sports igitego kimwe ku busa cyo ku munota wa nyuma
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 03 Kamena 2023, ikipe ya Rayon Sports iracakirana na APR FC ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2023 kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Nkurunziza Faustin, yatangaje ko imibiri y’abantu 12 bafite mu nyubako y’Akagari yabonetse muri 2019, muri Santere ya Mizingo, itinda gushyingurwa kuko babanje gushakisha amakuru kuri iyo mibiri kubera ko hari abavugaga ko ari iy’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, (…)
Nzabonimpa Innocent wari utuye mu Mudugudu wa Buruha, Akagari ka Mukondo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, yapfushije abana bane bahitanywe n’inkangu yagwiriye inzu, mu biza byabaye tariki 3 Gicurasi 2023 saa munani z’ijoro.
Abantu benshi barimo n’abajijutse, iyo bumvise Prostate bumva kanseri, nyamara si ko biri, kuko kanseri ni imwe mu ndwara zifata urugingo rwa Prostate.
Perezida wa Santarafurika, Prof. Faustin Archange Touadéra, yagiranye ibiganiro n’inzego z’umutekano z’u Rwanda zifatanyije n’izi iki gihugu ziri mu murwa mukuru, Bangui.
Perezida Paul Kagame yageze i Ankara muri Turukiya, aho azifatanya n’abandi bayobozi bitabiriye irahira rya Perezida, Recep Tayyip Erdoğan kuri uyu wa Gatandatu.
Impanuka ya Gariyamoshi yabereye mu Burasirazuba bw’u Buhinde, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Kamena 2023, yahitanye abantu bagera kuri 50 abandi benshi bagakomereka.
Abashoramari batandukanye mu Rwanda baravuga ko kwitinya no kutagira ubumenyi buhagije ku isoko rusange rya Afurika (AfCFTA), ari kimwe mu mbogamizi zituma batarashobora kuryibonamo ku bwinshi.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Dr Faustin Ntezilyayo, yatangije mu Rwanda Ishami ry’Ikigo Mpuzamahanga cy’Abakemurampaka cyitwa Ciarb (gifite icyicaro mu Bwongereza), cyitezweho kwihutisha imanza z’ubucuruzi bitabaye ngombwa kujya mu nkiko.
Minisitiri w’ubuzima Dr Sabin Nsanzimana yatanze inyigisho ku babyeyi zizabafasha kurera neza abana babo bagakura nta bibazo bafite ku mubiri no mu mitekerereze yabo.
Mu Karere ka Nyaruguru hari abaturiye ibishanga byatunganyijwe byagombaga guterwamo ibirayi ubu babuze imbuto yo kubiteramo kuko imbuto yabaye nkeya.
Hashize imyaka 40 Virusi itera SIDA(VIH/SIDA) ivumbuwe n’itsinda ry’abashakashatsi b’Abafaransa ari bo Françoise Barré-Sinoussi, Jean-Claude Chermann na Luc Montagnier, bo mu Kigo cyitwa Institut Pasteur.
Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda Dr Sabin Nsanzimana yatorewe kuba Umuyobozi wungirije w’ikigega gishinzwe gukumira, kurinda, kurwanya no guhangana n’indwara z’ibyorezo (The Pandemic Fund).
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari ku gasozi ka Nyamiyaga, bavuga ko bahahungiye bakurikiyeyo amaboko yabakiza abicanyi, gusa ngo ntibyabahiriye.
Shema Gaz Methane Power Plant ni urugomero rw’amashanyarazi ruyabyaza umusaruro akomotse kuri Gaz Methane iri mu Kiyaga cya Kivu, uru rugomero rukaba rugeze ku kigero cya 95% rwubakwa na sosiyete y’abongereza yitwa Shema Power Lake Kivu Ltd (SPLK), ndetse rukaba ruri kubakwa mu Kagari ka Busoro, Umurenge wa Nyamyumba, (…)
Lionel Messi azakina umukino we wa nyuma muri Paris Saint-Germain (PSG), kuri uyu wa Gatandatu nk’uko byatangajwe n’umutoza w’iyi kipe Christophe Galtier kuri uyu wa Kane tariki ya 1 Kamena 2023.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Emmanuel Murwanashyaka, avuga ko nta mpungenge zo kumaraho amashyamba haterewa icyayi, kuko hari amashyamba mashyashya bagenda batera ndetse n’andi bafite mu mishinga, kandi n’icyayi gifata ubutaka.
Mu Kagari ka Mukuge ho mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, hari abagabo babanaga n’abagore babo mu makimbirane ubu babicitseho babikesha kuba basigaye bagirana inama mu kagoroba bishyiriyeho, akagoroba banahuriramo bakizigamira bakanagurizanya.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 1 Kamena 2023, aborozi bo mu Rwanda bifatanyuije n’abatuye isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kunywa amata.
Muri Amerika, Urukiko rwa California rwarekuye umugabo wari umaze imyaka 33 afunzwe, nyuma yo kumwibeshyaho agafungirwa icyaha atakoze.
Televiziyo Mpuzamahanga y’Imyidagaduro ya Trace Africa, ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, batangaje ko bwa mbere mu Rwanda hagiye gutangirwa ibihembo byiswe Trace Awards and Festival Africa ku banyamuziki batandukanye bo hirya no hino muri Afurika.
Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, ubu ameze neza, nyuma yo gutsitara akitura hasi, ubwo yari mu muhango wo gutanga impamyabumenyi, ku ishuri ry’Igisirikare kirwanira mu kirere, ryo muri Leta ya Colorado.
Umutoza w’Amavubi Carlos Ferrer yasobanuye ko imwe mu mpamvu atahamagaye Haruna Niyonzima mu bakinnyi bitegura umukino wa Mozambique ari uko ari umukinnyi akunda gushyiraho amategeko y’uko ikipe yakina.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangaje ko isesengura ry’agateganyo, rigaragaza ko hakenewe Amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyari 296 kugira ngo basubiranye ibyangijwe n’ibiza.
Mu mpera z’iki cyumweru mu Rwanda harakinwa imikino yo kwibuka abari abakunzi, abakinnyi ndetse n’abayobozi mu makipe atandukanye ya Handball, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubuzima muri Zanzibar yatesheje agaciro impapuro zemerera umuforomo n’abaganga gukora umwuga w’ubuvuzi, nyuma y’uko bahamijwe kugira uburangare n’imyitwarire itari iya kinyamwuga, bikavamo urupfu rw’umugore utwite ndetse n’umwana we mu byumweru bibiri bishize, ku Bitaro bikuru bya ‘Mnazi Mmoja referral hospital’.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahakanye amakuru avuga ko ahantu hacumbikiwe abagizweho ingaruka n’ibiza hagaragaye indwara ya Kolera, yemeza ko kugeza ubu nta hantu hacumbikiwe abagizweho ingaruka n’ibiza haragaragara icyo cyorezo.
Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Kugenzura Imikorere y’Inzego zimwe z’Imirimo ifitiye Igihugu Akamaro (RURA), rwatangaje ko guhera ku itariki ya 2 Kamena 2023 ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bitangira kubahirizwa guhera saa moya (19:00) z’ijoro.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 1 Kamena 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bari muri Amman mu murwa mukuru w’Ubwami bw’Igihugu cya Jordania, aho kuri iki gicamunsi bifatanyije n’abandi bayobozi bo hirya no hino ku Isi mu gutaha ubukwe bw’Igikomangoma cya Jordania Al Hussein bin (…)
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC) gitangaza ko kutivuza indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina ku gihe kandi neza bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu zirimo n’ubugumba.
Urwego ngenzuramikorere RURA rutangaza ko ibibazo byose byagaragajwe n’abamotari byahawe umurongo ndetse ibyinshi birimo biragana ku musozo, ku buryo byose bizaba byakemutse muri uyu mwaka.
Muri Tanzania, ahitwa Musoma, umugabo w’imyaka 60 witwa Msirari Muhere yahanishijwe gufungwa imyaka irindwi (7), nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwanduza ku bushake Virusi itera SIDA umwana w’umugore we, umwana wandujwe SIDA, afite imyaka itandatu. Uwanzuro w’Urukiko watangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki 31 (…)
Bienvenue Redemptus wakoreye igihe kinini Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Igihozo Divine bari bamaze imyaka itatu mu munyenga w’urukundo.
Muri Uganda, gucuruza ingingo z’abantu ngo ni ibintu bibaho cyane, aho usanga hari abagore bitangazwa ko babazwe bitari ngombwa, bagakurwamo ingingo runaka, ariko ubu bikaba byahawe umurongo kubera iryo tegeko ryatowe.
Umusore w’imyaka 22 yafatiwe mu cyuho mu Karere ka Ngororero, agerageza gukorera undi muntu ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga hifashishijwe mudasobwa.
Kuri uyu wa Kane umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Carlos Ferrer yahamagaye abakinnyi 28 bagiye kwitegura umukino w’umunsi wa gatanu w’amatsinda yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika 2023 izakiramo Mozambique.
Nyuma y’ibiganiro bamaze ibyumweru 15 bagirana mu matsinda yo muri gahunda ya Mvura Nkuvure, bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abayigizemo uruhare kimwe n’abakomoka ku miryango yabo mu Karere ka Nyabihu, bahamya ko byabafashije kwigobotora ingoyi y’amoko, babasha gukira ibikomere, aho kuri ubu babanye batishishanya.
Mu rwego rwo kubungabunga ku buryo burambye amateka y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko mu gace ka Bukonya, ku wa Gatatu tariki ya 31 Gicurasi 2023, Paruwasi Gatolika ya Janja mu Karere ka Gakenke, yafunguye isomero rigamije gusigasira amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Imikino y’Abakozi mu Rwanda (ARPST) ryateguye irushanwa ryo kwibuka abari abakozi bishwe muri Jenosode yakorewe Abatutsi mu 1994 riteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru.
Ikigo mpuzamahanga mu bijyanye no kwakira inama, ‘International Congress and Convention Association’ (ICCA), cyashyzize umurwa mukuru w’u Rwanda, Kigali, ku mwanya wa kabiri mu kuba igicumbi cy’inama n’ibindi birori muri Afurika. Ni umwanya Umujyi wa Kigali ubanzirizwaho n’uwa Cape Town yo muri Afurika y’Epfo, iyoboye (…)
Kuva tariki ya 10-11 Kamena, mu Karere ka Huye muri Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare, harongera guhurira ibihanganjye mu mukino wa Volleyball mu irushanwa ngarukamwaka ryitiriwe kwibuka nyakwigendera Alphonse Rutsindura (Memorial Rutsindura), irushanwa rizaba ku nshuro ya 19.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), kivuga ko Intara y’Iburasirazuba, Umujyi wa Kigali n’ahandi henshi mu Majyepfo, hateganyijwe imvura nke iri munsi ya milimetero 10 muri uku kwezi kwa Kamena 2023.
Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, ibinyujije mu muryango w’Abashinwa witwa ‘Warm Children’s Hearts’ (bishatse mu Kinyarwanda ngo ‘Susurutsa imitima y’abana’), ukorera muri Afurika, watanze ibiribwa, ibikoresho by’isuku, ibikoresho by’ishuri bigenewe abana bafite ibibazo bitandukanye barererwa mu kigo cyitwa ‘Inshuti (…)
Perezida mushya wa Mukura VS, Nyirigira Yves avuga ko bimwe mu byo yizeza abakunzi b’ikipe ya Mukura VS harimo no kuba bakwegukana igikombe cya shampiyona.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yibutsa aborozi b’inkoko ko hari gahunda ya Leta yitwa PSTA4 ibasaba kuzamura umusaruro w’amagi, ukikuba inshuro zirenze ebyiri bitarenze umwaka utaha wa 2024, n’ubwo bataka ko bahendwa n’ibiryo byazo.
Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yateranye ku wa Gatatu tariki 31 Gicurasi 2023 i Bujumbura mu Burundi, yiga ku kibazo cy’umutekano muke wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yemeje ko umutwe wa M23 ujyanwa mu kigo cya Rumangabo, nyuma yo gushyira (…)
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (RP) na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), batanze impamyabumenyi ku barangije kwiga muri za IPRCs (amakoleji agize RP), barimo uwatangiye umushinga wo gukora imbaho mu bisigazwa bya pulasitiki n’ibarizo.