Imvura nyinshi yaguye muri Haiti mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Kamena, imaze guhitana ubuzima bw’abantu 51 abandi 140 barakomereka, mu gihe abandi 18 baburiwe irengero nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa ‘Civil Protection Directorate’.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, yabwiye Kigali Today ko tariki 7 Kamena 2023, umuturage yatoraguye imbunda ebyiri mu murima ahinga, zishyikirizwa inzego z’umutekano.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, barasaba ko bajya batumirwa mu nteko z’abaturage mu mirenge, kugira ngo na bo bagire uruhare mu bitekerezo bitangwa.
Imiryango 100 iheruka kwibasirwa n’ibiza yo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, yashyikirijwe ibiribwa, imyambaro n’ibikoresho by’ibanze byo kubunganira mu mibereho no kubafasha guhangana n’ingaruka ibyo biza byabasigiye.
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Repubulika ya Santarafurika, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro(MINUSCA).
Bamwe mu bacumbikiwe muri Site y’Inyemeramihigo mu Murenge wa Rugerero, Akarere ka Rubavu, baremeza ko ibiza byatandukanyije abashakanye, aho umugabo akumbura umugore we n’ubwo baba mu nkambi imwe.
Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023, itsinda riturutse mu Ngabo z’u Bufaransa (FAF) riyobowe na Brig Gen Fabien Kuzniak, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutwererane n’Amahanga, ryatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Repubulika ya Santarafurika, Prof. Faustin-Archange Touadéra, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye mugenzi we ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Madamu Ann Monique Huss, ari kumwe n’abafatanyabikorwa batandukanye, batangije ubukangurambaga bwo kwita ku ngo mbonezamikurire (ECDs) mu Karere ka Kicukiro ndetse no gutegura indyo yuzuye.
Imiriro y’Impeshyi yibasiye amashyamba mu Ntara ya Quebec muri Canada yateje imyotsi myinshi yijimisha ikirere cya Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), binateza abantu guhumeka umwuka mubi.
Lt Col Simon Kabera wagizwe Umuvugizi Wungirije w’ Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Kane tariki 8 Kamena 2023, afite imyaka 50 y’amavuko, kuko yavutse mu 1973. Yavukiye muri Uganda, akomoka ku babyeyi b’Abanyarwanda bari barahungiye muri Uganda mu 1962.
Kubera ikibazo cy’ingengo y’imari idahagije, Komite mpuzamahanga ya Croix Rouge (ICRC), igiye gufunga amashami yayo 26 muri 350 ifite hirya no hino ku Isi, ndetse inirukane abakozi bayo 1800 kubera ikibazo cy’amikoro.
Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yatangaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni bamusanzemo COVID-19, ariko ngo nta bibazo by’ubuzima afite ndetse ngo akomeje imirimo ye nk’ibisanzwe mu gihe arimo kwitabwaho.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu bahamagawe mu kwitegura umukino uzahuza u Rwanda na Mozambique, batangiye umwiherero
Mu rwego rwo gukomeza kunoza serivisi zitangwa n’ishami rya Polisi rishinzwe ibizamini, no gutanga impushya zo gutwara ibinyabiziga, abashaka gukorera impushya za burundu bashyiriweho uburyo bushya bwo kuzakoramo ibizamini byari biteganyijwe mu gihe cy’umwaka, bikazakorwa mu mezi abiri gusa.
Imvura yaguye muri Werurwe 2023, nyuma yo kumara imyaka igera kuri itatu itagwa, yaguye ari nyinshi iteza imyuzure yishe abantu, igira n’ingaruka ku baturage bagera ku 300,000 muri Ethiopia no muri Somalia, nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye birimo Aljazeera.
Ikigo gishinzwe Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA), kivuga ko uruganda rw’i Nyabihu rwoza, rutonora ndetse rugakata ifiriti mu birayi, rugitegereje abaruhaye imashini kugira ngo babanze baze mu Rwanda kwerekana uko ikora.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, ku wa Gatatu tariki 7 Kamena 2023, yajyanywe kwa muganga kubagwa kubera ikibazo yagize cy’amara.
Umuhanzi Nemeye Platini uzwi nka Platini P, wamenyekanye mu itsinda rya Dream Boys, aritegura kwerekeza ku mugabane wa Amerika, mu bitaramo bizenguruka Canada.
Ikipe ya APR FC biravugwa ko iri mu biganiro n’Umugande, Allan Kayiwa wigeze kwifuzwa na Rayon Sports.
BK TecHouse yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cy’ikoranabuhanga cyitwa Africa AeTrade Group azafasha abakiriya bayo kugera ku isoko rusange rya Afurika hifashishijwe ikoranabuhanga.
Manayubahwe Kazana Leonidas, umunyeshuri wa Kaminuza ya Kigali muri Master’s (University of Kigali graduate), ni we wegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yateguwe na Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) mu 2022, yiswe ‘Inaugural 2022 National Bank of Rwanda (BNR) Postgraduate Research Competition’.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Kamena 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano nshya, abasaba kwita ku nshingano bahawe.
Nshimirimana Ismael bakunda kwita Pitchou wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports hagati mu kibuga ari mu biganiro bishobora gutuma yinjira mu ikipe ya Rayon Sports.
Urukiko rwatangaje ko Kabuga Félicien ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, kubera ibibazo by’ubuzima adafite ubushobozi bwo gukomeza kuburana.
Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, barasaba abaturage kwirinda kwihanira ahubwo bagakumira ibyaha bitaraba, mu rwego rwo kwirinda ubwicanyi buturuka ku makimbirane mu miryango.
Nyuma y’uko Intara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru zibasiwe n’ibiza by’imvura, byateye abaturage mu ijoro rishyira itariki 03 Gicurasi 2023, bigatwara ubuzima bw’abantu 135, hakomeje kwibazwa uburyo abarokotse ibyo biza babayeho.
Imiryango 26 yo mu Mirenge ya Shingiro, Gataraga na Busogo yo mu Karere ka Musanze, yahawe inka zo gufasha abayigize kuvana abana mu mirire mibi, hanatangizwa gahunda y’igikoni cy’itorero.
Muri Tanzania ahitwa Mikumi, abantu batanu bapfuye abandi 15 barakomereka, mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster yavaga ahitwa Mbeya, yagonganye n’Ikamyo igeze ahitwa Mikumi mu Ntara ya Morogoro.
Inzego zifite aho zihuriye n’umutekano mu Rwanda, zirimo guhabwa amahugurwa ku iyubahirizwa ry’amategeko mu gihe cy’intambara, kugira ngo mu gihe bari mu bikorwa bya gisirikare barusheho kuyubahiriza.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’ u Rwanda, Dr Jean-Chrysostome Ngabitsinze, kuva tariki ya 05 Kamena 2023, ari i London mu Bwongereza aho yitabiriye Inama y’Abaminisitiri bagize Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth, akaba ari na we wayiyoboye.
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yatandukanye n’abakinnyi bayo babiri barimo rutahizamu Erissa Ssekisambu.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) na Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda, basuye uruganda rw’amazi rwa Nzove nyuma yo guhabwa imiyoboro minini izatanga amazi aho yaburaga muri Kigali, guhera ku wa Kane tariki 08 Kamena 2023.
Umugabo witwa Rukundo Ndahiriwe Laurent, yaguye mu mpanuka yaturutse ku cyuma gikoresha ikoranabuhanga mu kuzamura no kumanura abantu mu igorofa, kizwi nka asanseri (Ascenseur) ahita apfa.
Kimisiyo y’amatora ya FERWAFA imaze gutangaza urutonde rw’abakandida bemerewe kwiyamamariza kuyobora FERWAFA
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu mugoroba tariki ya 6 Kamena 2023, ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga ku ngamba na Politiki zinyuranye, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Twitter rw’ibiro by’Umukuru w’Igihugu.
Abayobozi bakuru mu nzego za gisirikare bashyizwe mu myanya n’Umukuru w’Igihugu, bamaze kugera mu nshingano, aho Lt Gen Mubarakh Muganga, wagizwe umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye, Gen Kazura Jean Bosco.
Ababyeyi ba Noah Anterhope Nziza barishimira ko abaganga bo mu Buhinde babavuriye umwana ubu akaba yarakize, bakanashima cyane Leta y’u Rwanda yabafashije kumuvuza ndetse n’abantu bitanze, bakegeranya amafaranga yabafashije mu kumuvuza.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko ikizere cyo kubona umusaruro uhagije w’ibigori ari gicye kuko imvura yacitse hakiri kare no kuba hari aho abahinzi batahingiye igihe.
Ikibuye cya Shali giherereye mu murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru, aho akarere ka Nyaruguru gahanira imbibi n’akarere ka Huye, ku muhanda Butare Akanyaru werekeza i Burundi. Iki kibuye kivugwaho inkomoko zitandukanye, ariko iz’ingenzi usanga zishingiye ku mwami Ruganzu Ndori.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, yasabye abaturiye umupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kuba maso no gukumira abinjiza mu Rwanda magendu, kuko ngo aho inyura ariho hanyuzwa n’ibihungabanya umutekano.
Abagororwa 46 bo mu Igororero rya Musanze, bari bamaze ibyumweru 15 mu biganiro byo komorana ibikomere muri gahunda ya Mvura Nkuvure, bahamya ko byabafashije gusubira mu murongo muzima, bituma biha intego y’uko nibarangiza ibihano bakatiwe n’inkiko bagasubira mu buzima busanzwe, bazarushaho kurangwa n’imyitwarire myiza.
Hirya no hino mu duce dutandukanye tw’u Rwanda, haragaragara ibimenyetso ndangamateka yagiye aranga imiyoborere ku ngoma z’abami, ayo mateka akaba yinjiriza igihugu amadovise nyuma y’uko asuwe na ba mukerarugendo baturutse mu migabane itandukanye igize isi.
Abanyeshuri 128 ba Kaminuza y’u Rwanda muri Koleji y’Ubucuruzi n’Ubukungu (CBE), mu mwaka wa Kabiri bigiraga mu Ishami rya Nyagatare, bavuga ko batunguwe no kwimurwa aho bigiraga bamaze kuhagera no kwitegura kuhigira. Ni mu gihe Ubuyobozi bw’iyi kaminuza bwo buvuga ko hari ubufasha bw’umwihariko bugenewe aba banyeshuri, (…)
Indabo za ‘Cloves’ uretse kuba zikoreshwa nk’ikirungo gituma amafunguro ahumura neza cyane cyane mu bice byo muri Asia y’u Burasirazuba. Izo ndabo zifite akamaro gakomeye ku buzima bw’abantu bazikoresha kuko zifitemo ubushobozi bwo kugabanya isukari mu maraso, kongera ubudahangarwa bw’umubiri w’umuntu n’ibindi byinshi nk’uko (…)
Damini Ebunoluwa Ogulu uzwi nka Burna Boy, yakoze amateka yamugize Umuhanzi wa mbere wo ku mugabane wa Afurika wagurishije amatike ibihumbi 80 yose y’igitaramo agashira ku isoko.
Mutezintare Gisimba Damas watabarutse ku cyumweru tariki 04 Gicurasi 2023 azize uburwayi ku myaka 62; muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ikigo cye Gisimba Memorial Center cyarokokeyemo abasaga 400 biganjemo abana.
Ubwo u Rwanda rwifatanyaga n’Isi kwizihizwa umunsi mpuzamahanga wahariwe kurengera ibidukikije, ku wa Mbere tariki 05 Kamena 2023, hahise hatangizwa gahunda ivuguruye yo guteza imbere ubukungu butangiza ibidukikije.
Itsinda ry’abana b’ababyinnyi babigize umwuga ryo muri Uganda, Ghetto Kids, ryahabwaga amahirwe yo kwegukana irushanwa ry’abanyempano rya Britain’s Got Talent ntiryahiriwe.