Pro-femme itangaza ko miliyoni 129 z’amafaranga y’u Rwanda zizakoreshwa mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina hagamijwe kurwanya ubwandu butera Sida.
Abashinzwe gukurikirana imihindagurikire y’ibirunga bya Nyaragongo na Nyamuragira, bemeza ko kuva 28 Gashyantare Nyiragongo yongereye ibimenyetso byo kuruka mu ndiba yayo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abangirijwe ibyabo mu bikorwa by’ahazanyura umuhanda Pfunda-Karongi kubabarurira ibyangijwe bakishyurwa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ihamagarira abahinzi kongera umusaruro w’ubuhinzi ariko bakanateganya ko ikirere kizahinduka umusaruro ukagabanuka.
Komisiyo ihuriweho n’íbihugu by’u Rwanda na Congo mu gusubizaho imipaka yashyizweho n’Abakoloni 1911 yamuritse imipaka yasubijeho yari yarasibanganye.
Uwitandukanyije na FDLR agataha mu Rwanda ahamya ko kumva radiyo zo mu Rwanda bihanishwa inkoni 30 no kumenerwa radiyo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu butangaza ko Indwara ziterwa n’isuku nke ari zo ziganje mu murenge kubera kutagira amazi meza.
Umunyamabanga wa Leta muri Ministere y’Umuryango n’Iterambere, Umulisa Henriette yahamagariye ba Mutima w’urugo gukumira Malariya ikomeje kwiyongera mu Rwanda.
Umuryango Imbuto Foundation watangije gahunda yo kwigisha urubyiruko gukomera ku busugi n’ubumanzi bwabo no kudacana inyuma hagati y’abashakanye.
Ishami rya Loni ryita ku Biribwa n’Ubuhinzi, FAO, muri Afurika y’Iburasirazuba ryemeza ko imiyoborere y’u Rwanda yihutisha gahunda zirwanya ubukene kurusha ibindi bihugu mu karere.
Abaturage bo mu Ntara y’Uburengerazuba bazindukiye mu gikorwa cyo gutora abazabahagararira mu nama njyanama z’uturere nazo zizatorwamo abayobora uturere.
Ubuyobozi bwa Kivu y’Amajyaruguru bwemeje ko umupaka uhuza Goma na Gisenyi ufungurwa amasaha 24 nk’uko byahoze mbere ya 2012.
Inzu y’u Rwanda y’Ibiro by’Abinjira n’Abasohoka ku mupaka muto uhuza Goma na Gisenyi yagwiriwe n’ikamyo irangirika ariko ntihagira ukomereka.
Abanyarwanda 68 biganjemo abagore n’abana batahutse ku wa 12/2/2015 bavuye mu burasirazuba bwa Congo bavuga ko bari bafashwe bugwate na FDLR.
Akarere ka Rubavu kamaze gutanga inka 300 mu nka 900 kahize mu muhigo n’ubwo ubuyobozi buvuga ko n’izisigaye zizaboneka zigatangwa.
Umuyobozi wa FDLR-RUD Gen Maj Ndibabaje yishwe n’abarwanyi ba Maï-Maï bamusanze ahitwa Mashuta mu mashyamba ya Congo.
Uwari ukuriye abarinda Umuyobozi Mukuru wa FDLR, kuri uyu wa 12 Gashyantare 2016, yatashye mu Rwanda nyuma y’imyaka isaga 20 abaho kinyeshyamba.
Minisitiri w umutekano Musa Fazil atangaza ko agiye gusabira igihano kikubye kabiri abakorera ibyaha muri gereza kuko badashaka guhinduka.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe ivurugurwa ry’amategeko yatangiye gahunda yo gusobanurira abanyeshuri biga muri za kaminuza itegekonshinga no kubigisha uburenganzira bwabo.
Ubuyobozi bw’ikigo NAEB giteza imbere ubuhinzi bw’imboga n’imbuto buvuga ko abahinzi batagomba kugira ikibazo cy’isoko kuko bafashwa kurishaka imyaka itarera.
Umuyobozi wa Kivu y’Amajyaruguru Julien Paluku yahamagariye Abanyekongo kujya Kigali ku bwinshi kwakira igikombe cya CHAN kuko biteguye intsinzi
Umutingito ufite ubukana bwa 5.1 wumvikanye mu Burasirazuba bwa Congo n’u Rwanda uturutse i Masisi na Walikale kuri uyu wa 4 Gashyantare 2016.
Umuyobozi wa Kivu y’Amajyaruguru muri DRC yatangaje ko ashimira Polisi y’u Rwanda uburyo icungira umutekano Abanyekongo baza kureba imikino ya CHAN mu Rwanda.
Imodoka za Coasters zirenga 30 zambutse umupaka uhuza u Rwanda na Congo wa Rubavu zirimo Abakongomani baje gushyigikira ikipe yabo Leopards, mu mukino uri buyihuze n’iy’u Rwanda Amavubi.
Abari abayobozi b’Akarere ka Rubavu barangije manda yabo, bavuga ko basigiye akarere ikibazo cy’amahoro y’akarere ari macye bitewe n’abayasoresha.
Abari abayobozi b’Akarere ka Rubavu bashoje manda yabo, baravuga ko bashoboye gutumikira abaturage nubwo batengushywe n’igihe ntibarangize ibyo basabwe.
Nigeria yeretswe umuryango nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Guinea mu mukino wa CHAN mu itsinda C wabereye i Rubavu kuri uyu wa 26 Mutarama 2016.
Abitabiriye imurikagurisha rito ku nkengero z’ikiyaga cya Rubavu bavuga ko batunguka nk’uko bari babyiteze kubera kubura abaguzi.
Ubuyobozi bwa Polisi buraburira abagura amatike ya CHAN bakayamara ku isoko kugira ngo baze guhanika ibiciro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bushaka guca umuhigo wo kugira abitabira benshi marushanwa y’imikino ya CHAN u Rwanda rwakiriye.