Nyirandababonye Dative utuye mu mudugudu wa kabiri, akagari ka Gikatsa, umurenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, arasaba ubuyobozi kumufasha mu bibazo afitanye n’umugabo we kuko yamubwiye ko azamukubita agafuni, kandi ngo afite ikibazo cy’uko yazabikora.
Gahunda y’ibiganiro hagati y’ubuyobozi bw’ibanze hamwe n’abokorera ku giti cyabo yatangijwe mu karere ka Rulindo ngo bizafasha mu gukemura ibibazo bimwe na bimwe byajyaga biboneka hagati yabo ndetse ikazafasha abikorera gutera imbere ku buryo bwihuse utaretse n’akarere.
Docteur Rushanika Christophe utuye mu murenge wa Masoro mu karere ka Rulindo akaba akomoka mu gihugu cya Kongo yahawe ubwenegihugu bw’ubunyarwanda tariki 30/01/2013 mu muhango wabereye mu murenge wa Masoro ho mu karere ka Rulindo.
Bamwe mu bahinzi b’ingano mu karere ka Rulindo baratangaza ko imbuto y’ingano ivanze bahawe ishobora kubicira umusaruro bari biteguye kuko ngo ikura isumbana bigaragaza ko atari ubwoko bumwe.
Umugore witwa Niwemugeni Mariette ukomoka mu mudugudu wa Nyamurema, akagari ka Kiyanza, umurenge wa Ntarabana mu karere ka Rulindo, avuga ko yabuze umwana w’umuhungu witwa Mugisha Dieudonne, ufite imyaka itandatu.
Abayobozi batandukanye mu karere ka Rulindo bakomeje kugaragaza ubushake mu kurushaho kwegera abaturage batuye aka karere , babafasha kwishakamo ibisubizo ku bibazo bahura nabyo.
Abayobozi bo mu karere ka Rulindo batangiye umwaka bahanga udushya tutaraboneka ahandi mu tundi turere aho buri mukozi w’akarere afite intego yo kuzamura nibura umuryango umwe mu miryango ikennye kurusha iyindi mu batuye aka karere.
Nyuma yo kumara igihe kirekire muri gereza azira kwiba akaza gufungurwa , tariki 09/01/2012, Dusingizimana Saveri, w’imyaka 34 y’amavuko,ukomoka mu murenge wa bushoki ho mu karere ka Rulindo yongeye gufatanwa ibintu bitandukanye birimo n’amafranga yibye mu baturanyi.
Abagenzi bakunze gutega imodoka za KBS bakorera mu majyaruguru bavuga ko batishimiye uburyo iyi sosiyete ibaha service muri ino minsi kuko ngo baba baraguze amakarita abahesha uburenganzira bwo kugenda mu modoka za KBS nyamara zikabasiga ku muhanda.
Tariki 12/12/2012 Abadage basuye akarere ka Rulindo bishimira ko inkunga batanga igera ku bo iba yagenewe kuko kari mu turere tw’icyaro biyemeje kuzamura tugere ku iterambere.
Nyiramana Josephine utuye mu karere ka Rulindo, avuga ko ahohoterwa n’abantu bo mu muryango we bamwita umusazi. Tariki 12/12/2012 ngo babyutse bamukubita ,bavuga ngo agomba gupfa kuko ari umusazi.
Kubera ko bamaze kumenya akamaro ka siporo, bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo iyo bavuye guhinga bakina umupira w’amaguru cyangwa bagakora izindi siporo.
Nshimiyimana Jean Nepo utuye mu karere ka Rulindo avuga ko ashobora kuvura ya mavunja yananiranye, ayo Abanyarwanda bakunze kuvuga ngo ni amarogano, cyangwa ngo umuntu yayatererejwe n’abazimu.
Umugabo witwa Mbarute Pierre utuye mu mudugudu wa Gitaba, akagali ka Kayenzi, umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo yaraye akubita umugore we mu ijoro rishyira tariki 05/12/2012 ngo kuko umugore yari yanze kwishyura inzoga uyu mugabo we yari yanyweye mu kabari.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Rulindo bavuga bashimishwa n’ibikorwa bagenda bageraho ku giti cyabo nta nkunga z’amahanga zitanzwe. Ngo niyo izo nkunga zitaboneka bazakomeza kwiyubakira igihugu nk’uko bakirwaniriye.
Noneninjye Jean Crallene ukora mu kigo cya Tumba College of Technology, avuga ko ashaka gutoza urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo gukora siporo ariko akeneye ubufasha.
Ubwo Abanyarulindo bizihizaga isabukuru y’imyaka 25 FPR imaze ivutse, bishimiye ibyo uwo muryango wabagejejeho birimo kuba barabashije kuva mu bukene, kugira umutekano, kuva mu bujiji n’ibindi byinshi bitandukanye bagiye bavuga.
Hamwe na hamwe ngo byagaragaye ko iyo abaturage bakorewe ibintu usanga batabyitayeho bavuga ngo ni imfashanyo ntibagire uruhare mu kubibungabunga cyangwa kubisana iyo byangiritse.
Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo bahawe indogobe n’ubuyobozi bw’akarere baravuga ko batakizishaka kubera ko batazishoboye kuzorora kandi ntacyo zibinjiriza.
Umusore witwa Jean De Dieu Shyirakera, w’imyaka 25, mwene Bibarimana,na Nyiransabimana batuye umurenge wa Base,akagari ka kamuhwa, avuga ko akeneye gufungwa cyangwa ubuyobozi bukamufasha bukaba bwamujyana i Iwawa.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’ibanze na polisi mu murenge wa Buyoga mu karere ka Rulindo, tariki 13/11/2012, byagaragaye ko nta bibazo by’ihohoterwa rishingiye ku bitsina bafite kuko bahagurukiye kubirwanya.
Abanyamuryango ba koperative KOZIMU (Koperative Zigama Ibicanwa Munyarwanda) ikorera mu murenge wa Kinihira, akarere ka Rulindo, bahisemo gukoresha icyo bise PISIMEKA mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ibicanwa cyatumaga bangiza ibidukikije.
Ikamyo yari itwaye ifu y’ibigori iyijyanye i Bukavu muri Kongo iturutse muri Tanzaniya yakoze impanuka mu gitondo cyo ku cyumweru tariki 11/11/2012 mu murenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo abantu babiri barimo barakomereka byoroheje.
Umukecuru utuye mu karere ka Rulindo yemeza ko kuba amaze imyaka 10 abana n’agakoko gatera SIDA kandi akaba yumva agifite imbaraga byaratewe no kwipimisha kare akamenya uko abyitwaramo.
Umubyeyi witwa Kamucyera Belancile utuye mu mudugudu wa Buvumo, akagari ka Mukoto, umurenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo arwaye indwara yo kubwimba amaguru amaranye imyaka 18 ariko kugeza n’ubu yaburiwe umuti.
Umusore w’imyaka 22 witwa Safari Jean Damascene utuye mu karere ka Rulindo yihangiye umurimo wo gushyira umuriro mu nzu z’abantu akoresheje ampule n’amabuye ya radio byashaje.
Abagabo bane bafungiwe kuri station ya Polisi ya Shyorongi mu karere ka Rulindo bakekwaho kwesikoroka umusaza witwa Munyeragwe Andre utuye mu murenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo, bamubeshya ko ari abakozi ba societe y’itumanaho Airtel.
Ntawizera Leonce utuye mu kagari ka Shengamuri, umurenge wa Masoro mu karere ka Rulindo yafatiwe i Kigali tariki 28/10/2012 ahetse ibiro 65 bya gasegereti kuri moto.
Inama y’umutekano yaguye y’intara y’Amajyaruguru yateranye kuri uyu wa 26/10/2012, yiyemeje gukaza irondo no guhanahana amakuru binyuze muri raporo zizajya zikorwa kuri buri kimwe cyabereye muri buri gace.
Imodoka yo mu bwoko bwa jipe ifite purake RAA 266 T yahirimye imbere y’akarere ka Rulindo, mu ma saa saba tariki 24/10/2012 ariko nta muntu witabye Imana cyangwa ngo akomereke.