85% by’abaturage ba Nyarugenge banyuzwe n’imikorere y’abunzi kuko ibibazo byabo birangirira ku kagari ntibasiragire, ngo bakabikesha amahugurwa abo bunzi bahawe n’umuryango (RCN).
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Isaac Munyakazi, avuga ko nta muntu wize Korohani wakabaye agaragara mu bikorwa bibi kuko irimo inyigisho nziza.
Umunsi mukuru ngarukamwaka w’Abayisilamu uzwi nka Eid - El- Fitr, muri uyu uyu mwaka waranzwe n’ibikorwa by’urukundo n’ubutumwa bwo gusaba abayoboke kwirinda.
Chorale de Kigali imenyerewe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana mu idini gatulika, yibutse abahoze ari abaririmbyi bayo bagera kuri 23 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Isoko ry’Imigabane mu Rwanda (RSE), rivuga ko igice kinini cy’umusarurombumbe w’u Rwanda ungana na Miliyari umunani z’Amadolari, gipfushwa ubusa kuko kitabyazwa undi musaruro.
Mu rwego rwo korohereza abashoramari mpuzamahanga gushora imari yabo mu Rwanda, Banki ya Kigali igiye kurenza imipaka imigabane yayo, iyigeze ku isoko ry’imigabane rya Kenya.
Banki ya Kigali (BK) yatangije uburyo bushya bwo kuguriza abakiriya bayo amafaranga bakoresheje telefone zabo (BKquick), bakayabona mu gihe kitageze ku munota.
Umuryango “Healthy People Rwanda” uvuga ko abana bashobora gukoreshwa mu kwirinda impanuka zihitana Abaturarwanda basaga 2,172 buri mwaka.
Muri komite z’imigoroba y’ababyeyi mu Mujyi wa Kigali byagaragaye ko abagabo ari bake cyane ndetse n’abitabira ibikorwa byayo bakaba ari mbarwa bagakangurirwa kuyitabira.
Bamwe mu batuye mu turere dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali bavuga ko hari aho serivisi zigitinda, bagasaba ko byakosoka kuko bituma basiragira bagatakaza umwanya bakoramo ibindi.
Aborozi b’ingurube bavuga ko hari abamamyi bakunze kwitambika hagati y’abaguzi b’ingurube na ba nyirazo bigatuma bagurisha kuri make bikabateza igihombo.
Nyuma y’ifungwa ry’umutoza mukuru wa Rayons Sport Karekezi Olivier n’ifungwa ry’abakinnyi babiri bakomeye bayo, Mukunzi Yannick na Rutanga Eric ryabaye, Rayon Sports yasabye abakunzi bayo kuyiba hafi ariko ntibivange mu mikorere y’inzego z’umutekano.
Me Ndengeyingoma Yvonne uhagarariye Musenyeri Tadeyo Ntihinyurwa yasabye ko urukiko rwatesha agaciro ibirego biregwa umukiriya we,kuko ibyo amurega nta shingiro bifite.
Umucamanza waburanishaga urubanza ku ifunga n’ ifungurwa ry’agateganyo rya Diane Rwigara, Anne Rwigara na Mukangemanyi Adeline ubabyara rwaberaga mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, yanzuye ko Anne Rwigara arekurwa akazajya akurukiranwa ari hanze.
Abatuye mu tugari twa Kimisagara, Katabaro na Kamuhoza mu Murenge wa Kimisagara bamaze amezi atanu nta mazi bafite kubera itiyo yayazanaga yacitse.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 20 Nzeli 2017, Minisiteri y’uburezi yatangije ku mugaragaro ibizamini ngiro (Pratique) mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro ya Leta n’ay’ayigenga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’Umujyi wa Kigali batangiye gufunga ibikorwa byose byubatse cyangwa bikorerwa mu bishanga.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) cyemeza ko ibitaro byo mu Rwanda bibona amaraso bikenera ku kigero cya 96%.
Benshi bazi ko umuziki wifashishwa mu kwishimisha gusa. Ariko abahanga berekana ko umuziki ushobora gutuma umuntu atekereza neza, ndetse akarushaho gukora ibikorwa bye ku murongo nta Kajagari. Hari n’abawifashisha mu buvuzi aribyo bita MusicoTherapie.
Abana 30 bakuwe mu muhanda mu Karere ka Nyarugenge bahawe imiryango ibarera banashyirirwaho ikigo cyibigisha imyuga irimo umuziki.
Abaturage 120 bo mu murenge wa Kigali muri Nyarugenge bishimira ko batazongera kurembera mu rugo kuko noneho babonye uburyo bwo kwivuza.
Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 6 Nyakanga 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyagabanutse.
Irushanwa ryo gusoma Korowani mu mutwe ryaberaga i Kigali ryarangiye umusore ukomoka muri Uganda ariwe uryegukanye atsinze abandi 15 bari bahanganye.
Ikigo cy’igihugu kigenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyatangaje ko Komisiyo y’igihugu y’Amatora (NEC) nta burenganzira ifite bwo kugenzura ndetse no guhagarika ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga mu baturage.
Gen Maj Jack Nziza yatangaje ko iterambere ry’u Rwanda rigomba gushingira ku bumwe ndetse n’Ubunyarwanda, kugira ngo ribe Iterambere rirambye kandi ridaheza buri Munyarwanda.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Gicurasi 2017, u Rwanda rwifatanije na Afurika yose mu kwizihiza, umunsi ngarukamwaka wahariwe ukwibohora kwa Afurika.
Abafana b’ikipe ya Kiyovu baratangaza ko ikipe yabo iramutse imanutse mu cyiciro cya Kabiri byaba ari ishyano ribagwiriye, kuko bitigeze bibaho mu myaka 55 iyi kipe ibayeho kuko yavutse mu mwaka wa 1962.
Ikibazo cy’umutekano muke kiza imbere mu bibangamira gahunda yo koroshya urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu mu bihugu bya Afurika.
Nshutinamagara Ismael Kodo, avuga ko mu mezi abiri amaze yungirije mu ikipe yakiniraga ya As Kigali, amaze kungukira byinshi ku batoza yungirije muri iyo kipe, barimo Eric Nshimiyimana umutoza Mukuru na Mateso Jean de Dieu umwungirije.
Abantu barindwi batuye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda kubera ko bashakanye n’Abanyarwanda.