Abatuye mu kagari ka Mumena, i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge, baravuga ko bibasiwe n’abajura bitwaza intwaro za gakondo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Nyirasafari Espérance, arasaba abakobwa bize imyuga n’abitegura kuyiga kwigirira icyizere kuko bashoboye.
Urugaga rw’abikorera (PSF), rwateguye bwa mbere igikorwa cyo kumurika imideri nyarwanda ( Fashion Night out), kizabera mu imurikagurisha rya ‘Made in Rwanda’ rizaba kuva taliki 14-20 Ukuboza 2016.
Guhera tariki ya 9 kugeza ku ya 10 Ukuboza 2016, muri Kigali City Tower hateganyijwe imurikagurisha ryiswe Rwanda Wedding Expo, rizahuriramo abafite ibikorwa bifite aho bihuriye no gutegura ubukwe.
Minisitiri w’Uburezi Musafiri Papias Malimba, akangurira abanyeshuri ba za kaminuza kwimakaza umuco wo gusoma ibitabo kuko bibitse byinshi bakenera mu myigire yabo.
S/ Lieutenant Seyoboka Herni Jean Claude uherutse koherezwa na Canada kuburanishirizwa mu Rwanda, yagejejwe bwa mbere mu rukiko.
Urugaga rw’abikorera (PSF) rugiye kumurika ibikorwa by’ihuriro ry’abahinzi-borozi mu rwego rwo kugaragaza umusaruro.
Abaturage bakanguriwe gukoresha neza telefone mpuruza ziyambazwa iyo hari abantu bari mu kaga, kuko kuyivugiraho ibindi byatuma hari udatabarwa ku gihe.
Kompanyi ‘Home Rwanda’ igiye gutangiza imurikagurisha ngarukamwaka ry’ibikoresho by’ubwubatsi n’ibindi bigendanye na bwo hagamijwe korohereza abashaka kubaka.
Itsinda rihagarariye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ryasuye Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) i Buruseli rigaragaza uburyo ikibazo cy’abahakana Jenoside giteye inkeke.
Umurenge wa Muhima watangije irondo ry’umwuga rizawufasha mu bihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani kuko aribwo hakunze kugaragara ubujura n’urugomo.
Umuhanzikazi Cecile Kayirebwa yizihije imyaka 70 y’amavuko, ataramana n’abakunzi be mu gitaramo cyisanzuye kandi cyahaye ijambo uwifuzaga gutarama wese.
Umuryango wita ku bana “Save the Children” ukangurira ababyeyi kugira umuco wo kugurira ibitabo abana, kugira ngo bakure bakunda gusoma.
Valens Ndayisenga ukinira ikipe ya Dimension Data yo muri Afurika y’epfo, Niwe wegukanye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda katurukaga Musanze kagana Kigali.
Sosiyete mpuzamahanga ikorera mu Rwanda yitwa IHS, yashyikirije umuryango Imbuto Foundation inkunga y’ibihumbi 30 by’amadolari asaga miliyoni hafi 25 Frw.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda PSF rwatangaje ko imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rya 2016, rizaba guhera ku itariki 14 kugeza ku ya 20 Ukuboza.
Ikibazo cy’amikoro adahagije mu bitangazamakuru ngo kiracyari imbogamizi ikomeye ku iterambere ry’itangazamakuru muri Afurika.
Kuri uyu wa mbere tariki 7 Ugushyingo2016, mu Rwanda harimo kubera ibikorwa byo kwizihiza umunsi Nyafurica w’itangazamakuru.
Bamwe mu barangije kaminuza mu by’ubuhinzi n’ubworozi bahawe amahugurwa muri gahunda ya Agri BDS, ngo biteguye guteza imbere ubuhinzi n’ibibukomokaho.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), itangaza ko 7% mu banyarwanda basaga miliyoni 11, ari bo basobanukiwe iby’ingengo y’imari ya Leta.
Ikigo kigenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro RURA, cyatangaje ko igiciro cy’ibikomoka kuri peterori cyazamutse
Intore z’abanyamakuru zitwa Impamyabigwi zishyuriye miliyoni 1RWf ababyeyi babyariye mu bitaro bya Muhima ariko bakananirwa kubyishyura.
Ngarambe Vanilly na Ntungane Emery bakinira ikipe y’igihugu ya Karate, ntiborohewe n’amarushanwa yo ku rwego rw’isi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Ukwakira 2016 , Imbuto Foundation yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Fondasiyo y’Umwami Mouhammed VI igamije iterambere rirambye yitwa Fondation Mouhammed VI pour le developemment durable.
Prof Shyaka Anastse, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB), avuga ko bidakwiye ko abanyamakuru b’abanyamahanga batangaza inkuru z’u Rwanda mbere y’Abanyarwanda.
Umuryango w’Umwami Kigeli wa V Ndahindurwa uherutse gutanga azize uburwayi, watangaje ko Nyakwigendera azatabarizwa mu Rwanda.
Umutoni Sandrine usanzwe ari umunyamabanga wungirije wa Madame Jeannette Kagame ushinzwe itumanaho, yagizwe Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation.
Abaturage bo mu murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bibaza impamvu bagicana agatadowa kandi bamaze imyaka itatu baratanze amafaranga yo kwizanira amashanyarazi.
Padiri Ubald Rugirangoga aratangaza ko impano ye yo gusengera abarwayi bagakira ntaho ihuriye na politiki ko ahubwo abamwita umunyapolitiki ari abapadiri bagenzi be bamufitiye ishyari.
Mu murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge hari agace kiswe “Norvège” ya Kigali ngo kubera iterambere ryako kandi ari mu cyaro.