Abaturage babarirwa mu 190 bo mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, barashimira KT Radio yabakoreye ubuvugizi bakishyurwa asaga miliyoni 2,5Frw bakoreye muri VUP ariko bakaba bari bamaze umwaka n’igice batayahabwa.
Bamwe mu bari bato muri Jenoside baburanye n’ababo bakomeje gushakisha niba hari abo babona, kuko batazi aho bakomoka bikabagiraho ingaruka.
Abaturiye ruhurura ya Kivugiza mu murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, bariruhutsa nyuma yo gutunganywa kuko itazongera kubangiririza.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko kwizihiza umunsi wo kwibohora ari kwishimira no gusigasira ibyagezweho no kubyongera.
Inzego za leta n’abafatanyabikorwa bihaye intego y’uko mu 2020 nta bwandu bushya bwa virusi itera SIDA buzaba bukiboneka mu Rwanda.
Ikigo cy’ubwishingizi cy’ibihugu by’Afurika birimo u Rwanda, ATI, kiraburira abikorera kuba maso, bakitabira kukiguramo ubwishingizi bwanabahesha igishoro.
Abaturage b’Umudugudu w’Iterambere mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge bamurikiwe amazi meza azabarinda aya Nyabarongo ngo yabatezaga indwara.
Abarokokeye Jenoside kuri St Paul bababazwa no kutamenya aho abo bari basangiye ikibazo biciwe mu kibuga cya Ste Famille bajugunywe.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), irasaba abakora mu by’ubwishingizi kongera umubare w’ababagana kugira ngo ibiciro byabwo bigabanuke n’igihugu kihazamukire.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare(NISR) gitangaza ko umusaruro mbumbe w’igihugu(GDP) wazamutseho 7.3% mu gihembwe cya mbere cya 2016 biturutse ahanini kuri serivisi.
Ministiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Gerardine Mukeshimana, yamenyesheje Ihuriro Nyafurika ry’Abashakashatsi mu buhinzi FARA, ko ryitezweho gutanga ubunararibonye bwunganira ibyo u Rwanda rwagezeho.
Ministiri w’Intebe, Anastase Murekezi watangije Inama y’Ihuriro nyafurika y’ubushakashatsi ku buhinzi FARA, yasabye gushakisha uburyo haboneka ibirkbwa bihagije Afurika.
Ministiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi, Didier Reynders yavuze ko yifuza ubufatanye n’u Rwanda mu kongera ishoramari n’ibiganiro by’amahoro mu karere.
Ikigo gihagarariye icuruzwa rya murandasi(internet) yihuta cyane 4G LTE, cyatangaje ko ibiciro by’ifatabuguzi ry’iyi internet byongeye kugabanuka, ndetse ko cyanogeje serivisi.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Rwezamenyo rwavuye Iwawa rwashinze koperative y’ububaji bahurizamo ibitekerezo n’ubumenyi batahukanye, bakabasha gukora imirimo ibabeshaho
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), cyegereje abakozi bakorera mu bigo bitandukanye byo mu Murenge wa Kimihurura, igikorwa cyo gupimwa indwara zitandura.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza yatangaje ko ku bushake bw’abazunguzayi, ikibazo cyabo kizakemurwa vuba kandi burundu.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge buravuga ko bwashyize imbaraga mu kurinda umutekano w’abaturage n’ibyabo kuko ngo udahari n’iterambere ritashoboka.
Bamwe mu bacuruzi bakorera mu Mujyi wa Kigali baravuga ko baterwa inkeke n’iyo akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) kagize ikibazo kuko bahagarika gucuruza, mu gihe RRA ivuga ko hari ubundi buryo bwakwiyambazwa.
Bamwe mu bikorera bo mu gace ka Nyabugogo bavuga ko ifungwa ry’imihanda iza mu mujyi wa Kigali ryabateje igihombo kubera kubura abakiriya.
Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge, Kayisime Nzaramba, avuga ko gukora igenamigambi abo rireba bose batabigizemo uruhare bigorana kurishyira mu bikorwa.
Akarere ka Nyarugenge karitegura gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yamaze kuboneka, kanongere ingufu mu gushakisha n’indi itaraboneka, na yo ngo ishyingurwe.
Abayobozi banyuranye bitabiriye igikorwa cyo gutangiza icyunamo mu Karere ka Nyarugenge, basabye urubyiruko gukoresha imbaraga rufite mu kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.
Abaturage bo mu Kagari ka Kimisagara bakoze umuganda wo gutema ibihuru byari bikikije umuhanda unyura rwagati muri aka kagali kuko ngo byari indiri y’amabandi.
Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi bo mu Mujyi wa Kigali, bashimiwe ubwitabire bagira mu muganda banasabwa kuzitabira ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubushakashatsi bw’Ikigo gisesengura gahunda za Leta (IPAR) bwashojwe muri 2015, buvuga ko abacuruzi muri Nyabugogo batewe impungege n’imyuzure ihaba buri mwaka.
Gakuba Fleury, Umunyarwanda uba muri Canada wasabye Perezida Paul Kagame kumurenganura yagannye iy’ubutabera arega uwo ashinja kumuriganya ku ivuriro bari bafatanyije.
Urubyiruko rwo mu bihugu by’Ibiyaga Bigari ngo rusanga nta mwanya uhagije rufite mu nzego zifata ibyemezo bigatuma ruhora rutekererezwa.
Igihugu cya Suwede kibinyujije mu mushinga witwa “RCN Justice & Democratie”, kirimo gutanga ibikoresho n’amahugurwa kuri Komite z’Abunzi mu Rwanda.
Mutesi Jolly, Nyampinga w’u Rwanda 2016, kuri uyu wa 3 Werurwe 2016, yasinyanye amasezerano y’imikoranire na COGEBANQUE.