Uwimbabazi Fortunée w’imyaka 39 y’amavuko bamusanze ku mbuga yo mu rugo iwe mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza, mu rukerera rwo mu gitondo tariki 22/03/2013 bigaragara ko yishwe bamunigishije umwambaro wa karuvati.
Munyemana Eliphase w’imyaka 30 y’amavuko yagwiriwe n’urukuta rw’urusengero rwa EAR Hanika ruri mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ahita apfa tariki 20/03/2013 ubwo barimo bacukura umusingi bashaka kurusana.
Umusore utamenyekanye imyirondoro ye yakubiswe kugeza abaye intere ku mugoroba tariki 13/03/2013 akekwaho kwiba ipantaro yo mu bwoko bwa Jeans mu iduka riri mu gikari cy’aho abagenzi bafatira imodoka za Volcano Express mu mujyi wa Nyanza.
Abahagarariye abajyanama mu bigo nderabuzima na bamwe mu bakozi bo mu karere ka Nyanza bari kwigishwa gukoresha amarenga ngo bazabashe gufasha no kumvikana n’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga igihe cyose bazaba babakeneyeho serivisi.
Twizerimana Jean Paul wajyaga kwiga mu karere ka Ruhango ari ku igare yagonze umukecuru witwa Nyirangamije Evelyne w’imyaka 76 y’amavuko mu gitondo cyo ku itariki ya 06/03/2013 maze bombi bajyanwa mu bitaro bya Nyanza bakomeretse bikomeye ku buryo ibitaro bya Nyanza byahise bibohereza mu bitaro CHUB bya Kaminuza y’u Rwanda (…)
Mu cyumweru tariki 03/03/2013 mu karere ka Nyanza kuri stade y’ako karere hatangijwe ku mugaragaro siporo mu bigo by’amashuli atandukanye hagamijwe gufasha abanyeshuli kugira ubuzima bwiza no kwirinda indwara ziterwa no kudakora imyitozo ngororamubiri ihagije.
Shampiyona y’umwka wa 2013 mu mikino ya Sitball na Sitting Volleyball ikinwa n’abafite ubumuga iratangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 02/03/2013, ikabera ku bibuga bya Gatagara mu karere ka Nyanza.
Mutera Pater wari umubitsi wa koperative CUCUNYA ihuje abafite ubumuga bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza akaba yari aherutse gutorokana inkunga yabo isaga miliyoni 1 y’amafaranga y’u Rwanda yafatiwe mu karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba bw’u Rwanda, akaba yagejejwe i Nyanza aho yakoreye icyaha uyu munsi (…)
Umwe mu bakozi b’uturere tw’Intara y’Amajyepfo bari guhugurwa ku bijyanye n’imitunganyirize y’imijyi yibwe mudasobwa ye mu ijoro rishyira tariki 26/02/2013 iburirwa irengero muri Hotel Dayenu iherereye mu karere ka Nyanza.
Mu karere ka nyanza hafashwe inzoga z’inkorano ku nshuro ebyiri zikrikiranye, zifatanywe abacuruzi batandukanye. Abafatanywe izo nzoga bose kuri ubu bahise bashyikirizwa ibiro bya Polisi kugira ngo bakurikiranwe.
Kalisa Callixte w’imyaka 29 y’amavuko umurambo we bawusanze tariki 19/02/2013 munsi y’iteme riri mu mudugudu wa Rugarama n’akagali ka Gahombo mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza.
Kuva tariki 19 kugeza 21/02/2013 abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyanza bari mu gikorwa cyo kumurikira abaturage ibikorwa bakorerwa bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo.
Ikigo cy’amashuli abanza cya Gasoro kiri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza cyibasiwe n’imvura ivanzemo umuyaga wasenye ibyumba by’amashuli bitanu ndetse n’abanyeshuli barindwi barahakomerekera ku gicamunsi cyo ku itariki 19/02/2013.
Inkunga y’amafaranga asaga miliyoni 1 n’ibihumbi 942 umuryango wa Action Aid wageneye koperative COCUNYA (Coordenerie Uburiza de Nyanza) yibumbiwemo n’abafite ubumuga bo mu murenge wa Mukingo yarigishijwe n’umwe muri bo wari umubitsi wayo.
Ntoraguzi Théoneste w’imyaka 88 y’amavuko utuye mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza, tariki 15/02/2013, yemeye gusezerana n’umugore we babanaga mu buryo butemewe n’amategeko y’u Rwanda kuko nta sezerano ry’abashakanye bari bafitanye.
Munezero Ngayabarambirwa w’imyaka 28 y’amavuko ukomoka mu karere ka Nyamagabe yishwe arasiwe mu kigo gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro (EWSA) ishami rya Nyanza akekwaho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi mu bubiko bw’icyo kigo.
Akarere ka Nyanza n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abavuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) barishimira ibyo bamaze kugeraho mu mwaka umwe ushize batangiye gufatanya mu bikorwa byo mu kuzamura imibereho myiza y’abaturage bo mu mirenge ya Kigoma na Busasamana.
Akarere ka Nyanza kakunze kugaragara mu myanya y’inyuma mu mihigo mu bihe byashize, ubuyobozi bwako buratangaza ko muri uyu mwaka w’imihigo wa 2012-2013 biteguye guca agahigo bakava ku mwanya wa 22 bakagera kuwa mbere, nk’uko izina ryabo ry’ubutore “ Abadahigwa” ribyemeza.
Abatuye mu kagali ka Mututu mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza bazegerezwa serivisi z’ubuvuzi hafi yabo, bitarenze ukwezi kwa 04/2013, bibarinde kongera gukora ibirometero n’ibirometero bajya kwivuza kure.
Mu mpera z’umwaka wa 2012 ishuli rya G.S ya Mututu riherereye mu murenge wa kibilizi mu karere ka Nyanza ryasenyewe n’umuyaga wagurukanye igisenge cy’ibyumba bine maze umwaka w’amashuli 2013 utangira nta bufasha ubuyobozi bw’icyo kigo burahabwa.
Icyambu cya Rwagasave cyo mu karere ka Nyanza cyongereye umubano usanzwe hagati y’Abarundi n’Abanyarwanda mu bijyanye n’imigenderanire n’imihahiranire nk’uko byemezwa n’abaturage b’ibyo bihugu byombi.
Inama ngishwanama yabereye mu cyumba cy’inama cy’akarere ka Nyanza tariki 04/02/2013 yashyize mu majwi bamwe mu bakirizi b’imisoro n’amahoro bakorera mu masoko n’ahandi mu mirenge itandukanye igize ako karere kuba badakora akazi kabo nk’uko bikwiye.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, yifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Nyanza mu kwizihiza umunsi w’intwari kuri uyu wa Gatanu tariki 01/02/2013, yabasabye ko bagomba kugera ikirenge mu cy’Intwari bibuka kuko gkora ari ibya buri wese.
Umunyeshuli witwa Bayigamba Geras wigaga mu ishuri rikuru rya INILAK ishami rya Nyanza yitabye Imana mu mpanuka y’imodoka yabaye tariki 29/01/2013 ahagana mu ma saa yine z’ijoro ubwo yari avuye kwiga.
Nzabonimpa Zaburoni ukomoka mu karere ka Nyamagabe ubu utuye mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza avuga ko gutega amafuku yangiza ibijumba n’amateke mu mirima y’abaturage batuye mu gace atuyemo bimutunze ndetse bimurutira guca incuro.
Umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside (AERG) biga mu ishuli rikuru ry’abadivantiste rya Kigali ( INILAK) ishami rya Nyanza bakaba bibumbiye mu muryango (famille) yitwa Imanzi ku mugoroba wa tariki 26/01/2013 bakiriye abanyamuryango bashya bayinjiyemo muri 2013.
Abayobozi baturutse mu bihugu bya Tanzaniya na Kenya baje kureba uko u Rwanda rwakoze kugira ngo rugire isuku n’umutekano rwasorejwe mu karere ka Nyanza tariki 25/01/2013. Abarwitabiriye batangariye ibikorwa by’amajyambere biboneye n’amaso yabo.
Mu rwego rwo kureba aho imihigo igeze ishyirwa mu bikorwa muri uyu mwaka w’imihigo ya 2012-2013, ubuyobozi bw’umurenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza bwateguye igikorwa cyo kureba aho abakozi bawo bageze bashyira mu bikorwa ibyo biyemeje.
Abakozi b’ibitaro by’akarere ka Nyanza bahuriye hamwe bose bufurizanya umwaka mushya wa 2013 basabirana mu mvugo n’amasengesho ko umwaka batangiye wazababera uw’ishya n’ihirwe kandi barushaho gutanga serivisi nziza ku babagana.
Intumwa za minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) zasuye akarere ka Nyanza tariki 18/01/2013 zashimye aho ako karere kageze gashyira mu bikorwa imihigo kihaye muri uyu mwaka wa 2012-2013.