Nyagatare: Ministiri Kamanzi arashima ibikorwa by’Inkeragutabara

Minisitiri w’amashyamba n’umutungo kamere, Sitanislas Kamanzi arashima ibikorwa byo gutera amashyamba byakozwe n’Inkeragutabara mu karere ka Nyagatare.

Nyuma yo gusura amashyamba yatewe n’Inkeragutabara mu mirenge ya Tabagwe na Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, tariki 08/02/2013, Minisitiri Kamanzi yavuze ko ubu u Rwanda rugeze ku kigereranyo cya 24.5% by’ubuso bungana na kuri 30% by’igihugu buteganyijwe guterwaho amashyamba muri gahunda y’icyerekezo 2020.

Minisitiri kamanzi asura amashyamba yatewe n'Inkeragutabara i Nyagatare.
Minisitiri kamanzi asura amashyamba yatewe n’Inkeragutabara i Nyagatare.

Yagize ati “Ndashaka gufata umwanya wo gushimira urwego rw’Inkeragutaba zacu mu ruhare runini bafite mu kugira ngo ibikorwa byacu bigende neza harimo no gutera amashyamba”.

Abangiza amashyamba bihanangirijwe

Nyuma yo gusanga bamwe mu baturage baragiye amatungo mu biti byatewe, Minisitiri Kamnzi yabasabye ko bafata ibikorwa byo gutera amashyamba nk’ibyabo, bityo bagafata iya mbere mu kubirinda no kubifata neza.

Ibi Ministiri yabivuze nyuma yo kwifatira umuturage witwa Gatari John wari uragiye amatungo ahatewe ibiti mu kagali ka Gakamba mu murenge wa Tabagwe.

Brig Gen Murokore ukuriya Inkeragutabara mu ntara y'Iburasirazuba yereka Minisitiri Kamanzi aho Interagutabara zateye ibiti mu karere ka Nyagatare.
Brig Gen Murokore ukuriya Inkeragutabara mu ntara y’Iburasirazuba yereka Minisitiri Kamanzi aho Interagutabara zateye ibiti mu karere ka Nyagatare.

Nyuma yo kumwigisha akamaro k’amashyamba, Minisitiri yategetse uyu muturage kuba ijisho rya rubanda mu gukumira abangiza ibiti byatewe.

Uyu muturage yemereye Ministiri ko yakoze urugomo akonesha amashyamba yatewe, anamwizeza ko agiye kubera abandi urugero mu kurinda ibidukikije.

Ikibazo cy’umuswa kiracyari ingorabahizi mu kwangiza ibiti byatewe

Hamwe muho Minisitiri yasuye nko mu murenge wa Rwimiyaga, yasanze bimwe mu biti byatewe biribwa n’umuswa ndetse bikuma.

Minisitiri Kamanzi yasezeranyije ubuyobozi ko agiye kuganira n’inzego zitandukanye kugira ngo hashakirwe umuti ikibazo cy’umuswa wangiza amashyamba.

Bimwe mu biti byatewe byarumye kubera imiswa.
Bimwe mu biti byatewe byarumye kubera imiswa.

Yagize ati: “Ikibazo cy’umuti wica umuswa wangiza ibiti kigiye gukemuka. Ngiye kuganira n’ababishinzwe kuburyo kizakemuka vuba.”

Minisitiri yanasabye abayobozi bw’inzego z’ibanze gufata iya mbere mu gukangurira abo bayobora kwita ku bikorwa by’amashyamba bayabungabunga.

Dan Ngabonziza

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka