Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze baravuga ko ababyeyi badafite inka n’amasambu abakobwa babo batabona abagabo kuko ntacyo bakura iwabo.
U Rwanda rwatoza ibihugu byo mu Muryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasizuba (EAC) politiki nziza zijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye ndetse n’imiyoborere myiza rwagezeho, mu gihe muri ibyo bihugu usanga bikiri inyuma.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Francis Kaboneka, arashishikariza abaturage bo mu Karere ka Musanze by’umwihariko mu Murenge wa Muko kwicungira umutekano bakaza irondo, kuko ari bwo bazabasha guhashya ubujura bw’amatungo buhavugwa.
Dushimana Gilbert w’imyaka 19 wo mu Mudugudu wa Karebero mu Kagari ka Cyivugiza, Umurenge wa Muko nimugoroba tariki 17 Werurwe 2015 yitabye Imana nyuma yo kurwana na mugenzi we bapfuye gushetera amakipe (bakunda kwita “betting”) ariko ngo ntibashobore kumvikana.
Umugore wo mu Kagari ka Mburabuturo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze arasaba ko Itegeko Nshinga rihindurwa kugira ngo we n’abandi Banyarwanda bashaka ko Perezida Paul Kagame akomeza kubayobora bishoboke kuko ngo bitabayeho ashobora no kwiyahura kubera ibyo yamugejejeho.
Inzu y’ubucuruzi iherereye mu Mujyi wa Musanze rwagati, mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze hafi y’isoko ry’ibiribwa yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa saba z’ijoro zo ku wa Mbere tariki 16/03/2015 irashya irakongoka.
Ikigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere Imiturire (RHA), kirakangurura Abanyarwanda kubahiriza amategeko agenga imyubakire mu Rwanda, kuko bizabarinda guhura n’ingaruka zo kugwirwa n’amazu no gusenyerwa bitewe no kubaka ahantu hatemewe.
Abacuruzi n’abaguzi bo mu Karere ka Musanze baratangaza ko kuba igiciro cy’ibikomoka kuri Peterori cyaragabanutse ntacyo byamariye abaturage kuko bitatumye ibiciro by’ibicuruzwa bimanuka, ahubwo ngo hari bimwe na bimwe byazamutse.
Urukiko Rukuru rwa Musanze, ku wa kane tariki 12/03/2015, rwasomye urubanza rw’abantu 14 bakurikiranyweho gukorana na FDLR, 11 bahamwa n’ibyaha bakatirwa ibihano bitandukanye na ho batatu bagirwa abere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwatangiye kuganira n’abanyonzi bo mu Karere ka Musanze 3200 kugira ngo babyutse koperative CVM (Cooperative Velos de Musanze) yasenyutse, nyuma y’uko abanyonzi bagumutse bashinja ubuyobozi imicungire mibi y’umutungo.
Kaminuza y’u Rwanda, ishami ryigisha ubuhinzi, ubumenyi n’ubuvuzi bw’amatungo (UR-CAVM) ryatangiye kumurikira Abanyarwanda ubushakashatsi bwakozwe n’abarimu n’abanyeshuri kugira ngo buzifashijwe mu guhindura ubuhinzi n’ubworozi.
Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu (BNR), John Rwangombwa atangaza ko ubukungu bw’u Rwanda bushobora kuzazamuka hejuru ya 7% muri uyu mwaka wa 2014-2015 nubwo bateganyaga ko bwakwiyongera ku gipimo cya 6%.
Umugabo w’imyaka 43 witwa Mutabazi Aaron afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza kuva ku wa Kane tariki 05/03/2015, akekwaho gutwika munsi y’ugutwi umwana we w’umukobwa w’imyaka 11 akoresheje icyuma gishyushye.
Umupadiri witwa Havugimana Thacien w’imyaka 33 yitabye Imana nyuma yo gukora impanuka mu Kagari ka Kabushiye mu Murenge wa Rwaza, Akarere ka Musanze, kuri uyu wa Gatatu tariki 4/3/2015.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imisoro n’Amahoro (RRA) bafatanye umucuruzi wo mu Mujyi wa Musanze witwa Ndagijimana Céléstin inzoga zihenze za magendu yishyiriragaho ikirango cy’uko zasoze (tax stamp) kugira ngo hatazagira umutahura ko anyereza imisoro ya Leta.
Abantu bane bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busogo mu Karere ka Musanze bakekwaho kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 17 witwa Nyiramugisha wo mu Murenge wa Gataraga, mu ijoro ryo ku wa 26 rishyira ku wa 27/02/2015, nyuma yo kumusambanya ku ngufu.
Kuba abarezi ari bamwe mu bakozi ba Leta bahembwa amafaranga makeye ugereranyije n’abandi ndetse n’ibiciro ku masoko ngo bituma babaho mu buzima bugoranye kandi bikaba byagira ingaruka ku bo bigisha bityo bakaba basaba ko Leta yabashyiriraho ihahiro ryihariye rijyanye n’ubushobozi bwabo.
Abanyeshuri 483 barangije mu mashami atandukanye mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri barakangurirwa gukoresha ubumenyi bahawe bagahanga imirimo mishya aho guhora basiragira hirya no hino basaba akazi.
Ubuyobozi bwa Polisi ikorera mu Karere ka Musanze buratangaza ko hari abatekamutwe babeshya ko ikarabiya ikozwe mu mabuye y’agaciro yitwa mercure rouge ahenda cyane kugira ngo babahe amafaranga.
Uruganda rutunganya ibiryo by’amatungo rwitwa “Zamura Feeds” rwafunguwe ku mugaragaro ku wa Kane tariki 19/02/2015 rwitezweho guteza imbere aborozi bongera amagi babonaga, ndetse n’abahinzi bakabona isoko ry’umusaruro wabo.
Imvura ivanze n’umuyaga ndetse n’amahindu yaguye kuva saa saba z’amanywa ikomeza ijoro ryose tariki 17-18/02/2015 yasenye igikoni mu Murenge wa Nkotsi kigwira umugore arakomereka, inasakambura amazu kugeza ubu tutarashobora kumenya umubare.
Umucungamari w’Umwarimu SACCO Ishami rya Musanze, Uwankana Marie arasaba abarimu gusaba inguzanyo zo gushora mu mishinga ibyara inyungu kugira ngo bazayikureho amafaranga yo kubaka inzu, kuko inguzanyo yo kubaka inzu gusa ngo itera ubukene.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi w’abakunda wa Saint Valentin, ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 13/02/2015, mu mujyi wa Musanze habaye igitaramo kitabiriwe n’abantu batandukanye, aho abakundana bagiyeyo bambaye neza kurusha abandi bagenewe ibihembo.
Ihuriro ry’abagize inteko zishinga amategeko muri Afurika (APNAC: African Parliamentarians Network Against Corruption), rirashima imbaraga u Rwanda rushyira mu kurwanya ruswa, rikaba ryanatoye urihagarariye mu Rwanda kungiriza umuyobozi mukuru waryo ku rwego rwa Afurika kugira ngo u Rwanda rufashe uyu muryango guhangana na (…)
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof. Sam Rugege arahamagarira Abanyarwanda bose gutanga umusanzu wabo mu kurwanya ruswa kugira ngo ihashywe, kuko urugamba rwo kuyirwanya ruhariwe inzego za Leta, ruswa yakomeza kumuga ubukungu bw’igihugu.
Karegeya Appolinaire, umuhinzi w’intangarugero mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Musanze n’Urugaga Imbaraga mu Ntara y’Amajyaruguru ntibumvikana k’uwaba yarahanze akamashini gahungura ibigori, kuko buri wese yiyitira ko ari we wagakoze bwa mbere.
Umugore w’ imyaka 44 n’umugabo w’imyaka 43 bo mu Karere ka Musanze bafashe icyemezo cyo gusiga abana n’abafasha babo mu rugo basubira ku ntebe y’ishuri kwiga imyuga, kugira ngo bazagire icyo bamarira imiryango yabo.
Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Musanze yamennye ibiyobyabwenge bitandukanye bifite agaciro ka miliyoni 20 n’ibihumbi 509, ku wa Kabiri 10/02/2015.
Visi-chairman w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru, Rupiya Mathias akangurira abanyamuryango ba FPR kuba bandebereho aho bari hose, ngo ibyo bigomba no kujyana no gufasha abayobozi babo kugera ku nshingano bafite bitabira gahunda zose za Leta.
Perezida wa Komisiyo y’Abakozi ba Leta (PSC), Habiyakare François atangaza ko uturere tw’Intara y’Amajyaruguru ubu dusigaye twemera ibyemezo n’inama zatanzwe na PSC kandi mbere barabiteraga utwatsi.