Ikigo cy’ububiko bw’ibicuruzwa biva mu mahanga (MAGERWA), cyasuye abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, batuye mu mudugudu wa Bimba ho mu Kagari ka Gihara, Umurenge wa Runda, babashyikiriza n’inkunga y’ibiribwa, kuri uyu wa Gatanu tariki 12/04/2013.
Abahanzi 11 bari muri Primus Guma Guma Super Stars icyiciro cya III, baje kwifatanya n’Abanyakamonyi kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi, basura umudugududu w’abapfakazi bo mu murenge wa Ngamba n’Urwibutso rwo mu Kibuza mu murenge wa Gacurabwenge.
Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe abatUtsi, wabereye ku Rwibutso rwa Kamonyi, ruherereye mu murenge wa Gacurabwenge, abatuye akarere ka Kamonyi basabwe ubufatanye no kuba hamwe mu gihe cyo kwibuka.
Abakuru b’imidugudu babiri, abashinzwe iterambere babiri n’umwe mu bashinzwe umutekeno mu mudugudu bo mu murenge wa Runda, bahagaritswe ku mirimo by’agateganyo bazira kudatanga serivisi mbi ku baturage kandi bikitirirwa ubuyobozi muri rusange.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya “Unguka Bank” mu karere ka Kamonyi, kuri uyu wa mbere tariki 1 Mata 2013, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Rutsinga Jacques, yasabye n’andi mabanki kuza gukorera mu karere kuko ahakenewe, ngo afashe mu kwihutisha iterambere.
Hagenimana Maritini, utuye muri santeri ya Rugarika, mu kagari Nyarubuye, mu karere ka Kamonyi; yakoze ingufu zitanga umuriro w’amashanyarazi, ushobora gucana amatara 700.
Imwe mu mazu 36 yo mu mudugudu w’abacitse ku icumu wa Nyamugari, akagari ka Nkingo, umurenge wa Gacurabwenge; yasenywe n’imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 26/03/2013.
Imodoka nini (bisi) ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR), yavaga i Huye yerekeza i Rwamagana, yakoze impanuka igeze ahitwa ku Mugomero mu murenge wa Rugarika, mu Karere ka Kamonyi, abanyeshuri 15 barakomereka.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo mu Turere twa Huye, Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru barifuza ko nyuma ya gahunda ya mudasobwa kuri buri munyeshuri, hakenewe na gahunda ya mudasobwa kuri buri mwarimu.
Nubwo ubuyobozi bw’umurenge wa Mugina buvuga ko abanyakabari bafite ibwiriza ryo kwirinda ikoresha ry’umuheha umwe, tumwe mu tubari two muri uwo murenge wo mu karere ka Kamonyi turacyagaragaramo iyo ngeso.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi arasaba inzego zitandukanye gufasha mu gukangurira abaturage ububi bwa sukari guru kuko hari abacuruzi bo mu isoko rya Mugina bayicuruza rwihishwa.
Nyirabatambiyiki Devotha w’imyaka 28 arakekwaho kwivugana umwana yari amaze kubyara. Uyu mugore wari ubyariye mu rupagasirizo, ari mu bitaro kuko kwibyaza byamugizeho ingaruka; akaba yemera icyaha, yiteguye no kwirengera ingaruka za cyo.
Mu isuzuma ry’aho imihigo y’umwaka wa 2012/2013 igeze ishyirwa mu bikorwa, itsinda riturutse ku Ntara y’Amajyepfo ryasabye abakozi b’akarere ka Kamonyi gutanga raporo zigaragara neza kandi bakazitanga ku gihe, aho kuzikora hutihuti.
Ibishambusha birimo inyama bikunze gucururizwa mu masenteri yo mu cyaro, ibyo muri santeri ya Musumba, mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi babyita “Nzaba ndwubaka”. Abahatuye bavuga ko iryo zina baribihaye kuko bikunze kuribwa n’abasore badafite abagore.
Abaturage bo mu murenge wa Kayumbu, mu karere ka Kamonyi, barangije kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de santé), babikesha guteganya itungo bazajya bagurisha ibirikomokaho, ngo babone kwishyura uwo musanzu buri mwaka.
Abahinze inanasi mu materasi barasaba uburengazira bwo kuzirandura, kuko zajemo uburwayi zikaba zidatanga umusaruro, bigatera abaturage gusonza. ariko ubuyobozi bw’umurenge ntiburabibemerera kuko bwemeza ko iyo ndwara ishobora kuvurwa.
Ubukene batewe n’umusaruro mubi wavuye mu buhinzi bwa Soya n’ubw’inanasi, uburyo bwakoreshejwe mu bukangurambaga bwo kwitabira Mituweli ni byo bibazo byaganiriweho mu kiganiro abatuye umurenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi bagiranye n’abanyamakuru tariki 14/03/2013.
Mu rwunge rw’amashuri rwa Buye mu murenge wa Nyamiyaga hibwe mudasobwa z’abana 22 muri 510 bari barahawe, kandi ubuyobozi bw’ikigo bukaba bataramenye igihe izo mudasobwa zibiwe. Hashize icyumweru bimenyekanye, polisi y’igihugu imaze gutahura abatwaye enye.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative yo kubitsa no kuguza CLECAM EJO-HEZA Kamonyi, barasaba ko hakurikizwa inyungu z’imishinga mu kugena inyungu ku nguzanyo, kuko imishinga yose itunguka kimwe.
Ubwo abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sport bavaga mu karere ka Nyanza berekeza kuri Stade Amahoro mu mujyi wa Kigali, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 09/03/2013, bageze mu karere ka Kamonyi bahagonga umwana w’umukobwa ariko ntiyapfa.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr Alivera Mukabaramba, arashima intambwe u Rwanda rumaze kugeraho mu gushimangira ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bw’umugabo n’umugore haba mu nzego z’ubutegetsi no mu muryango.
Abantu babiri bari kuri moto bitabye Imana nyuma yo kugongana n’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya Sosiyeti itwara abagenzi Volcano mu mpanuka yabaye ku mugoroba w’ejo ku cyumweru tariki ya 03/03/2013 ahitwa I Rugobagoba mu karere ka Kamonyi.
Abayobozi b’akarere ka Kamonyi basabye abakora ubucuruzi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga mu birombe bibarurirwa muri ako karere kwitwararika amabwiriza n’amategeko agenga iyo mirimo ngo habungwabungwe umutekano n’ubuzima bw’abaturage bitaba ibyo bagafatirwa ibihano.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi bwamaze gutegeka abagatuye kubyaza umusaruro amasambu bafite yari yarabaye ibisambu cyangwa bakayakodesha kubakeneye kuyahinga, kugira ngo umusaruro wera mu karere wiyongere.
Nyiransekuye Chricelina wo mu kagari ka Nyarubuye, umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi yabonye ihene ye yari yibwe na Iradukunda Jean Pierre umusore w’imyaka 18 wari waraje gupagasa. Iyo hene akaba yayirangiwe n’umumotari Iradukunda yateze ayifite.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi batangiye kumurika ibikorwa bya bo mu rwego rwo kumenyekanisha ibyo bakora no kwigira ku bandi mu rwego rwo kunoza imikorere.
Abamotari n’abagenzi bakorera ku maseta y’abamotari bo mu karere ka Kamonyi ntibavuga rumwe ku ugomba kukishyura, n’ubwo muri bose bemeza ko nta uyobewe akamaro kako ariko bagahitamo kukihorera ngo badapfa amafaranga.
Hari amasambu y’abarokotse Jenoside yubakiwemo abatishoboye, andi arasaranganywa; ndetse hari n’ayagurishijwe n’abo mu miryango ya bo; bitewe n’uko nyuma ya Jenoside nta makuru ku waba yararokotse mu muryango yabaga ahari, cyangwa urera umwana akabyitwaza akamurira utwe.
Ibibazo by’amakimbirane bikunze kugaragara, ahanini usanga bishingiye ku mitungo; aho bamwe mu bagomba kuyifatanya baba bashaka kuyikubira. Ibyo bitera ingaruka zirimo inzangano, gutandukana kw’abashakanye ndetse no guhora mu manza.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri, ababyeyi n’izindi nzego zikurikirana iby’uburezi mu karere ka Kaonyi, byagaragaye ko hari ibigo byatsindishije abana bacye, bafahse ingamba zo kubasaba gukurikirana imyigire y’abana ku ruhande rwa buri wese.