Abasore babiri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubukorikori rya Rukoma, bahisemo kwiga mu ishami ryo gutunganya imisatsi no guca inzara, bitewe n’uko babona ababikora batabura ibiraka kandi bakaba babona mu nzu zitunganya imisatsi y’abagore higanjemo abasore.
Umugabo witwa Vincent Yambabariye wari ucumbitse mu mudugudu wa Mataba y’epfo, akagari ka Kabugondo mu murenge wa Mugina, yatorotse urugo rwe, mu gihe abaturanyi bahasanze umurambo w’umugore we bari baraye batonganye.
Abagore bahagarariye abandi mu karere ka Kamonyi barashima ibyakozwe n’abagore b’Abadepite bari muri manda igiye gucyura igihe, kuko bagaragaje ubufatanye mu kuzamura umugore, bamwegera bakamugira inama bakanatora amategeko amurengera.
Umugabo ufite imyaka 45 wabanaga mu rugo n’umwana we w’umukobwa w’imyaka 9, yamuhohoteye tariki 25/5/2013. Bwacyeye umwana abimenyesha nyirasenge nawe wabimenyesheje Polisi maze atabwa muri yombi.
Nshimiyimana Kayitani w’imyaka 29, yiciwe mu muhanda uva ku Ruyenzi werekeza i Gihara, mu rukerera rwa tariki 30/05/2013, ahagana saa cyenda n’igice z’ijoro. Mu bakekwaho kumwica basangiriraga mu kabari, umwe niwe umaze gutabwa muri yombi.
Bamwe mu bashigajwinyuma n’amateka bo mu kagari ka Kagina, umurenge wa Runda ho mu Karere ka Kamonyi, batangaza ko bataretse gukora umwuga w’ububumbyi, ahubwo bahinduye uburyo babikoragamo.
Ivuriro ry’ibanze Poste de santé ryubatswe n’Umuryango w’Abanyakoreya “Good Neighbors Rwanda”, mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Nyamiyaga, kuri uyu wa kane tariki 23/05/2013 ryamurikiwe abaturage.
Mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 19/5/2013, hatahuwe mu musarani, umurambo w’umukecuru Mukadeha Agnes w’imyaka 52, n’uw’umukobwa we Mukazamu Josephine; bikaba bikekwa ko bishwe n’umuhungu wa bo Bizimana Janvier, kuri ubu batazi aho aherereye.
Abagore bo mu mudugudu wa Kigarama, akagari ka Sheli, umurenge wa Rugarika, mu karere ka Kamonyi, bibumbiye muri Koperative idoda ikanakora ibitenge bavuga ko nyuma yo kwiga umwuga no kwibumbira muri koperative, ingo za bo zimaze gutera imbere.
Nyuma y’igihe kirekire abahinga umuceri mu gishanga cy’Umukunguri, barya umuceri basekuye mu isekuru, kuri ubu hashize amezi abiri babonye uruganda ruwubatonorera, bakaba bishimiye ko batagitanga amafaranga yo kuwutonoza cyangwa ngo bawusekure.
Abanyeshuri baturutse muri amwe mu mashuri yisumbuye yo mu karere ka Kamonyi, bitabiriye amarusha ku bihangano by’imiturire myiza yateguwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, mu rwego rwo gushishikariza abatuye mu cyaro kwitabira gahunda yo gutura ku mudugudu.
Inzu y’uwitwa Munyabarame Jean Pierre iherereye ahitwa Kamuhanda mu kagari ka Ruyenzi, umurenge wa Runda, yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu ijoro ryo kuwa 13/05/2013, ku bw’amahirwe ntihagira umuntu uyigwamo.
Kuva tariki 10-13/05/2013, ahantu hatandukanye mu karere ka Kamonyi, hishwe abantu bane. Impamvu z’ubwo bwicanyi ziratandukanye kandi bamwe mu bakekwaho ubwo bwicanyi bamaze gutabwa muri yombi.
Nyuma yo gusura Uwibutso rwa Mugina rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside isaga ibihumbi 34, tariki 11/5/2013, abakozi ba Minisiteri y’ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) bemeye gutanga umuganda wo gusana amazu ya bamwe mu bapfakazi ba Jenoside bo mu mudugudu wa Nyagasozi.
Amacakubiri yabibwe n’abayobozi bateguye Jenoside, yatumye bamwe mu banyarwanda bagira urwango rwabashoye mu bwicanyi. Umunyamabanga Uhoraho muri MINICOM, atangaza ko urwo rwango rutari muri kamere ya Muntu kuko yuma y’ibyabaye Abanyarwanda bongeye kubana neza.
Abakorerabushake bo muri Koreya y’Epfo bakorera umuryango KOICA, bakaba batuye mu mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Sheli, umurenge wa Rugarika; batangiye kubaka ibyumba bitatu by’amashuri ku Kigo cya Kinyambi, mu rwego rwo gufatanya n’abaturage kwiteza imbere.
Nyuma y’igihe cy’imyaka ibiri hafatwa ibiyobyabwenge mu duce dutandukanye tw’akarere ka Kamonyi, Ubushinjacyaha ku Rukiko rw’Ibanze rwa Gacurabwenge, bwafashe icyemezo cyo kubitwika kuko byari bibitswe mu nzu bakoreramo kandi bishobora guhumanya ubuzima bw’abahakorera n’abahagenda.
Hakundimana Jean Baptiste w’imyaka 35, wari utuye mu mudugudu wa Nyamirembe, akagari ka Rukambura, umurenge wa Musambira, yicishijwe ifuni bamukubise mu mutwe.
Niyibizi Theoneste wari utuye mu mudugudu wa Kagangayire, akagari ka Sheli ho mu murenge wa Rugarika, yapfuye nyuma yo kugwirwa nurukuta rw’inzu ye, ubwo we na mugenzi we Uwizeyimana Claude bayihomaga aho yari itangiye gusenywa n’imvura.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abagore bari bamaze kwicirwa abagabo, bategetswe kunyura umuhanda wa Nyarubaka berekeza i Kabgayi, mu nzira bakorewe ibibi byinshi, birimo kwicirwa abana b’abahungu 150, bamwe muri bo bakabategeka kubihambira.
Mu mukwabo wabaye ku bufatanye bw’Ingabo na Polisi mu murenge wa Runda no mu wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi, hafashwe urumogi, inzoga z’inkorano, na bamwe mu bakekwaho guhungabanya umutekano.
Abatanze ubutumwa mu muhango wo kwibuka Abatutsi baguye mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi, bahamya ko abantu bakuze babibye amacakubiri mu bana, bakaba bakwiye kubasaba imbabazi.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, aratangaza ko Abatutsi bazize Jenoseide yo mu 1994 bagifite agaciro mu Banyarwanda, n’ubwo ababishe babikoze bashaka babatesha agaciro.
Ubwo basobanuriraga imikoreshereze y’inkunga y’ingoboka, izahabwa abatishoboye 239 bo mu murenge wa Gacurabwenge, bamwe muri bo bagaragaje ko batishimiye ko hakorwamo imishinga ikorewe hamwe ibateza imbere, kuko ngo badafite imbaraga zo kugenzura ibyo bikorwa izaba yashowemo.
Abagabo babiri bakekwaho kwiba moto yo mu bwoko bwa AG100 y’uwitwa Twagirimama Vedaste ukomoka mu karere ka Karongi, bafatiwe ahitwa kuri Duwani, mu kagari ka Bibungo, umurenge wa Nyamiyaga; ho mu karere Kamonyi mu rukerera rwa tariki 24/04/2013.
Anathalie Nyirabikari w’imyaka 67, wari utuye umudugudu wa Nyabitare, akagari ka Gitare ho mu murenge wa Nyarubaka, bamusanze mu nzu amaze iminsi yicishijwe ibyuma. Abantu batanu bakaba bakekwaho kuba ari bo bamwishe.
Ntirenganya Celestin, umusore w’imyaka 30, akaba yari umukozi wa Airtel ku Ruyenzi, yagonzwe n’imodoka ikurura izindi, ubwo yari ageze ahitwa ku Mugomero, agiye gucuruza telefoni n’amakarita ku Kamonyi.
Abapolisi basaga 40 bayobowe n’umukuru wa bo IGP Emmanuel K. Gasana, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi, tariki 17/04/2013, banizeza Abanyakamonyi ko Jenoside itazongera kuba.
Hamwe mu hacukurwa amabuye y’agaciro mu karere ka Kamonyi, hagaragaramo abakora nta byangombwa babifitiye. Mu gihe ubuyobozi buhangayikishijwe n’umutekano wa bo, ababukora bo bemeza ko baba batumwe n’abemerewe gukora iyi mirimo.
Mu murenge wa Rugarika, akagari ka Sheli, umudugudu wa Kagangayire, umugore uhetse umwana yaje gusaba icumbi mu rugo rwa Murekeyimana Celestin, bukeye mu gitondo basanga umugore yagiye yasize wa mwana n’ifishi y’ikingira mu buriri.