Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques yakoranye inama n’abaturage 25 bafite isambu mu murenge wa Runda uruganda Ruliba Clays LTD rushaka gucukuramo ingwa, maze abamenyesha ko akarere kemeye kubaha ingurane maze kakaziyumvikanira na Ruliba.
Munyankumburwa Selemani w’imyaka 68, utuye mu mudugudu wa Kagina, akagari ka Kagina, umurenge wa Runda, yishwe n’inka y’umuturanyi we bari baragiranye mu gisambu, ajyanwa kwa muganga agezeyo ahita yitaba Imana.
Abahinzi b’inanasi bahangayikishijwe n’uburwayi bwateye mu nanasi kuko bwagabanyije umusaruro ndetse n’uburyohe bukaba bwarahindutse. Ubu burwayi bwugarije akarere kose, burimo gukorerwa ubushakashatsi, ngo abahinzi bagirwe inama z’uko babyifatamo.
Ibirori byo kwizihiza umunsi w’Intwari byitabiriwe n’abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye baturutse ku bigo 9 byo mu murenge wa Runda. Ubutumwa bwatanzwe, bwibanze ku kwihatira gukora ibikorwa byiza, kuko ari byo biganisha ku butwari.
Uruhnjwa rwahawe izina rya Esperance ni rwo rwavukiye bwa mbere mu nz nshya y’ikigo nderabuzima cya Matyazo, mu masaha y’ijoro mbere ho gato ngo gitahwe ku mugaragaro, kuwa Gatanu tariki 01/02/2013.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu, Dr. Alvera Mukabaramba, kuri uyu wa Gatanu tariki 1/02/2013, yasuye Intore ziri ku rugerero mu kagari ka Gihinga umurenge wa Gaurabwenge, zimutangariza uko ibikorwa bigenda n’imbogamizi bahura na zo.
Abakuru b’imidugudu 59 yo mu karere ka Kamonyi bakoze neza mu gukangurira abaturage kubahiriza gahunda za leta no gutanga serivisi nziza bahembwe amagare kuwa kane tariki 31/01/2013.
Dushimimana Samson yarangije amashuri abanza mu mwaka wa 2012, afite amanota ya mbere mu karere ka Kamonyi. Mu kiganiro twagiranye, yadutangarije ko yahise afata ingamba zo gukaza umuhate mu kwiga, ku buryo azagera no muri kaminuza.
Umukecuru Kasanziki Consilia w’imyaka 61, wari utuye mu mudugudu wa Buhoro, akagari ka Kigembe ho mu murenge wa Gacurabwenge, yishwe mu joro ryo ku itariki 28/1/2013. Umuhungu we muto yemera ko yagize uruhare mu kwica nyina.
Abashoramari batangiye kuhubaka inzu zigerekeranye mu kagari ka Ruyenzi mu murenge wa Runda, zizafasha abahatuye kubona servisi zitandukanye.
Ahagana mu saa cyenda z’igicamunsi tariki 28/01/2013, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna yavaga i Muhanga yerekeza i Kigali, yabirindutse mu muhanda ariko umushoberi n’abandi bantu babiri yari atwaye, ntawigeze agira icyo aba.
Hashize ibyumweru bibiri uwitwa Nyiraneza Chantal yirukanywe mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Gihinga , mu murenge wa Gacurabwenge, akarere ka Kamonyi, akavuga ko yazize ko abana be barwaye bwaki ariko ubuyobozi bukemeza ko atabitagaho.
Abagabo babiri bacumbikiwe kuri sitatiyo ya Polisi ya Musambira, bakekwaho ubutekamutwe bwo kwigira abakozi ba Sosiyeti y’itumanaho Airtel, bakaba bashakaga kwaka amafaranga umucuruzi ngo bamugurire butaka bwe, ahazubakwa umunara.
Abasore bagera kuri 50 bazindukira ku iseta iri ku muhanda w’ahitwa Rwamushumba mu kagari ka Muganza mu murenge wa Runda, bategereje amakamyo aturuka ku Ruyenzi no mu mujyi wa Kigali, ngo bayarangire ahari umucanga , babone n’ikiraka cyo kuyapakira.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, aravuga ko kuba mu Rwanda serivisi zidatangwa neza uko byakagombye biterwa n’uko mu muco nyarwanda abantu badatozwa uwo muco kuva cyera.
Abarimu 300 bigisha ku bigo by’amashuri bitandukanye byo mu karere ka Kamonyi, basoje amahugurwa kuri gahunda y’uburezi budaheza. Abo barimu bavuga ko inyigisho bahawe zabongereye ubumenyi ku kwita ku bana bafite ubumuga.
Ivatiri ifite puraki RAA 871M yavaga ku Ruyenzi yerekeza i kigali, yagonze umwana w’imyaka 7 agahita apfa ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba tariki 02/01/2013. Iyo mpanuka yabereye ahitwa Kamuhanda mu kagari ka Ruyenzi, umurenge wa Runda.
Mu rwego rwo kunoza serivisi zitangwa mu bigo bya Leta n’ibyigenga, akarere ka Kamonyi kashyizeho Komite ishinzwe kugenzura imitangirwe ya serivisi mu nzego zitandukanye. Iyo komite ihuriweho n’ubuyobozi bw’akarere n’urwego rw’abikorera.
Hashize imyaka ibiri abaturage 25 bafite amasambu arimo ingwa ahegereye ahacukurwa ingwa n’uruganda rwa Ruliba Clays Ltd, barabuze ubwumvikana n’urwo ruganda ngo rubagurire isambu za bo cyangwa ngo akarere kabareke bakoreremo ibikorwa bya bo.
Siborurema Jean Marie Vianney w’imyaka 30 na Nzabahimana Jean Baptiste w’imyaka 25, bafashwe bavuye kwiba umucuruzi bitwaje imbunda nto yo mu bwoko bwa Pistolet mu ma saa yine z’ijoro rishyira tariki 15/12/2012.
Urubyiruko ruri mu itorero ry’igihugu mu karere ka Kamonyi, ruremeza ko kuba umubare munini w’abakoresha ibiyobyabwenge wiganjemo urubyiruko, bizaborohera kubegera babakangurira ububi bw’ibiyobyabwenge kuko babibonamo nka bagenzi ba bo.
Mu muhango wo gutangiza umushinga USAID Gimbuka, mu karere ka Kamonyi tariki 11/12/2012, Guverineri Alphonse Munyentwari yashimiye Caritas Rwanda uburyo idahwema gufasha abatishoboye, ariko kandi asaba abafashwa guharanira kwiyubaka.
Mu rukerera rwo ku cyumweru tariki 09/12/2012, ubuyobozi bw’umurenge wa Runda bufatanyije n’inzego z’umutekano, bafashe abantu 37 badafite ibyangombwa n’udupfunyika 1126 tw’urumogi. Abo bafashe bahise babohereza mu kigo ngororamuco cya Kayenzi.
Madamu Monique Nsanzabaganwa, Guverineri wungirije wa Banki Nkuru y’u Rwanda, atangaza ko u Rwanda ruza ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kwegereza ibigo by’imari abaturage, nk’uko yabivugiye mu ntara y’Amajyepfo, kuwa Kane w’iki cyumweru.
Mu ruzinduko umuvunyi mukuru Aloysie Cyanzayire yagiriye mu karere ka Kamonyi, tariki 06/12/2012, yasabye abaturage kugira uruhare mu gukumira ruswa n’akarengane kandi bagatunga urutoki ahavugwa ruswa hose.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi bwemeje ko bugiye guha abantu baje gucumbika muri uwo murenge ikibaranga kuko kuba batazwi byatuma rimwe na rimwe bateza ibibazo by’umutekano muke cyangwa bakarenganywa n’abo baje gukorera.
Ubwo umugenzi yavaga muri tagisi ahitwa Bishenyi akabura amafaranga ye yahise ayikurikira maze ayafatana abagore batatu bari kumwe muri tagisi.
Abatuye ku butaka bwabaruwe kuzubakwamo ibiro by’akarere ka Kamonyi, bahangayikishijwe n’uko ubuyobozi butabishyura kandi n’ ibiciro by’ubutaka bikaba byiyongera bataragura aho bazimukira.
Havugimana Jules w’imyaka 13 utuye mu murenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi amaze kwigurira ihene ifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 10, abikesha inyungu yakuye mu bucuruzi bw’amagi.
Inteko rusange y’Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Kamonyi (JADF), yateranye kuwa Gatanu tariki 30/12/2012, yemeje ko igomba gutegura imurikabikorwa rizaba mu cyumweru cya kabiri cy’ukwezi kwa 02/2013.