Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi iravuga ko ibigega bishinzwe kugoboka abaturage bahuye n’ibibazo byuzuye ibiribwa, ku buryo nta muturage wahombejwe n’ibiza uzasonza.
Ishuri ribanza ryitwa Jean Depaepe ry’i Musambira muri Kamonyi ryashingiye kuri gahunda yiswe gir’inka, rikaba ryoroza urukwavu umwana wese urangiza kuryigamo.
Bamwe mu banyeshuri bo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko mu bituma bareka ishuri harimo kwimwa ifunguro rya ku manywa bakajya kwirwanaho hanze.
Amabwiriza ya Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) asaba buri kigo gifite amasambu kuyabyaza umusaruro gikoresheje abacyigamo, ariko ngo haracyagaragara ibigo bitayakurikiza kuko bitinya abanyeshuri.
Umuryango mugari wa KT Global washyikirje ibikoresho by’amashuri ikigo cy’amashuri abanza cya Wimana, mu rwego rwo kunoza imikoranire myiza basanzwe bafitanye no gushyigikira uburezi.
MINEDUC yatahuye abarezi n’abayobozi b’amashuri bahabwa ruswa n’ababyeyi, kugira ngo babigishirize abana neza bigatuma birengagiza abana batagira amikoro.
Mu bugenzuzi bw’ireme ry’uburezi Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iri gukorera mu gihugu hose mu mashuri abanza n’ayisumbuye, hagaragayemo bimwe mu bigo bifite abana bari mu myaka yo hejuru mu mashuri abanza, batazi gusoma no kwandika Ikinyarwanda.
Kubera ko abirabura bazwiho umuco wo kudasoma, hari uwabavugiyeho ko iyo ushaka kugira icyo ubahisha ucyandika.
Abantu batanu bitabye Imana bazize inkangu yaridutse igasenyera umuryango umwe w’abana bane n’umubyeyi wabo.
Muri Jenoside Mukanyana Vestine baramutemye ariko ntiyapfa, n’uwamukuye mu mirambo aho bari bamujugunye amujyana iwe akajya afatanya na murumuna we kumufata ku ngufu.
Amabwiriza ya Leta y’uko nta bwato bwemewe gukoreshwa mu kwambutsa abaturage umugezi wa Nyabarongo nta moteri bufite ntiyubahirizwa.
Akarere ka Kamonyi kabaye aka mbere mu kwesa imihigo urubyiruko rwahize mu mwaka w’imihigo wa 2016-2017 ku manota 89.29%.
Abahinzi bo mu bishanga bya Bishenyi, Kamiranzovu na Rwabashyashya, baguye mu gihombo kubera umwuzure wabatwariye imyaka bari barahinze.
Ku ishuri ryisumbuye rya ISETAR riri mu Karere ka Kamonyi bari mu kababaro nyuma y’uko umunyeshuri wahigaga bamusanze mu buriri yapfuye.
Abakozi batandatu b’utugari tugize Akarere ka Kamonyi basezeye ku kazi, nyuma y’inzu zubatswe mu kajagari mu gihe cy’amatora ariko zikaza gusenywa.
Inzu z’abayobozi zubatswe nta byangombwa ni zo zahereweho zisenywa mu nzu 350 zigomba gusenywa mu Karere ka Kamonyi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwasabye abafite ibibanza byashyizwe mu bigomba gusora ariko ntibasore kubibyaza umusaruro kugira ngo babone ay’imisoro cyangwa bakabigurisha.
Abakunzi b’ikigage cyaba igisembuye cyangwa ikidasembuye bakiguraga batizeye neza isuku yacyo bagiye gusubizwa kuko mu Karere ka Kamonyi hagiye kubakwa uruganda rugitunganya.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mari Rose Mureshyankwano yanenze abayobozi barebereye abaturage bubaka inzu mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe cy’amatora.
Nyuma y’imyaka ine muri Kamonyi hubatswe uruganda rutonora umuceri abawuhinga bahinduye imibereho kuko bawugurishiriza hafi kandi bakanabonaho uwo kurya.
Abavumvu bo mu Karere ka Kamonyi bihangiye umurimo wo gukora amavuta yo kwisiga mu bishashara by’nzuki bisigara iyo bamaze gukuramo ubuki.
Umukecuru utuye mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi avuga ko hari abantu akeka ko ari abaturanyi be bamubujije amahwemo, nijoro ntabashe gusinzira.
Amasosiyeti akora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Kamonyi arasaba ubuyobozi kubafasha gukumira abakora forode y’amabuye y’agaciro kuko ari bo bohereza abajura mu birombe.
Ababyeyi bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kamonyi, bamaze amezi 10 badahabwa inkunga y’ingoboka ibunganira mu mibereho.
Umugabo witwa Gakara Jean Claude ucukura amabuye y’agaciro mu Murenge wa Rukoma mu Kagari ka Murehe, yaraye akuwe mu kirombe ari muzima, nyuma y’uko kimugwiriye ku wa gatandatu tariki 13 Gicurasi 2017 i saa tatu za mu gitondo.
Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe muri Nyakanga 1994, Mwiseneza Jean Claude n’abavandimwe be, ntibabimenya, baguma mu buhungiro kugera muri Kanama 1995.
Ubwo yari mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Mugina, muri Kamonyi, Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Marie Rose Mureshyankwano, yafashwe n’ikiniga ararira.
Inzu yagenewe kubika amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, imaze imyaka isaga 10 idakorerwamo, yarangiritse ku buryo ishobora no gusenyuka.
Abaturage bo muri Kamonyi bifuza ko “Ku bitare bya Mpushi” aho umwami Ruganzu II Ndoli yanyuze hatunganywa hakaba ahantu ndangamateka.
Nyirangendahimana Madolene wo mu Karere ka Kamonyi ababazwa n’uburyo Gitifu w’Akagari yamwambuye amafaranga yari amurimo bigatuma Banki iteza cyamunara umurima we.