Umugirasoni Chantal, umutoza w’Intore mu Karere ka Kamonyi, avuga ko binyuze mu bo batoza, basanga hakiri ababangamira ubumwe n’ubwiyunge.
Urubyiruko rwiga imyuga rwakunze kubangamirwa no kubura igishoro cyo gutangira gushyira mu bikorwa ibyo rwize, mu gihe rushoje amasomo.
Abantu 12, biganjemo abanyeshuri, batsinze amarushanwa yo kwandika yateguwe n’umushinga “Andika Rwanda” bahawe ibihembo birimo mudasobwa.
Mu nteko y’abaturage mu Karere ka Kamonyi bamwe mu baturage bahisemo kwandikira umuyobozi w’ako karere batinya ko bashobora kwimwa ijambo.
Umuryango utegamiye kuri Leta, Transparency International Rwanda utangaza ko ruswa ihabwa abayobozi isigaye inyuzwa mu bakomisiyoneri kugira ngo uwayatse atamenyekana.
Abazwi ku izina rya Kavukire, batuye mu mujyi wa Kamonyi, bavuga ko amikoro make ababuza kubaka uko igishushanyo mbonera cy’umujyi kibigena.
Umushumba wa Dioyesezi Gatulika ya Kabgayi, Musenyeri Mbonyintege Samaradge, yatangije Paruwasi nshya ya Ruyenzi, bitewe n’ubwiyongere bw’abakristu muri ako gace.
Abakozi babiri b’abagore b’Akarere ka Kamonyi, barwaniye mu biro, bari kugenzurwa kugira ngo bazahanwe hakurikijwe abategeko agenga abakozi.
Abakora mu gishanga cya Nyabarongo mu murenge wa Mugina, muri Kamonyi, bakoze imyigaragambyo basaba kwishyurwa kuko bamaze amezi atatu badahembwa.
Abanyamuryango ba RPF mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, biyemeje gukora ubukangurambaga no gufasha abatishoboye kwitabira ubwisungane bwa mituweli.
Abahinga mu bishanga bitandukanye byo mu Karere ka Kamonyi, bavuga ko imbuto y’ibigori bahabwa itinda kwera, bigatuma batubahiriza igihembwe cy’ihinga.
Abanyamuryango ba Koperative CORIMU ihinga umuceri mu murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, barinubira ibyemezo bifatwa na Komite nyobozi, itabagishije inama.
Abahinzi babaye indashyikirwa mu karere ka Kamonyi, bahawe ibihembo n’akarere, kugirango bitere ishyaka n’abandi, bitabire gukora ubuhinzi bw’umwuga.
Abatuye mu Isanteri ya Nyarutovu, mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi bafite impungenge z’amapoto y’ amashanyarazi ashaje akaba yaratangiye kubagwira.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, arasaba abaturage b’Umurenge wa Nyarubaka gushyira hamwe no gufasha abatishoboye kugira ngo na bo bagire ubuzima bwiza.
Tegejo Silas wari umwaze umwaka ategereje umukuru w’Akarere ka Kamonyi ngo amugezeho akarengane yagize, yashumbushijwe indi nyuma yo kugaragaza ibyamubayeho.
Abaturage bajuririye ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo ntibitabira kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza kuko bategereje ibyiciro bishya.
Abaturage n’ubuyobozi mu Karere ka Kamonyi baritana ba mwana k’uwari ukwiye kubungabunga amasoko nyuma y’aho amazi ya WASAC abagereyeho.
Bamwe mu baturage bakennye cyane bo mu Karere ka Kamonyi barifuza ko ababegera bakabaha ibitekerezo byatuma bagera ku mishanga yo kwiteza imbere.
Abakorerabushake b’Abanyakoreya bari bamaze imyaka itanu babana n’abaturage mu Karere ka Kamonyi, barabasaba gusigasira ibikorwa by’iterambere babafashije kugeraho kuko bo bagiye gusubira iwabo.
Abahinga mu Gishanga cya Kayumbu baratangaza ko bagira imbogamizi zo guhinga mu Mpeshyi kubera ikibazo cy’amazi make muri icyo gishinga.
Nubwo hashize umwaka hatangirwa amasomo y’imyuga, urubyiruko ruhamya ko kutagira umuyoboro wa internet bituma Ikigo cy’Urubyiruko cya Kamonyi kitagendwa cyane.
Abakuriye urubyiruko baravuga ko kuba urwinshi muri rwo rudatinyuka kwaka inguzanyo zo gukora imishinga, bituma rudindira kandi rwagakwiriye kuzamukira ku mahirwe rwashyiriweho.
Bamwe mu bayobozi b’utugari tugize akarere ka Kamonyi bataba aho bakorera, bituma hadashyirwa ingufu mu kurara amarondo, bikongera ibyaha bikorwa n’injoro.
Abahinzi b’umuceri bibumbiye muri Koperative CORIMU barishimira guhinga umuceri kuko byabakuye ku kuwurya bawuhashye, ahubwo bakaba batunzwe n’umusaruro biyejereje.
Umuryango w’umukobwa wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ugomba gushakira umwana wabo ibikoresho bitandukanye bizamufasha mu rugo rwe rushya harimo n’ibyo mu ruganiriro.
Abana bitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi w’umuganura bishimiye kumenya ibikoresho byifashishwaga n’abanyarwanda ba kera n’akamaro kabyo.
Umushinga w’Abanyakoreya, GCS (Global Cilil Sharing) wita ku iterambere ry’abaturage, watangiye gufasha abaturage b’Akarere ka Kamonyi kurwanya ubujiji, by’umwihariko abatari bazi gusoma no kwandika.
Mu gihe abatuye Agasozi Ndatwa ka Mbayaya bavuga ko nta bikorwa remezo bihari ubuyobozi wo bu buvuga ko byose bihari ahubwo abaturage banze kuhatura.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi yataye muri yombi abakobwa batatu bakora mu nzu y’icumbi (Lodge) bakekwaho kwiba amafaranga y’Umunyekongo wari waharaye.