Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bishimira igabanuka ry’indwara zirimo Cholera n’impiswi, kubera amazi meza bahawe.
Mu bitaro bya Gihundwe biherereye mu Karere ka Rusizi hatangijwe serivisi y’ubuvuzi bw’indwara z’impyiko (Dialysis) izafasha abafite ubwo burwayi kubona aho bivuriza hafi.
Abagore bibumbiye mu rugaga rushamikiye ku muryango wa FPR INKOTANYI mu Karere ka Rusizi, bakesheje ijoro bizihiza isabukuru y’imyaka 23 u Rwanda n’Abanyarwanda bamaze bibohoye.
Ubwo Espoir yasezereraga Rayon Sports mu mikino y’igikombe ry’Amahoro abatuye i Rusizi birukiye mu mihanda kubera ibyishimo imodoka zibura uko zitambuka.
Igihugu cya Congo n’u Rwanda bagiranye amasezerano akubiye mu mushinga wo gucukura Gaz Metane iri mu Kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kuyibyazamo amashanyarazi angana na MW200.
Abatuye Akagari ka Shara mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko babuze amazi,hashize amezi atandatu bavoma amazi mabi y’ikiyaga cya Kivu.
Umuryango w’Abayisiramu mu Rwanda n’abaterankunga bawo bo muri Turukiya baremeye Abayisilamu batishoboye bo muri Nyamasheke kubafasha kurangiza neza igisibo cya Ramadhani.
Urubyiruko ruherutse gutahuka ruvuye muri Congo, bavuga ko bagejeje ku myaka 25 batazi gusoma no kwandika kubera imyaka bamaze bazerera mu mashyamba ya Congo.
Ababyeyi bacururiza isambaza ahazwi ku izina ryo mu "Budiki" mu karere ka Rusizi bavuga ko abana benshi bataye ishuri baza gushaka amafaranga.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rusizi batagiraga aho baba bashyikirijwe inzu bubakiwe.
Ababyeyi bivuriza ku kigo Nderabuzima cya Rwinzuki mu murenge Nzahaha mu karere ka Rusizi, bavuga babangamiwe no kubyarira ahatabona.
N’ubwo biteganyijwe ko uruganda rwa Nyiramugengeri muri Rusizi rutangira gukora mu mpera z’iki cy’umwe cya mbere cy’ukwezi kwa Mata, abakozi barwo bavuga ko bagifite imbogamizi.
Abanyeshuri biga mu bigo byo mu karere ka Rusizi bataha mu bindi bice by’igihugu babuze uko bataha kubera ko Police yafashe imodoka zidafite icyuma kigabanya umuvuduko.
Ababyeyi basabwe gucika ku muco wo kudindiza umwana w’umukobwa, kuko hari aho bikigaragara ko batsikamirwa n’imirimo yo mu rugo bikabadindiza mu myigire.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Nyakabwende muri Rusizi bavuga ko bamaze imyaka ibiri barahawe mudasobwa ariko ntibazi impamvu batazikoresha.
Abayobozi b’imidugudu bo muri Rusizi bemera ko bagize uburangare bigatuma abagizi ba nabi binjira mu baturage bagahungabanya umutekano.
Ababyeyi babyarira mu bitaro bya Mibirizi babangamiwe no kurara babyiganira ku gitanda kimwe ari benshi, aho bahangayikishijwe n’umutekano wabo igihe batwite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke butangaza ko mbere y’ukwezi kwa Gicurasi 2017 bazataha ibiro bishya by’ako karere bizabafasha kunoza imikorere.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, bahangayikishijwe no kutabona aho bagurira imiti kuko nta farumasi ihaba.
Mu minsi ishize abahinzi b’ibigori b’i Rusizi binubira imbuto bahawe yanze kwera, none "tubura" yayitanze yemeye kubishyura indi ihwanye na miliyoni 16 RWf.
Abaturage bo mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi bavuga ko Nzahaha yubu itandukanye n’iyo hambere kuko basigaye beza bagasagurira n’isoko.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, ihitana umukecuru ufite imyaka 83 y’amavuko, isenya n’inzu 26
Abatuye ku Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko bakiri mu ubwigunge bwo kudakoresha itumanaho rya Telefoni kubera kutagira iminara.
Dr Gahutu Pascal, Umuyobozi wa Kaminuza yigenga ya Rusizi Internationl University (RIU) ari mu maboko ya Polisi akurikiranweho ibyaha birimo kunyereza umutungo no gukoresha impapuro mpimbano.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko bukurikirana urubyiruko rwavuye Iwawa, bakarufasha ariko ngo hari abo usanga badahinduka bagasubira kuba inzererezi.
Abahinzi bo mu karere ka Rusizi baravuga ko bahangayikishijwe n’imbuto y’ibigori bahawe itinda kwera, ikanatanga umusaruro muke.
Hoteli Kivu Marina Bay iherereye i Rusizi, yari yaradindiye, iragaragaza icyizere ko noneho izuzura bidatinze kuko imirimo yo kuyubaka igeze kure.
Abaturage batuye mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko hari igihe ababyeyi batwite, bapfa bataragera kwa muganga kubera gutinda kw’imbangukiragutabara.
Abahinzi b’icyayi bo mu mirenge itandukanye mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagiye gukira igihombo cy’icyayi bagiraga kubera kukigemura kure kigapfa.
Abanyamuryango ba Koperative y’abafite ubumuga yitwa Twishakemo Imbaraga Kagano, ikorera ubudozi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko guca akato mu bamugaye byabafashije kuva mu bwigunye bakiteza imbere.