Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyabitekeri, Akarere ka Nyamasheke barashima ko bahinduye ubuzima bivuye ku mazu bubakiwe, bakanorozwa.
Umutingito ufite ubukana buri hejuru wibasiye akarere ka Rusizi, wahitanye umwana w’imyaka ine, abantu 19 barakomereka, inzu 12 n’imodoka 2 birangirika.
Bamwe mu batuye akarere ka Rusizi, bavuga ko babangamiwe n’amafaranga bavuga ko bacibwa n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), batambutsa amatungo yabo muri Nyungwe.
Abarobyi n’abacuruzi b’isambaza bo muri Rusizi na Bukavu bavuga ko biyemeje kwimakaza amahoro nyuma y’igihe bashyamiranira mu Kiyaga cya Kivu.
Abaturage bo mu kagari ka Rwambogo, umurenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana bata ishuri kubera kwigira kure.
Abana bo mu karere ka Nyamasheke bata ishuri bakajya gushaka akazi ko kuroba mu kivu, bavuga ko babiterwa n’ubukene bw’imiryango.
Abaturage bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, baravuga ko imodoka baheruka guhabwa n’umukuru w’igihugu yabakijije imvune bagiraga.
Umunyarwandakazi utuye muri Leta zunze ubumwe za Amerika yagaruwe no gushimira Umukongomanikazi wamuhishe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko baterwa isoni n’inyubako umurenge wabo ukoreramo kubera gusaza.
Mu giterane “Rwanda Shima Imana” cyabereye mu Karere ka Rusizi, abanyamadini bavuze ko iyo abayobozi bahagurutse bagahamya Imana, bihesha umugisha igihugu.
Umudugudu wa Kabarore wageze ku 100% ku rwego rw’Akarere ka Rusizi bo bataragera kuri 40 mu bwisungane mu kwivuza bwa mituweri
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi buravuga ko bugiye kubaka umudugudu w’icyitegererezo uzatuzwamo imiryango, 300 bazimurwa mu manegeka no mu miturire y’akajagari.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi barasabwa guteza imbere umuco wihariye bafite ukomoka ku batuye Nkombo, udashobora kuboneka ahandi mu Rwanda.
Abahinzi b’umuceri bo mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko umuceri bahinga ugurwa n’abacuruzi bo hirya no hino mu guhugu bakawiyitirira.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Macuba ahashyirwe ibikorwaremezo byo gusukira imyaka barasabwa guhinga imbuto n’imboga bibahaza bakanasagurira amasoko mu bihe byimpenshyi.
Abaturage batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kibangira mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, babangamiwe n’ikibazo cyo kutagira amazi.
Uyubobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko hari imihigo igera kuri ine yadindijwe n’abafatanyabikorwa bigatuma ijya munsi ya 90%.
Banki yabaturage (BPR) yakemuye ikibazo cy’abakiriya baburaga amafaranga y’ingunzanyo nini, kuko ubu ifite amafaranga ahagije yo guatanga inguzanyi zose ku bakiriya bayo.
I&M Bank Ltd iravuga ko yiteguye gufasha abashoramari mu karere ka Rusizi kugira ngo babashe gukora imishinga migari itarabona abayikora.
Mu Murenge wa Kamembe mu Kagari ka Kamashangi mu Karere ka Rusizi, ababyeyi bafashwe bagiye gushyingira umwana w’imyaka 16 muri Kenya.
Abaturage batandukanye bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, baravuga ko batabona amazi meza ahagije bitewe n’uko amavomo rusange ari make.
Inyama z’ingurube ni zimwe mu zikunzwe cyane mu Karere ka Rusizi ndetse no muri Congo ariko aborozi ntibarabasha guhaza isoko ry’abazikeneye.
Bamwe mu baturage mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko mu gushyira abaturage mu ibyiciro by’Ubudehe habayemo ikimenyane.
Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyamasheke yataye muri yombi abantu bane bo mu mirenge ya Macuba na Karambi, ibafatanye litiro 2850 z’ibiyobyabwenge, zahise zimenwa ku mugaragaro imbere y’abaturage.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke babangamiwe n’inyamaswa ziva muri Pariki ya Nyungwe zibonera zikabasiga iheruheru.
Mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Mahembe habaye umukwabu wo gufata abakora n’abacuruza ibiyobyabwenge bafata litiro 830 z’inzoga zitemewe.
Abakora umwuga w’uburaya mu Karere ka Rusizi bavuga ko impamvu ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA buri hejuru biterwa n’amadorali bahabwa n’Abanyekongo.
Bamwe mu bakoreraga uruganda rw’icyayi rwa Shagasha barasaba ubuyobozi kubarenganura kuko birukanwe mu kazi hadakurikijwe amategeko kubera guharanira uburenganzira bwabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bufite impungenge z’uko mituweli y’uyu mwaka ishobora kudindizwa n’abanga kwishyurira bamwe mu biyandikishije ku rutonde rw’abagize umuryango.
Bamwe mu baturage bo mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke barishimira ko bagiye gukira amazi mabi kuko begerejwe umuyoboro w’ameza.