Bamwe mu bana bo mu Karere ka Rusizi baratunga agatoki ababyeyi babo gutuma bata amashuri bakajya kuroba mu Kiyaga cya Kivu.
Abarobyi n’abacuruza isambaza mu Karere ka Nyamasheke basigaye babona umusaruro mu Kivu, nyuma y’aho bafashijwe guhindura uburyo bw’imicungire y’icyo kiyaga.
Abagore bo ku kirwa cya Nkombo baratabariza ingo zabo zigiye gusenywa no kuba batakibona abagabo babo bibera mu kazi ko kuroba mu Kiyaga cya Kivu.
Abafungiye ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barasabwa kubwiza ukuri imiryango yabo ku cyo bafungiye, aho kuyishyira mu gihirahiro babeshya ko bafungiye ubusa.
Guest House ya Nkombo yagombaga kuba iri gukora ntiyigeze ifungura imiryango, kubera impungenge abashoramari bafite ku miterere y’iki kirwa no kuzabona abayigana.
Abahinga umuceri mu bishanga bitandukanyo byo mu Karere ka Nyamasheje bahamya ko uburyo basigaye bawuhingamo bitanga umusaruro nyuma y’amahugurwa atandukanye bagiye bahabwa.
Bamwe mu baturage bo ku kirwa cya Nkombo batunzwe n’uburobyi bwo mu kiyaga cya Kivu, bavuze ko guhagarikwa kuroba muri iki kiyaga bizatuma hari abishora mu busambanyi ngo babone icyabatunga.
Ubuyobozi bw’Intara y’Uburengerazuba bwahagurukiye kurwanya ingeso y’isake ibagirwa umusore wagiye kurambagiza umugeni kimwe n’ingeso yo kugura umugabo ku bakobwa.
Abatuye mu mirenge yo mu Karere ka Rusizi ikora ku ishyamba rya Nyungwe n’irya Cyamudogo, barakangurirwa kutayangiza kuko ari amashyamba kimeza agize urusobe rw’ibidukikije.
Nyuma yo kwirara mu mirima y’icyayi bakakirandura kubera umujinya w’imicungire idahwitse y’amakoperative yabo, abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyamasheke, baravuga ko ubuso bwo kugihingaho butangiye kuba buke nyuma y’aho ibibazo bikemukiye bakongera kugihinga.
Ababyeyi bo mu karere ka Rusizi baranenga bagenzi babo bagifite umuco wo guha akato abana bavukana ubumuga, aho bamwe babaheza munzu banga ko bagera aho abandi bari, abandi bakabashyira mu bigo bibarera aho kubarerera mu miryango.
U Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo byemeranyije guhuza serivisi za gasutamo z’imipaka itatu ihuza ibi bihugu kandi ikazajya ikora amasaha 24.
Mu turere twa Rusizi na Nyamasheke, abaturage basaga ibihumbi 25 barashimira umushinga Cooperation Suisse ku bwo kubegereza amazi meza, nyuma y’igihe bari bamaze bavoma ibinamba na byo bakabibona biyushye akuya.
Abakozi b’ibitaro bya Gihundwe biherereye mu Karere ka Rusizi bavuga ko kuba umuganga bitarangirira mu gutanga imiti gusa, ahubwo biherekezwa n’umutima w’ubumuntu ku barwayi ndetse n’abafite ubushobozi buke.
Ababyeyi bo mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi baravuga ko ibyumba bitatu by’amashuri y’uburezi bw’incuke bashyikirijwe bizabafasha guca ubuzererezi bwari bubahangayikishije.
Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Kirimbi gihuza imirenge ya Macuba na kirimbi yo mu Karere ka Nyamasheke, babuze isoko bari barijejwe n’umushoramari.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyamasheke baravugako hari ibigomba kunozwa n’inzego z’ibanze kugira ngo amahame ya demokarasi yubahirizwe.
Abaturage bo mu midugudu ya Gitinda, Mucyamo na Badura mu Murenge wa Kamembe mu Karere ka Rusizi, bavuga ko hashize imyaka 13 barabujijwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi kugira icyo bakorera ku butaka bwabo buherereye mu nkengero z’Ikibuga cy’indege cya Kamembe.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi bari bafite imirima mu gishanga cya Bugarama ariko bakaza kuyamburwa ntibazi ikizatunga imiryango yabo.
Kayumba Ephrem uyobora Akarere ka Rusizi, yeguje abayobozi bane bo mu nzego z’ibanze, bazira ibimenyetso bifatika byagaragaye by’uko barya ruswa bakanarenganya abaturage.
Abatuye mu Mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi bahangayikishijwe n’izamuka ry’ibiciro, ku buryo bemeza ko bihanitse ugereranije n’ahandi hose mu gihugu.
Imvura ivanze n’inkubi y’umuyaga mwinshi yaraye isenyeye imiryango 14 y’abatuye mu Murenge wa Muganza mu uherereye mu kibaya cya Bugarama, mu Karere ka Rusizi.
Abatuye ku kirwa cya Nkombo baravuga ko ikiguzi cy’urugendo cya Rusizi-Rubavu kikubye inshuro zirenga ebyiri, nyuma y’aho ubwato bari bahawe n’umukuru w’igihugu butagikora.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi rwatoye bwa mbere mu mateka yarwo rwavuze ko rwishimiye rwari rwaratindiwe no kugeza imyaka ngo nabo bishyirireho ubuyobozi.
Abatuye Umurenge wa Bweyeye mu Karere ka Rusizi, barasaba kubona abaganga bahoraho ku kigo nderabuzima kiberegereye, kuko kugera ku bitaro by’akarere bibagora cyane.
Abakandida ba FPR inkotanyi bari kwiyamamariza kuzinjira mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, bahawe umukoro wo gukura abaturage b’imirenge ya Butare na Gikundamvura mu bwigunge.
Dusabinema Consolee wiyamamarizaga guhagararira abagore mu Nteko Ishinga amategeko, yitabye Imana azize urupfu rutunguranye.
Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Karere ka Rusizi bavuga ko gufunga kare imipaka ibahuza n’u Burundi na Congo bibangamira ubuhahirane hagati yabo n’ibi bihugu, bikabatera ibihombo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi, bavuga ko nubwo Leta ntako itagira kugira ngo irwanye Ruswa, hakiri bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze ikigaragaraho muri aka Karere.
Urubyiruko rwororera inkoko mu kibaya cya Bugarama ruravuga ko ruhangayikishijwe n’icyorezo kimaze guhitana inkoko zisaga 2500 mu minsi 18.