Abaturage barema isoko rya Ruhanga ryo mu Murenge wa Mubuga muri Karongi bahangayikishijwe n’abajura biba ibicuruzwa byabo nijoro, kubera isoko ridafite amatara.
Abaturiye isoko rya Ruhanga ryo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi bahangayikishishwe n’umunuko n’isazi bihaturuka, bishobora kubakururira indwara.
Abana bo mu Karere ka Nyamasheke barashinja ababyeyi kutita ku nshingano zo kubarera bigatuma hari abatakaza uburere bakiri bato bikabaviramo ubuzererezi.
Iterambere ry’abagore bo mu Karere ka Nyamasheke riracyazitirwa no kutabonera igishoro ibyo bakora ngo biteze imbere ariko hakiyongeraho n’ubujiji kuri bamwe.
Mu ijoro ryakeye ku wa 10 Kamena 2018, mu mudugudu wa Kinamba mu kagari ka Pera mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi, abasore babiri barashwe n’abantu bataramenyekana bahita bapfa.
Ahagana mu ma saa tatu zirengaho iminota mike z’iri joro ryo ku wa 10 rishyira ku wa 11 Kamena 2018, mu kagari ka Pera mu Murenge wa Bugarama abantu bataramenyekana barashe abantu babiri umwe ahita yitaba Imana undi ajyanwa mu bitaro.
Abanyamuryango ba Koperative Nyamirundi ikora ubucuruzi bw’Ikawa mu Karere ka Nyamasheke, barasaba ubuyobozi bw’Akarere kubagaruriza umutungo usaga Miliyoni 16 z’amafaranga y’u Rwanda, bavuga ko zanyerejwe na Perezida wa Koperative yabo ndetse n’umucunga mutungo wayo.
Abagore babiri batuye mu Murenge wa Gihundwe mu kagali ka Kagara mu Mudugudu wa Rubenga I, barwanye bapfa umugabo umwe ahasiga ubuzima.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Vincent Munyeshyaka yihanangirije abacuruzi ba Sima y’u Rwanda ko badakwiye guhenda abaturage bitwaje ko yabuze.
Bamwe mu Banyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu karere ka Rusizi, bavuga ko batakigira ipfunwe ryo kuganira ururimi rw’Ikinyarwanda muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo kubera umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye.
Ibikorwa by’ingabo z’igihugu mu iterambere ry’abaturage byasigiye umuyoboro w’amazi meza w’ibirometero bine abaturage basaga ibihumbi birindwi bo mu Murenge wa Karengera mu karere ka Nyamasheke.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi, bari mu bikorwa by’imyubako zitandukanye, abacuruzi ndetse n’abandi babayeho kubwumusaruro wa sima y’uruganda rwa CIMERWA, baravuga ko bahangayikishijwe n’ibura ryayo kuko hashize ibyumweru bitatu yarabuze.
Bamwe mu Ubumenyingiro mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe ruherereye mu karere ka Rusizi, basaba bakongererwa amasaha yo gushyira mu bikorwa ibyo biga.
Bamwe mu barokokeye mu cyahoze ari komine Gitesi, ubu ni mu Karere ka karongi, bavuga ko kuba batarabonye imibiri y’ababo bishwe muri jenoside ngo babashyingure ngo bituma banga guheba bakibwira ko baba bakiriho.
Ingabo z’igihugu ziyemeje gufasha abaturage batuye habi n’abandi bafite ibibazo bijyanye n’isuku nke, muri iki gihe ziri mu gukora ibikorwa bigamije gufasha abaturage.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komine Rwamatamu ubu ni mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko bazinutswe urusengero rw’Abadivantisiti rwaguyemo imbaga y’Abatutsi, bagasaba ko rwaba ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside muri aka gace.
Abayobozi b’uruganda rwa CIMERWA ruherereye mu karere ka Rusizi, baravuga ko bagiye kujya baha akazi, abana bakomoka ku babyeyi bakoreye uru ruganda, bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Polisi y’u Rwanda yasubije iy’u Burundi umupolisi wayo witwa Irakoze Theogene wafatiwe mu Rwanda mu Murenge wa Bweyeye, nyuma y’ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano.
Bamwe mu bafatanyabikorwa b’iterambere ry’Akarere ka Rusizi JADF Isonga, bavuga ko batagira uruhare mu igenamigambi ry’ibikorerwa mu karere kabo.
Abayobozi mu nzego zose n’abaturage bo mu Karere ka Rusizi basabwe kurushaho gucunga umutekano mirenge ikora ku mipaka y’ibihugu bya Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo n’u Burundi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bahangayikishijwe n’uko umubare munini w’Abarundi bakoze ubwicanyi ndengakamere barangiza bakitahira bazagezwa imbere y’ubutabera.
Hari abagabo bo mu Karere ka Rusizi bafite imyumvire itangaje, bakeka ko umugabo wifungishije akonwa nk’ihene bikamuviramo kutongera gutera akabariro.
Ngendahayo Jonatha w’imyaka 15 amaze imyaka ine avuye mu ishuri kubera insimburangingo y’ukuguru yifashishaga yangiritse kand iwabo nta bushobozi bafite bwo kumugurira indi.
Amikoro make aracyatuma hari ababyeyi bo mu Karere ka Nyamasheke badashobora kugaburirira abana babo indyo yuzuye bigatuma bahora barwaragurika.
Mu muhango wo gushyingura Mgr Bimenyimana Jean Damascene wabereye muri Diyoseze ya Cyangugu, intumwaya ya Papa mu Rwanda Mgr Andrzej Jozwowicz, yatanze ubutumwa bwoherejwe na Papa Fransisco, bufata mu mugongo umuryango w’abagatolika mu Rwanda wabuze umwe mu bashumba ba kiliziya.
Nyakwigendera Musenyeri Jean Damascène Bimenyimana wa Diyoseze ya Cyangugu witabye Imana kuri uyu wa Mbere azashyingurwa kuwa Gatanu tariki 16 Werurwe 2018.
Abagororwa bagiye bakurwa muri gereza zitandukanye nk’iya Kimironko n’iya Nyamagabe, bongereye ubucucike muri Gereza ya Rusizi, ku buryo abari basanzwemo bemeza ko bibangamye.
Impunzi zigera ku bihumbi bitatu zimaze kwinjira mu Rwanda, zinjiriye ku mupaka wa Rusizi, zivuga ko zihunze icyemezo cya leta ya Congo ishaka kuzisubiza i Burundi.
Abanyeshuri biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Banda ruherereye mu Murenge wa Rangiro mu karere ka Nyamasheke, bavuga ko batabasha kwiga neza, kubera ikibazo cyo kubura intebe zihagije zo kwicaraho bakiga bacucitse mu ishuri.