Rutihimbuguza Daniel w’imyaka 75 y’amavuko utuye mu Kagari ka Nyarurema Umurenge wa Gatunda, avuga ko yahunze urugo rwe gatatu kubera amakimbirane, inshuro ya nyuma agarurwa n’abana yiyemeza gusezerana n’umugore byemewe n’amategeko, nk’ikimenyetso cy’uko atazongera gukimbirana na we.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri, arateguza aborozi ko inka zizajya zifatirwa mu Kigo cya gisirikare cya Gabiro, zishobora kuba umutungo wa Leta.
Abagore bo mu Karere ka Bugesera (ba Mutimawurugo), bakanguriwe gutinyuka bagakorana n’ibigo by’imari, kugira ngo babashe kwiteza imbere n’imiryango yabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma, buratangaza ko muri Mutarama 2024, abaturage b’Umurenge wa Karembo bagorwaga no kubona serivisi z’ubuvuzi hafi yabo, ko bazaba babonye ikigo nderabuzima kibegereye.
Umukuru w’Umudugudu wa Umuremampango, Akagari ka Cyarubare, Umurenge wa Kabare, Mukakimenyi Florence, avuga ko nyuma yo gukemura ikibazo cy’ubujura bwa kumanywa ubu basigaje icy’abagore banywa inzoga bagasinda.
Bamwe mu rubyiruko bifuza ko udukingirizo twashyirwa ku bajyanama b’ubuzima mu Midugudu aho batuye kuko ahandi tuboneka ari kure ndetse bamwe bakagira isoni zo kutugura mu maduka.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutoni Jeanne, arashishikariza abaturage bamaze kumenya ko bafite virusi itera SIDA gufata imiti igabanya ubukana kuko kutayifata ari ukwihemukira no guhemukira Igihugu kiyemeje kuyitanga ku buntu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Murenge wa Karangazi mu Kagari ka Ndama, ndetse inka 56 zikaba zimaze gukurwa mu bworozi.
Imirenge ya Karama, Tabagwe, Musheri, Matimba, Gatunda na Rukomo, ishobora kubura amazi kubera ihagarara ry’imirimo y’uruganda rw’amazi rwa Condo, bitewe n’amapoto abiri yajyanaga amashanyarazi ku ruganda yahiye, bitewe n’itwikwa ry’ishyamba riri ku musozi wa Rushaki.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Ngoma bukurikiranye umugabo w’imyaka 60 wo mu Karere ka Kirehe, Umurenge wa Kigina, Akagari ka Rugarama mu Mudugudu wa Kagega, ukekwaho kwica umugore we amukubise ishoka mu gatuza, icyaha yiyemerera, ngo akaba yarabikoze yari amaze umwaka abitekereza.
Abaturage 4,000 barishimira ko bahawe akazi mu bikorwa byo gutunganya amaterasi y’indinganire mu mirima, aho buri muntu ahembwa 2,000Frw ku munsi, kandi bakazabona n’umusaruro urenze uwo babonaga, kuko ubundi ubutaka bwabo bwatwarwaga n’isuri.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, kivuga ko mu gihe ubwandu bushya bwa Virusi itera SIDA bugenda bugabanuka mu Gihugu, mu Turere tw’Intara y’Iburasirazuba ho bwiyongera.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, arasaba abikorera mu Ntara y’Iburasirazuba kongera ingano y’ibyo bakora mu bwiza no mu bwinshi, ndetse bakagura n’amasoko bakagera ku ya mpuzamahanga.
Abana b’abangavu batewe inda bakabyara imburagihe 100 bari bamaze amezi 18 bigishwa imyuga basoje amasomo bizeza ko batazongera gushukwa kuko ibyo bashukishwaga bazaba babasha kubyiha ubwabo.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Kayonza, SP Gilbert Kaliwabo, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze guhagurukira ikibazo cy’abana batiga, cyane mu Mirenge ya Rwinkwavu na Murundi bitwa Inkoko, ari nabo bavamo imparata zikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.
Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Kanama 2023, mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuba, wibanze ku gucukura no gusibura imirwanyasuri mu gihe hitegurwa imvura y’umuhindo, ishobora kuzaba nyinshi kurusha iyari isanzwe.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, avuga ko nta ngurane Leta izaha abimurwa mu manegeka, kuko nta gikorwa ishaka gukorera ku butaka bwabo ahubwo ari ukurinda ubuzima bwabo.
Vumiliya Gratia warihirirwaga ubwisungane mu kwivuza guhera mu mwaka wa 2015, yongera guhabwa ubufasha na Leta nk’uwabyaye adafite amikoro, akuramo umushinga watumye ava mu kiciro cy’abishyurirwa ubwisungane mu kwivuza ndetse akaba afite intumbero zo kurushaho kwiteza imbere.
Aborozi mu Mirenge ya Karangazi na Rwimiyaga barifuza ko mu nzuri zabo hagezwamo imiyoboro y’amazi kuko uburyo busanzwe bukoreshwa bwo gufata amazi y’imvura mu mahema yabugenewe amazi aba adahagije ku buryo igihe cy’impeshyi bayabura.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba yasabye ubuyobozi mu Karere ka Bugesera gutegura no gusinyana n’abaturage amasezerano ku kwimakaza isuku, irondo, gufata neza ibikorwa remezo, serivisi nziza na mituweri.
Minisiteri y’Ishoramari rya Leta, yaherukaga gushyirwaho ku wa 30 Nyakanga 2022, yakuweho, inshingano zayo zimurirwa muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, arasaba abacuruzi guhindura imyumvire y’uko bishyura amafaranga y’isuku, bityo ubuyobozi akaba ari bwo buzajya buza gutoragura imyanda aho bayinyanyagije bakorera, ko ahubwo bagomba kuyishyira ahabugenewe ubuyobozi bukayihakura buyitwara mu kimoteri rusange.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), Aimable Gahigi, arasaba abantu gutangira kwitegura imvura y’umuhindo hirindwa ingaruka zaterwa n’ibiza kuko iyo umuhindo ugitangira ugaragaramo imvura n’umuyaga mwinshi.
Umuyobozi Mukuru wa gahunda yo kurwanya Malariya mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye wita ku Buzima, OMS, Dr. Daniel Ngamije, arasaba abanyarwanda gukomeza ingamba zisanzwe zo kurwanya Malariya by’umwihariko bita ku isuku y’aho batuye ku buryo hatakororokera imibu kubera hari ubwoko bushya bw’umubu utera Malariya.
Ku bufatanye bwa Sendika z’abakozi, Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Ikigo cy’Igihugu cy’Imyuga n’Ubumenyingiro (RTB), n’izindi nzego, abakozi bakora imyuga itandukanye ntaho bayigiye uretse mu kazi bagiye gufashwa kubona impamyabushobozi.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri mu Rwanda, REWU, Mutsindashyaka Andre, avuga ko abakozi bari mu kazi baramutse bafashwe neza n’abakoresha babo ikibazo cy’ubushomeri cyaba amateka kuko nabo bagira uruhare mu gutanga akazi.
Umuyobozi w’inama y’Ubutegetsi y’Umurenge SACCO Karangazi, Gatarayiha Dan, avuga ko abibye iki kigo cy’imari bari baracurishije imfunguzo ku buryo byaboroheye gufungura bakagera ku mutamenwa nawo bakawutwara.
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’abakozi bakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro (REWU), Mutsindashyaka Andre’, avuga ko abakozi bose bakwiye guhabwa amasezerano y’akazi kandi bakanateganyirizwa kugira ngo ejo batazaba umusaraba kuri Leta.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yasabye amakoperative y’abatwara abantu n’ibintu ku igare ndetse n’ubuyobozi bwite bwa Leta gufasha abatwara abantu ku magare koroherezwa kwiga amategeko y’umuhanda.
Ku wa 10 Kanama 2023, nibwo urukiko rw’ibanze rwa Kabarondo, rwemeje ko abagabo batatu Ubushinjacyaha bukurikiranyeho icyaha cyo kwica umwana w’umukobwa bamaze kumusambanya, bakurikiranwa bafunze.