Umuzamu n’umutetsi ku ishuri ribanza rya Rumuli, Umurenge wa Muhura, bafungiye k’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), Sitasiyo ya Muhura bakekwaho kwiba ibiro 263 by’ibishyimbo na Litiro 62 z’amavuta yo guteka.
Bamwe bakomerekeye ku rugamba rwo kubohora Igihugu bo mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko iterambere Igihugu kimaze kugeraho, ribibagiza zimwe mu ngingo z’imibiri babuze mu rugamba rwo kukibohora no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, kandi bibaha n’icyizere ko Igihugu kizagera ku iterambere risumbye iryo babona uyu munsi.
Umukozi w’Akarere ka Nyagatare uyobora ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi, Amashyamba n’Umutungo kamere, Shyaka Kenneth, avuga ko n’ubwo hari umushinga uzavana amarebe mu bidendezi bibiri by’amazi (Valley Dams), ariko ubusanzwe abakoresha amazi yabyo ngo nibo bafite inshingano zo kuzibungabunga no gukuramo ayo marebe.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko kubera ubusabe bw’abaturage mu Mujyi wa Kabarore, hamaze kugurwa ubutaka bwagenewe irimbi rusange buzakoreshwa na rwiyemezamirimo hagashyingurwamo abafite amikoro.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamadun Twizeyimana, avuga ko inzego za Polisi ndetse n’iz’ubugenzacyaha (RIB) barimo gushakisha abakoze ubugizi bwa nabi bagatwika umurima wa kawa ungana na hegitari imwe n’igice wa Mvunintwari Shaban.
Bamwe mu baturage b’Umudugudu wa Kabare ya mbere Akagari ka Kabare Umurenge wa Rwempasha baracyakoresha amazi y’umugezi w’Umuvumba nyamara barahawe amazi meza ya robine.
Bamwe mu babyeyi barera ku rwunge rw’amashuri rwa Kabare ya mbere, GS Kabare TSS, Umurenge wa Rwempasha, bashinja bagenzi babo kubuza abana kwitabira kwiga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro, ahubwo bakabashishikariza kwiga amasomo asanzwe n’abemeye kubigisha imyuga, bakabohereza mu mashuri ya kure aho biga bacumbikirwa (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, arakangurira abahinzi mu Karere ka Kayonza ndetse n’abo mu tundi Turere mu Ntara y’Iburasirazuba, guhinga soya ku bwinshi kuko uruganda rwa Mount Meru Soyco rwemeye kuzamura igiciro ndetse rukanaha amasezerano yo kugurira umusaruro abahinzi.
Abacururiza muri Santere y’ubucuruzi ya Bugaragara mu Murenge wa Rwimiyaga, bavuga ko bamaze iminsi itatu bafungiwe ubucuruzi bwabo kubera kutagira imashini itanga inyemezabwishyu ya EBM, ibintu byateye igihombo kuri benshi cyane abacuruza ibisaza vuba.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Nyagatare, Bimenyimana Jean de Dieu, avuga ko imiryango 177 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 itishoboye ari yo ikeneye kubakirwa amacumbi mashya mu gihe 540 ikeneye gusanirwa naho 28 yo imirimo yamaze kurangira.
Kuva mu mpera z’ukwezi kwa Kanama 2024 kugera tariki ya 09 Nzeri 2024, mu karere ka Ngoma, amatungo yuza 18 ni yo amaze kugaragarwaho indwara y’ubuganga (Rift Valley Fever) ndetse rimwe rikaba rimaze guhitanwa n’iyi ndwara.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe Ubukungu, Matsiko Gonzague, yasobanuye ko kuba hari inka 27 zari zimaze hafi icyumweru zifatiriwe n’Umurenge wa Nyagatare, byatewe no kuba ba nyirazo bari barabuze byongeye kandi zimwe zikaba nta rupapuro rw’inzira zari zifite n’izari zirufite zikaza nyuma.
Icyimpaye Jeannette amazina yahawe n’umuryango wamutoraguye mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ukanamurera, aracyashakisha umuryango we bwite kuko kutawumenya bikimugiraho ingaruka.
Umuturage wo mu Murenge wa Rwempasha, Mwendo Alex, avuga ko inka ze zimaze icyumweru zifatiriwe n’Umurenge wa Nyagatare kubera impamvu atazi kuko aho yazikuye n’aho zajyaga hazwi nk’uko bigaragazwa n’urupapuro rw’inzira.
Mu Karere ka Kirehe, imvura nkeya ivanze n’umuyaga mwinshi iguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 07 Nzeri 2024, isize isambuye ibyumba by’amashuri 11 kuri Groupe Scolaire Migongo, Akagari ka Nyarutunga, Umurenge wa Nyarubuye.
Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, Noella Bigirimana, yatangaje ko umwaka ushize Umurenge wa Karangazi wihariye 41% by’abarwaye Malariya mu Karere ka Nyagatare.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ushinzwe ibikorwa byo kuhira, Hitayezu Jerome, avuga ko ibiyaga bihangano byifashishwa mu kuhira umuceri byasibye bizatangira gukorwa umwaka utaha ariko n’amakoperative y’abahinzi akangurirwe kujya asana ibyangirika hakiri kare kuko iyo bitinze (…)
Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu Karere ka Nyagatare batewe impungenge n’umusaruro w’umuceri ushobora kuba muke kuko hari abataratera imbuto kubera kubura amazi awuhira bitewe n’uko ikiyaga gihangano cya Cyabayaga cyasibye ndetse n’ingomero za Karungeri na Ngoma zidakora kubera impamvu zitandukanye.
Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ushinzwe ibihingwa, Jean Claude Izamuhaye, avuga ko iki gihembwe cy’ihinga 2025 A, ubuso buzahingwa bwiyongereyeho 10% ugereranyije n’ubwahinzwe igihembwe cy’ihinga gishize.
Mu muganda usoza ukwezi kwa Kanama 2024, hibanzwe ku bikorwa byo kurwanya isuri ariko mu biganiro abaturage bahawe mu Turere dutandukanye, abayobozi babasabye kwirinda indwara y’ubushita bw’inkende Mpox.
Bamwe mu bagabo bavuga ko kutiharira ububasha bw’urugo byatumye babasha kubaka ingo zizira amakimbirane nyamara mbere barahoraga mu ntonganya.
Bamwe mu banyamabanga nshingwabikorwa b’Utugari mu Ntara y’Iburasirazuba bavuga ko n’ubwo umwaka ugiye gushira bahawe itumanaho rya interinete (Internet) ariko hari aho idakora bitewe n’imiterere y’agace ku buryo bibasaba kwikora mu mufuka bagura iyo muri telefone zabo bwite kugira ngo babashe gutanga serivisi ku baturage.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yasabye abayobozi mu Ntara y’Iburasirazuba kurushaho kwegera abaturage no gukemura ibibazo byabo no kunoza imitangire ya serivisi ariko by’umwihariko gukangurira abaturage kwirinda indwara y’ubushita bw’inkende (Mpox).
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, arizeza aborozi b’Umurenge wa Rukara ko bitarenze umwaka utaha bazaba bamaze kubakirwa ikusanyirizo ry’amata bakabona aho bashyira umukamo w’inka zabo.
Mukandayisenga Beatrice wo mu Kagari ka Nyangara Umurenge wa Gatunda arashimira Imana nyuma yo gusubizwa amafaranga yari yibwe n’uwiyise umushinjacyaha akamwaka aakamuhamagara amubwira ko amufasha gufunguza mubyara we ufunzwe akekwaho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa.
Bamwe mu bakorera n’abagenda mu mujyi wa Nyagatare bahitamo kwihagarika (kunyara) mu biti bigize ubusitani bw’umujyi kubera ko ubwiherero rusange bumaze amezi atatu budakoreshwa.
Butoyi Didier wo mu Karere ka Bugesera avuga ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’ibicanwa no kubungabunga ibidukikije yakoze amakara akozwe muri burikete (Briquettes) mu bisigazwa by’imyaka aho abayakoresha bavuga ko ahendutse ugereranyije n’ay’ishyamba asanzwe.
Ba rwiyemezamirimo bato bongerera agaciro umusaruro ukomoka ku buhinzi bavuga ko bagorwa cyane no kubona ibyangombwa by’ubuziranenge bityo ibyo bakora bikabura isoko nabo bakadindira mu iterambere.
Umuyobozi Mukuru wa CDAT, Uzabibara Ernest, avuga ko ku bufatanye n’Akarere ka Nyagatare, uyu mushinga uteganya gutunganya ibishinga n’ibishanga n’ibibaya ku buso burenga hegitari 5,000 hagamijwe kongera ubutaka buhujwe buhingwaho igihingwa kimwe.
Abayobozi mu nzego zitandukanye kuva ku rwego rw’Umurenge, abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ndetse n’abajyanama bihaye ingamba zo kurushaho gutanga serivisi nziza no kwimakaza imiyobore ishingiye ku muturage.