Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Nyagatare, Dr Eddy K. Ndayambaje, avuga ko ibigo nderabuzima birindwi bifite ubwitabire bucye bw’ababyeyi bisuzumisha inda, byashyizwemo imashini zisuzuma ubuzima bw’umwana ukiri mu nda, mu buryo bw’igerageza ibizavamo bikaba aribyo bizashingirwaho zigezwa n’ahandi.
Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare bavuye mu isoko ryaho hafi saa tanu z’ijoro, bahashye ibya Noheri nubwo ibiciro by’ibiribwa ngo byari hejuru ugereranyije n’indi minsi.
Guverineri mushya w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, yijeje gukomeza kugira iyi Ntara ikigega cy’Igihugu ariko nanone akazakora ibishoboka igatera imbere ihereye ku muturage.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora (RCS), SP Daniel Rafiki Kabanguka, yemeje ko bahaye uruhushya CG Rtd Emmanuel Gasana, wahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, rwo kuba asohotse mu Igororero.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Nyagatare, John Kayumba, avuga ko mu Karere ka Gatsibo nta nka irwaye uburenge igihari, ku buryo bateganya gusaba ko ibikomera byasubitswe byasubukurwa.
Bamwe mu bayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko bagiye gukaza inyigisho zikangurira abayoboke bayo umurimo, kuko aribwo bazaba babarinze ibishuko.
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Umutoni Alice, arasaba abagize umuryango kwimika ibiganiro bidaheza abana, kuko aribo bazi ibibabangamiye bifuza gufashwa kunyuramo.”
Abantu 18 bafunzwe bakekwaho gucuruza inzoga z’ibiyobwenge harimo Zebra Waragi ndetse kanyanga, bakaba barafashwe mu minsi ibiri gusa.
Ihuriro ry’abanyeshuri n’abakoze mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini (GS Gahini), biyemeje kubakira iri shuri inzu y’imyidagaduro (Salle), ya Miliyoni 200 kuko ihari ishaje kandi ikaba itakira abanyeshuri baharererwa.
Pudence Rubingisa, wagiriwe ikizere n’Umukuru w’Igihugu, kuba Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, yitezweho kuzamura imyumvire y’aborozi ku gukora ubworozi bwa kijyambere ndetse n’ubuhinzi buteye imbere, ariko nanone ngo ashobora no kugorwa n’iyinjizwa ry’ibiyobyabwenge mu Gihugu nk’uko uwo asimbuye yari yabigabanyije.
Umuyobozi Mukuru wungurije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), ushinzwe Ubworozi, Dr Solange Uwituze, avuga ko inka 119 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi mu Karere ka Kayonza kubera kugaragarwaho indwara y’uburenge, naho izindi eshatu zikaba zagaragaje ibimenyetso byabwo mu Karere ka Gatsibo.
Mu muhanda w’igitaka uva mu isantere ya Batima werekeza ku kiyaga cya Rweru mu Karere ka Bugesera, habereye impanuka yahitanye abantu babiri, undi umwe arakomereka bikomeye. Ababibonye bavuga ko abo bantu batatu bagendaga n’amaguru bagonzwe n’imodoka ya padiri wabaturutse inyuma, akaba ngo yihutaga agiye gusoma misa.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Sitasiyo ya Ngoma, Sendege Norbert, avuga ko inka 18 ari zo zimaze gukurwa mu bworozi nyuma yo kugaragarwaho indwara y’uburenge.
Kuri uyu wa kane tariki ya 07 Ukuboza 2023, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB cyatangaje ko hashyizweho akato k’amatungo mu Mirenge ya Gahini, Mwiri na Murundi, mu rwego rwo guhangana n’indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu nka.
Kagabo Richard Rwamunono yatorewe kuba Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana wungirije ushinzwe Ubukungu, akaba yari asanzwe ari umujyanama wa Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba.
Bamwe mu bagore bo mu Ntara y’Iburasirazuba biteje imbere bagira inama bagenzi babo babaaba guharanira icyubahiro cyabo n’icy’umuryango bakagira ubuzima bwiza babigizemo uruhare ubwabo aho gutegereza kubaho ari uko hari umugabo cyangwa umuvandimwe ubigizemo uruhare.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama mu Karere ka Ngoma, Mapendo Gilbert, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, akekwaho gutwara ikinyabiziga yasinze akagonga abantu 10 biganjemo abanyeshuri, umwe ahita yitaba Imana.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umuyobozi wa Koperative NDMC (Nyagatare Dairy Marketing Cooperative), Hodari Hillary, n’Umubaruramari w’iyi Koperative, Muhoza Happy, bakekwaho kunyereza umutungo wa Koperative ungana na Miliyoni 160 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Rumwe mu rubyiruko mu Karere ka Nyagatare ntirukozwa ibyo kwipimisha SIDA keretse gusa iyo habaye impamvu zirimo kubaka urugo cyangwa uburwayi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 27 Ugushyingo 2023, Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, rwemeje ko ubujurire bwa CG (Rtd) Emmanuel Gasana, budafite ishingiro, rwemeza ko icyemezo cyo kumufunga by’agateganyo cyafashwe n’urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare kigumaho.
Me Augustin Mukama, umwe mu bize mu ishuri ryafashaga impunzi z’abanyarwanda, Collège Saint-Albert, avuga ko hatagize izindi mpamvu mu mwaka wa 2026 bashobora gufungura iri shuri mu Rwanda, rigafasha mu burezi bufite ireme mu Rwanda ariko by’umwihariko rikanafasha abana b’impunzi zahungiye mu Rwanda.
Umuganda usoza ukwezi k’Ugushyingo 2023, mu Ntara y’Iburasirazuba, wibanze ku gutera ibiti by’imbuto no gutangiza ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe inyubako za gare na Parikingi muri RFTC, Nsengiyumva Benoit, avuga ko uretse umuntu ufite resitora yemewe nta wundi muntu wemerewe kuzana gaz muri gare keretse abanje kubisaba agaragaza ko yahinduye ibyo yakoraga nabwo akabanza kubyemererwa.
CG (Rtd) Emmanuel Gasana, wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, yabwiye Urukiko Rwisumbuye rwa Nyagatare ko atanyuzwe n’umwanzuro w’Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare umufunga by’agateganyo kuko hatitawe ku mpamvu yagaragaje zituma aburana adafunze.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 22 Ugushyingo 2023, CG Rtd, Emmanuel Gasana, wari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, aragera mu rukiko rwisumbuye rwa Nyagatare kugira ngo aburane ubujurire ku cyemezo yafatiwe n’urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare cyo gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, arizeza abubaka isoko rya Gafunzo mu Murenge wa Sake bafite impungenge zo kwamburwa ko bitashoboka kuko rwiyemezamirimo adashobora kwishyurwa amafaranga yose ataragaragaza ko yishyuye abakozi n’abamuhaye ibikoresho.
Ibyago ni ikintu gitungurana kenshi kandi kigashengura imitima y’imiryango, inshuti n’abavandimwe. Mu bice bitandukanye by’Igihugu, abantu bagira uburyo bitwara nko kuba hari abadatabarana, kwiyegereza Imana cyane kimwe n’ababifata nk’ibisanzwe ku buryo nta gihinduka ku buzima bari basanzwe babayemo.
Abaturage batuye hagati y’umugezi w’Umuvumba n’umuhanda wa kaburimbo kuva ahahoze Banki y’abaturage kugera Barija, ntibemerewe kubaka cyangwa kuvugurura amazu yabo kuko batuye mu manegeka ndetse mu minsi micye bashobora kuhimurwa hagakorerwa ibijyanye n’ubukerarugendo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyagatare, barifuza ko habaho itegeko risaba umuryango w’uwahohoteye umwana akamutera inda , gufasha uwo mwana wavutse ndetse bakamurerana na nyina kugira ngo babarinde kugira imibereho mibi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo 2023, Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare, rwategetse ko CG (Rtd) Emmanuel Gasana, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.