I Nyagatare mu Ntara y’Iburasirazuba, kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024 hafunguwe uruganda rufite ubushobozi bwo gutunganya litiro 650,000 z’amata ku munsi, zigakorwamo amata y’ifu angana na toni 41.7 ku munsi. Rwubatswe mu cyanya cyahariwe inganda cya Nyagatare giherereye mu Mudugudu wa Nkonji, Akagari ka Rutaraka, (…)
Umuyobozi w’Umuryango utari uwa Leta wita ku burenganzira bw’umukobwa n’umugore, Empower Rwanda, Kabatesi Olivia, asaba abayobozi b’amadini n’amatorero gushyira mu nyigisho zabo za buri munsi gukumira isambanywa ry’abana kuko aribo bantu bizerwa kuko mu gihe babihariye izindi nzego iki kibazo kitazakemuka.
Bamwe mu baturage b’Imirenge ya Musheri na Rwempasha, barashimira Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba babonye ikiraro kibahuza kuko ubundi ngo ubuhahirane bwabo bwari bugoranye rimwe na rimwe hakabamo n’impfu.
Rumwe mu rubyiruko rwabyaye imburagihe ruvuga ko kugira imishinga irwinjiriza bizarurinda ingeso mbi ndetse no kubasha kurera abana babyaye.
Mukeshimana Solange, wo mu Karere ka Nyagatare, avuga ko yakuze azi ko umucunguzi w’Isi ari Yesu Kristo ariko nyuma abona undi mucunguzi ari nawe yatoye kugira ngo azayobore u Rwanda kandi bishobotse yaruyobora ibihe byose.
Umusaza Sezibera James wo mu Mudugudu wa Marongero Akagari ka Ryabega Umurenge wa Nyagatare, avuga ko abifitiye ubushobozi yasubiza mu buto Nyakubahwa, Paul Kagame, umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi, kugira ngo akomeze ayobore u Rwanda.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko kuba igiciro cy’amata kiyongereye kikava ku mafaranga 300 kikagera kuri 400 bagiye kuvugurura ubworozi bwabo bagashaka inka zitanga umukamo.
Uwamwezi Marcianna, wo mu Murenge wa Musheri, ashimira umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuba yarababonyemo ubushobozi akabakura mu bikari ubu bakaba ari ba rwiyemezamirimo.
Alphonsine Mukarwego, umubyeyi w’abana 10 harimo bane arera nka Malayika Murinzi avuga ko Kagame ari Impano bahawe n’Imana bityo akwiye gukomeza kuyobora.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye Abanyarwanda kuryama bagasinzira kuko abakangisha gutera u Rwanda batabigeraho uretse kuba Ingabo z’Igihugu ziri maso n’Abanyarwanda muri rusange biteguye guhangana n’icyashaka guhungabanya umutekano wabo.
Mutagoma Damas, umuturage w’Akarere ka Kayonza, avuga ko mu gihe yigaga mu mashuri yisumbuye atizibagirwa uburyo bajyaga bakaraba kabiri mu cyumweru kubera kuvoma mu manga ahitwa Kimpunu yanataha imisundwe yaba itabariye bakaba aribo bayirya kubera gukoresha amazi y’intaruka y’ikiyaga cya Muhazi.
Mbabazi Kellen, umugore wo mu Karere ka Nyagatare, Umurenge wa Matimba, yashimiye umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame, waciye umuco wo guterura abakobwa (Gushakwa ku gahato) bakabana n’abagabo batakundanye ahubwo akabakura ku ruhimbi akabaha amashuri.
Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare ntibaryamye ahubwo baraye mu mihanda baje kwamamaza umukandida Perezida watanzwe n’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.
Umunyamakuru Divin Uwayo wari umusangiza w’amagambo mu bikorwa byo kwamamaza Chairman wa FPR-Inkotanyi, akaba n’umuturage mu Karere ka Bugesera, yavuze ko umwana wo muri ako Karere yamenyaga gutwara igare ku myaka irindwi gusa kugira ngo abashe kujya kuvoma amazi y’ibirohwa na yo habagaho inkomati (umubyigano).
Tariki ya 04 Nyakanga 1994, tariki ya 04 Nyakanga 2024, imyaka 30 irashize Igihugu kibohowe, Jenoside yakorerwaga Abatutsi irahagarikwa. Uyu munsi wari utandukanye ku bantu bitewe n’ibice by’Igihugu bari baherereyemo. Bamwe bari bihishe Interahamwe ahandi hari urujya n’uruza rw’impunzi zo muri 1959, 1962 n’indi myaka (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe habayeho iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi aho umusaruro w’ubuhinzi wavuye munsi ya toni imwe ku bigori n’umuceri ugera kuri toni eshanu kuri hegitari ndetse n’umukamo w’amata uva kuri litiro 2,000 ugera kuri litiro zirenga 100,000 (…)
Bamwe mu banyamuryango b’Umuryango FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Rwempasha, bavuga ko bashimira FPR kuba yaracyuye impunzi zari zaraheze mu mahanga ariko by’umwihariko ikunga Abanyarwanda bari barahemukiranye ndetse ikanatanga n’umutekano n’imibereho myiza ku Banyarwanda bose.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Tabagwe bashimira Umuryango FPR-Inkotanyi ndetse na Chairman w’uyu Muryango Paul Kagame ko yabakuye ku guhingira inda ubu bakaba basigaye bahinga bakayihaza ndetse bagasagurira n’isoko.
Jean Baptiste Nshimiyimana w’imyaka 30 y’amavuko avuga ko yize amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro aseta amaguru kubera ko ngo kera yahoze yigwamo n’abatsinzwe andi masomo none ubu ngo ageze ku iterambere ku buryo yifuza gutaka ibiro bya Perezida wa Repubulika akoresheje amakaro ava mu mbaho.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Katabagemu bashimira Paul Kagame wubatse amavuriro ku buryo ufashwe n’indwara n’ijoro ahita abona umuganga nyamara mbere uwarwaraga yarahekwaga mu ngobyi n’abatuye segiteri yose kugira ngo agere kwa muganga.
Ishimwe Thadee umwarimu ku rwunge rw’amashuri rwa Ntoma kimwe mu bigo byakira abanyeshuri mu buryo bw’uburezi budaheza arifuza ko abarimu bose bakwigishwa ururimi rw’amarenga kugira ngo babashe gufasha abanyeshuri bafite ubwo bumuga ariko hakanaboneka ibikoresho bibafasha kwiga neza.
Constance Muziranenge wo mu Murenge wa Matimba avuga ko FPR yamufashije kwiteza imbere yigisha abana be nyamara mbere yaratunzwe no kurya ibitoki by’inkashi n’ibindi yasabye abaturanyi bwakwira akarara ku mashara y’insina.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burahumuriza abaturage b’Imidugudu ikoresha amazi ya Valley dam (ikidendezi) ya Gihorobwa ko impeshyi izarangira hamaze kuboneka igisubizo cy’amazi yamaze kurenga umucungiro, bigatera abaturage impungenge ko rimwe buzacya basanga amazi yose yagiye.
Mukabunani Christine Umuyobozi w’Ishyaka PS Imberakuri akaba n’umukandida ku mwanya w’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yijeje abaturage ba Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza ndetse na Nasho mu Karere ka Kirehe ko ishyaka rye niriramuka ritowe rikagira ubwiganze azavugurura ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ubuhinzi.
Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Filippe, avuga ko natorerwa kuyobora u Rwanda azateza imbere inganda nto no gushyiraho amategeko agenga ubukomisiyoneri.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, arasaba bamwe mu baturage bajya mu Gihugu cya Uganda kunywerayo kanyanga kubicikaho kuko bagaruka mu ngo zabo bagateza amakimbirane n’urugomo mu nzira bagenda banyuramo zose.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Nyagatare n’ab’Umurenge wa Rukomo barishimira ko bubakiwe ikiraro cyo mu kirere kizabafasha guhahirana no kujya mu mirima yabo bitabagoye.
Umuturage witwa Sindikubwabo Jean Marie Vianney, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Rwempasha mu Karere ka Nyagatare akekwaho kwica imisambi 10. Bikekwa ko yayicaga akoresheje imiti y’uburozi yashyiraga mu binyampeke harimo ibigori n’umuceri, iyo misambi yabirya igapfa.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’izindi nzego, bashakishije ubushobozi bwo kugura imbangukiragutabara 246 ku buryo iza mbere 80 zamaze gutangira kugezwa mu bitaro hirya no hino mu Gihugu.
Bamwe mu babyeyi bafite abana mu rugo mbonezamikurire rwa Buyanja, Akagari ka Nyarubuye, Umurenge wa Munyiginya, bavuga ko rwabafashije gukora imirimo ibaha amafaranga ku buryo binyuze mu itsinda bishyiriyeho, batangiye kwiteza imbere.