Abaturage bo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, barasabwa kutazatatira igihango bagiranye n’ingazo zari iza RPA/RPF Inkotanyi ngo babe bakorana n’abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika ryagombaga kubakwa mu mwaka wa 2014 ariko ntibize gushoboka biturutse ku mushoramari wahagaritse umushinga waryo, ubu noneho ngo rizubakwa mu mafaranga agaragara mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015.
Ku mugoroba wo kuwa kabiri tariki ya 01/07/2014, abaturage babarirwa mu bihumbi bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, bahuriye ku kibuga cy’umupira w’amaguru cyo muri uwo murenge, maze berekwa ku buntu umukino w’igikombe cy’isi, wahuje igihugu cya Argentine n’Ubusuwisi, bawurebera kuri televisiyo ya rutura bakunze (…)
Ku wa kabiri tariki 01/07/2014, mu Kinigi, mu karere ka Musanze, ku nshuro ya 10, habereye umuhango wo “Kwita Izina” abana b’ingagi; uyu mwaka hakaba hariswe abana 18.
Abaturage bo mu karere ka Burera baturiye ikirunga cya Muhabura batangaza ko mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye bishimira ko bagejejweho amazi meza bakaba baribohoye umwanda ndetse n’indwara ziterwa n’isuku nke.
Abagabo 347 bahoze bacuruza, batunda ndetse bananywa ikiyobyabwenge cya kanyanga bo mu karere ka Burera bazwi ku izina ry’Abarembetsi, barahiriye imbere y’umuyobozi w’akarere ka Burera ko baretse ibikorwa byose by’uburembetsi.
Ingengo y’imari y’akarere ka Burera y’umwaka wa 2014-2015 yagabanutseho amafaranga y’u Rwanda arenga miliyoni 300 ugereranyije n’iy’umwaka ushize wa 2013-2014.
Nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwashyizeho ingamba zitandukanye zo kurwanya imirire mibi mu bana ngo muri ako karere hari ikibazo cy’abana bagwingiye dore ngo nta n’umubare wabo uzwi.
Komisiyo y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage, muri Sena y’u Rwanda, irasaba ubuyobozi bw’akarere ka Burera gukomeza kwegera abaturage babashishikariza kurya ndetse no kugaburira abana babo indyo yuzuye mu rwego rwo gukomeza kurwanya imirire mibi muri ako karere.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 cya Butete kiri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko gahunda bashyiriweho yo kujya bagaburirwa ku ishuri ku manywa (School Feeding) igiye kubafasha mu myire yabo.
Mu rwego rwo kwihutisha iterambere ry’akarere ka Burera mu bijyanye n’ubukerarugendo hafashwe umwanzuro ko abikorera baguze ibibanza ku biyaga bya Burera na Ruhondo bakaba baratinze kubibyaza umusaruro bagiye kubyamburwa bigahabwa abandi babifitiye ubushobozi.
Ikipe y’ababana n’ubumuga y’umukino wa Seat Ball yo mu karere ka Burera itangaza igikeneye ibikoresho by’ibanze bijyanye n’uwo mukino kugira ngo bawukine neza babe bagera ku rwego rwo hejuru, ibe yaserukira ako karere.
Umugore witwa Hakuzwimana Jeannette, afungiye kuri Station ya Polisi ya Gahunga, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, ashinjwa guta ku gasozi umwana w’uruhinja yari amaze icyumweru kirenga yibarutse.
Habimana Jean Bosco, utuye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, nubwo abana n’ubumuga bwo kutagira akaguru k’ibumoso, abasha gukina umukino wa Karate nk’abandi bafite amaguru yombi kandi nta nsimburangingo y’uko kuguru afite.
Abaturage bo mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, bari kubakirwa Ikigo Nderabuzima bari baremerewe n’ubuyobozi bw’ako karere mu myaka ishize, ku buryo mu gihe cy’amezi abiri ari imbere kizaba cyuzuye.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, atangaza ko gahunda yo guhuza ubutaka imaze gushinga imizi muri ako karere kuko abaturage bayitabira kuburyo ubutaka bumaze guhuzwa bungana na Hegitari ibihumbi 68 buhingwaho ibihingwa byatoranyijwe.
Abaturage bo mu karere ka Burera baturiye Parike y’ibirunga batangaza ko usibye kuba ishyamba ry’iyo Parike rituma babona imvura ngo n’inyamaswa zirimo zituma bava mu bukene biturutse ku mafaranga zinjiza avuye mu bakererugendo baza kuzisura.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko isoko mpuzamahanga ryagombaga kubakwa ku mupaka wa Cyanika ritacyihubatswe mu mwaka wa 2014 kuko umushoramari wagombaga kuryubaka yahagaritse uwo mushinga kubera gasutamo imwe yashyizwe ku cyambu cya Mombasa muri Kenya.
Abahinzi bo mu karere ka Burera batangaza ko bafite ikibazo cy’amabanki atabaha inguzanyo zo guteza imbere ubuhinzi bwabo bigatuma batabasha gukora ubwo buhinzi mu buryo bw’umwuga kandi bwa kijyambere.
Abaturage baturiye agasantere ya Rwara kari mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, batangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ubusinzi, aho ngo bamwe mu baturage banywa bagasinda bagatangira abantu nijoro bakabagirira nabi ndetse ngo bakanateza amakimbirane mu ngo bakubita abagire babo.
Abacuruzi bakoresha umupaka wa Cyanika, batangaza ko kuba bajya muri Uganda gukora ibijyanye n’ubucuruzi butandukanye bakoresheje indangamuntu gusa ku mupaka byaborohereje mu bucuruzi bwabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ikibazo cy’imirire mibi kikigaragara muri bamwe mu bana bo muri ako karere kidaterwa n’ubukene ngo ahubwo biterwa n’imyumvire ikiri hasi ya bamwe mu bajyeyi batita ku bana babo.
Ubwo Paruwasi nshya ya Butete, muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, yatahwaga ku mugaragaro tariki 17/05/2014, abakristu basabwe guharanira kubungabunga umutekano w’igihugu kandi bakora cyane kugira ngo bihaze mu biribwa banirinda ibihuha bityo bakomeze gutera intambwe bajya imbere.
Abakristu basengera muri santarari Butete, iri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, barishimira ko begerejwe Paruwasi hafi yabo dore ko ngo hari hashize imyaka myinshi bakora ingendo ndende bajya kuri Paruwasi Kinoni.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko bugiye gutangiza ikigo kigisha imyuka (TVET) kizafasha urubyiruko rutandukanye rwo muri ako karere gukora indi mirimo idashingiye ku buhinzi.
Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Burera, Mujawayezu Leonie, arasaba abagore bo muri ako karere guca ukubiri n’ikiyobyabwenge cya kanyanga kuko giteza umutekano muke, kigasenya umuryango.
Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri ubuyobozi bw’akarere ka Burera bushyizeho umurongo wa telefone utishyirwa, ubwo buyobozi buvuga ko wagize akamaro mu kubungabunga umutekano ndetse no gukemura ibibazo by’abaturage.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko kwimura abaturage batuye ku kirwa cya Bushongo kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge wa Rugarama bitari ibya vuba ngo kuko bigomba imyiteguro ihagije.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko kuri ubu abaturage bo muri ako karere bamaze kugezwaho amazi meza babarirwa ku igipimo cya 85%, ni ukuvuga abagera ku bihumbi 288 mu baturage ibihumbi 336 batuye akarere ka Burera.
Abaturage bo mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative CAEG-Umugende, ikora imigina y’ibihumyo, baratangaza ko kwibumbira hamwe byabafashije kwikura mu bukene ndetse no kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.