Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burizeza ko ikusanyirizo ry’amata rya Cyanika nta kabuza rizagirwa ikaragiro nubwo iryo kusanyirizo rigifite ikibazo cyo kuba ryakira amata make bitewe n’uko ryari ryarahombye maze bamwe mu borozi b’inka ntibishyurwe bagahitamo guhagarika kuhagemura amata.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abaturage bo mu murenge wa Nemba, mu karere ka Burera, guharanira kuva mu bukene babyaza umusaruro kandi bafata neza ibikorwaremezo bagezwaho.
Ubuyobozi bwo mu karere ka Burera buhamya ko Abahwituzi bafite akamaro gakomeye kuko aribo bifashishwa mu kugeza ku baturage gahunda za Leta zitandukanye mu buryo bwihuse bigatuma abo baturage bazishyira mu bikorwa.
Umusore witwa Nshimiyimana Félicien utuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera yariye amandazi 10 manini bari bamutegeye arayamara ntiyagira ikibazo na kimwe agira, maze yegukana amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bibiri bari bamwemereye.
Abaturage bo mu mirenge ya Bungwe, Gatebe, na Kivuye, ho mu karere ka Burera, batangaza ko nyuma y’amezi abiri bagejejweho umuriro w’amashanyarazi ubuzima bwabo bumaze guhinduka.
Nyuma y’aho ubuyobozi bw’akarere ka Burera buburije abaturage kunyuza ubwato bw’ingashya mu gishanga cya Rugezi mu rwego rwo kwirinda impanuka, abaturage bavuga ko babuze uko bambuka bajya mu mirimo itandukanye kandi ariyo nzira yabo ya bugufi hakaba nta n’ubwato bwa moteri buhari.
Aborozi b’inka bo mu murenge wa Gatebe mu karere ka Burera, batangaza ko babangamiwe no kuba babuzwa kujya kugirisha amata hanze y’uwo murenge aho babaha amafaranga menshi kurusha ayo bahererwa mu murenge wabo.
Bamwe mu bakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bazwi ku izina ry’abamotari bo mu kerere ka Burera, batangaza ko n’ubwo umwuga wabo ubafasha kwinjiza amafaranga ariko bajya bahuriramo n’ingorane zikomeye, rimwe na rimwe zitewe n’imiterere y’aho bakorera cyangwa se abagenzi batwaye ntibabishyure nk’uko babyumvikanye.
Abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza barasabwa kuzabera urumuri bagenzi babo bo ku mashuri bigamo bashyira mu bikorwa ibyo bazaba barigiye mu itorero barimo.
Abakora umwuga wo gufotora batangaza ko iterambere ry’ikoranabuhanga mu Rwanda ryatumye akazi kabo mu cyaro karushaho kugenda neza ndetse bakabona n’inyungu.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko buzakomeza kugabira inka abatishoboye muri gahunda ya “Gira Inka” munyarwanda ndetse mu mihigo y’umwaka 2014-2015 bwiyemeje gutanga inka 1200 zizagabirwa abatishoboye bo muri ako karere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) kirasaba abaturage barutiye igishanga cya Rugezi kukibungabunga bakagifata neza kuko gifite akamaro gakomeye Abanyarwanda ndetse n’isi muri rusange.
Nyuma y’igihe cy’umwaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rugezi ruri mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, rwari rumaze rudakora, ubuyobozi bw’ikigo gishya gishinzwe iterambere ry’ingufu ( Energy Development Corporation Ltd) butangaza ko bitarenze ukwezi kwa 10/2014 ruzaba rwatangiye gukora.
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’akarere ka Burera aremeza ko minisitiri w’intebe mushya w’u Rwanda, Anastase Murekezi, asura ibikorwa bitandukanye by’iterambere byo muri aka karere, kuri uyu wa kane tariki ya 07/08/2014.
Abaturage bo mu murenge wa Kagogo, batuye ndetse n’abaturiye santere ya Gitare batangaza ko kuva aho bashyiriyeho gahunda yo gufunga utubari mu masaha y’akazi ngo muri iyo santere hasigaye hari ituze.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko abaturage bo muri ako karere batangiye gusobanukirwa n’akamaro ko gutura mu midugudu ngo kuburyo kuri ubu abamaze gutura mu midugudu babarirwa ku kigero cya 76.4%.
Ku bufatanye n’umushinga wo muri Amerika witwa Partners In Health: Inshuti Mu Buzima mu karere ka Burera hagiye kubakwa kaminuza y’ubuvuzi hafi y’ibitaro bya Butaro izaba ifitanye umubano n’ishuri ry’ubuvuzi ryo muri kaminuza ikomeye yo muri Amerika yitwa Harvard (Harvard Medical School).
Abakozi b’akarere ka Burera, batoranyijwe gusobanura ibikorwa by’imihigo y’ako karere y’umwaka 2013-2014, batangaza ko isizuma ry’imihigo rishya ryashyizweho rituma bisanzura bagasobanura neza ibikorwa bakoze.
Mu ma saa tanu zo ku wa kane tariki ya 24/07/2014 ubwato bw’ingashya bwari burimo abanyeshuri 14 bari bagiye mu biruhuko ndetse n’umugore umwe wari uhetse umwana, bwarohamye mu gishanga cya Rugezi giherereye mu karere ka Burera, maze abanyeshuri babiri bahita bapfa.
Rumwe mu rubyiruko rutuye mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Burera rutangaza ko kuba rutabona aho kwidagadurira cyangwa se aho rukinira imikono itandukanye biri mu bituma rwishora mu ngeso mbi zirimo kunywa ibiyobyabwenge.
Mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri, ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko bugiye gushyira imbaraga mu kongera amashuri y’incuke kugira ngo abana bose bo muri ako karere bajye batangira kwiga bakiri bato.
Abavumvu bo mu gace kegereye ibirunga batangaza ko bafite ikibazo cy’ubukonje bw’agace batuyemo butuma inzuki zabo zikonja bigatuma zidatanga umusaruro w’ubuki uhagije bakaba bifuza ko bahabwa imizinga ijyanye n’ako gace gakonja.
Ivuriro rya Nyamicucu riherereye mu karere ka Burera mu ntara y’Amajyaruguru ryagizwe ikigo nderabuzima, nyuma y’uko bigaragaruye ko ryakira abantu benshi kandi barenze ubushobozi bwaryo, nk’uko byatangajwe kuwa kane tariki 17/7/2014.
Abahuriye mu ihuriro ry’abavumvu bo mu gace kegereye ibirunga barasabwa kudategereza buri gihe inkunga bahabwa ahubwo bakishakamo ubushobozi nabo bakikorera ibyo baba bakeneye kuko aribwo bazagera ku iterambere rirambye.
Mu gihe cy’ibyumweru bibiri, mu kigo nderabuzima cya cyanika, kiri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, habera igikorwa cya “Army Week” cyo gukeba abagabo ndetse no kuvura abaturage indwara zitandukanye, ubuyobozi bw’icyo kigo nderabuzima butangaza ko abaturage bitabiriye icyo gikorwa mu kigero gishimishije.
Umukecuru witwa Nyirambonigaba utuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, wari umaze amezi agera kuri atanu acumbikiwe n’abaturanyi kubera ko inzu ye yari yarahiye igakongoka arashimira ingabo z’u Rwanda n’abaturage bari kumwubakira inzu nshya none ubu akaba agiye kubona aho yikinga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwashimiye abahoze ari aba “Local Defense” umurava n’ubwitange bakoranye akazi kabo mu gufatanya n’inzego zishinzwe umutekano n’abaturage babungabunga umutekano muri ako karere, bubarihira ubwisungane mu kwivuza bunabemerera ubufatanye mu buzima batangiye.
Ubuyobozi ndetse n’abanyeshuri bo muri Seminari nto ya Nkumba iri mu karere ka Burera, batangaza ko Laboratwari y’ibijyanye n’ubumenyi ndetse n’ibyumba by’amashuri bishya bungutse, bizabafasha mu kongera ireme ry’uburezi.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Butaro biri mu karere ka Burera butangaza ko nyuma y’imyaka ibiri gusa batangije serivisi yo kuvura kanseri hagiye hagaragara abantu batandukanye barwaye kanseri ngo kuburyo kuri ubu bari kuvura abarwayi barenga 2000.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arashishikariza abaturage bo muri ako karere guhindura imyumvire baharanira kugera ku iterambere rirambye kandi bakarwanya n’ubujiji kuko aribwo bazaba bibohoye 100%.