Umushinga wo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika, mu karere ka Burera, ugiye kongra gusubukurwa ku buryo mu kwezi kwa gatanu 2015 uzaba ugeze kuri 30% wubakwa, bibaye nyuma y’uko umushoramari wawo yari yarahisemo kuwuhagarika.
Abaturage bo mu karere ka Burera batuye mu gice cy’amakoro munsi y’ikirunga cya Muhabura, batangaza ko bagira ikibazo cy’imisarane kuko kuyicukura bibagora kubera ko ubutaka bwaho bugizwe n’amakoro gusa.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Burera, Uwambajemariya Florence, arasaba abaturage kurwanya icuruzwa ry’abantu bita ku burezi bw’abana babo kandi batanga n’amakuru y’abo bazi bakora ibintu nk’ibyo.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera bemeza ko imbuto y’ibishyimbo by’imishingiriro bahawe n’umuryango w’ubuhinzi AGRA (Alliance for a Green Revolution Agriculture) wazamuye umusaruro wikuba inshuro eshatu babona amafaranga biteza imbere.
Abahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Burera baturiye ikirunga cya Muhabura batanganza ko umusaruro w’ibirayi wiyongereye kurusha mbere ngo buryo hari aho wikubye hafi inshuro ebyiri bitewe no gufumbira mu buryo bukwiye ndetse n’ikirere kikaba cyarabaye cyiza.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, avuga ko ku bufatanye n’abaturage bo muri ako karere barwanyije abacuruza ikiyobyabwenge cya kanyanga, bazwi ku izina ry’abarembetsi ngo kuburyo abamaze kubireka babarirwa ku kigero cya 85%
Ikusanyirizo ry’amata ry’aborozi bo mu karere ka Burera bibumbiye muri Koperative CEPTL (Cooperative des Eleveurs pour la Production et la Transformation du Lait) ryatangiye kwagurwa kugira ngo rigirwe ikaragiro ry’amata n’ibiyakomokaho.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), Nsengimana Jean Philbert, asaba urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe aruzengurutse ubundi rugaharanira kwihangira imirimo kugira ngo rurwanye ubushomeri.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku mapikipiki mu Ntara y’Amajyaruguru na bo bakoze urugendo rwo kwamagana filime “ Rwanda: Untold Story” yakozwe n’igitangazamakuru BBC bavuga ko ipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’ikigo nderabuzika cya Gatebe kiri mu murenge wa Gatebe, mu karere ka Burera, butangaza ko gifite ikibazo cy’ibikoresho bidahagije n’abaganga bake, ndetse n’amazi meza n’amashanyarazi nabyo bitarahagera.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Oda Gasinzigwa arashishikariza abagore bo mu cyaro kutazigera basubira inyuma mu rugendo rw’iterambere kuko aribo bagize iterambere ry’u Rwanda.
Umugabo w’imyaka 38 witwa Félicien Hishamunda utuye mu kagari ka Rugasa mu murenge wa Ruhango ho mu karere ka Rutsiro arashinja umugore we Séraphine Mukamana gukoresha amafaranga yabo nabi ndetse no kwaka inguzanyo umugabo we atabizi.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abaturage bo mu murenge wa Gahunga n’abo mu karere ka Burera muri rusange gushishikarira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mitiweri), kugira ngo nibaramuka barwaye bazabone uko bivuza bitabagoye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, asaba abaturage bo mu murenge wa Gahunga, bita mu Gahunga k’Abarashi, ho mu karere ka Burera kugendera ku mateka yabo y’ubutwali bakarangwa no gukora bashishikaye bityo bakikura mu bukene.
Abaturage bo mu karere ka Burera barasabwa kugirira icyizere Inteko y’Abunzi bakareka kujya mu nkiko kuko amagarama y’urubanza ari menshi ndetse no gushaka abababuranira (avocats) nabyo bikaba bihenze.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu rwego rwo gutuma abaturage bo muri ako karere batangira ku gihe umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, hagiye kwifashishwa ibimina ngo kuko aribwo buryo bworohera abaturage.
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera bavuga ko abunzi babafasha cyane mu kubakemurira ibibazo ndetse no kubunga kuburyo bikwiye ko bajya bahabwa insimburamubyizi mu gihe bagiye mu kazi kabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu barwayi bo mu mutwe babarurwa muri ako karere higanjemo ababitewe no kunywa ibiyobyabwenge birimo kanyanga.
Dr. Mukabaramba Alvera, umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), yemereye inkunga ya miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda koperative ebyiri z’abafite ubumuga bo mu karere ka Burera kugira ngo izabafashe guteza imbere ibikorwa byabo.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) kirasaba abaturage bo mu karere ka Burera batuye mu birwa biri mu kiyaga cya Burera kwimuka bakajya gutura hakurya y’ikiyaga kuko aribwo bazagerwaho n’iterambere mu buryo bworoshye.
Abasheshe akanguhe batandukanye bo mu karere ka Burera bavuga ko bafite amasaziro meza kubera ko bafite ubuyobozi bwiza bubitaho bukabaha inkunga y’ingoboka ibafasha mu buzima bwabo bwa buri munsi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dr. Mukabaramba Alvera, avuga ko izina “Abashigajwe inyuma n’amateka” ryagakwiye kuvaho abaryitwa bagakomeza kwitwa Abanyarwanda nk’abandi.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gifatanyine n’abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Burera batangije ku mugaragaro umushinga wo kubungabunga ikiyaga cya Burera bakikiza inkengero zacyo amaterasi ndinganire ndetse n’imirwanyasuri.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera batangaza ko nubwo ubuyobozi bushishikariza abagabiwe inka kugira umuco wo kunywa amata ngo hari bamwe bagabirwa inka zamara kubyara amata bakayagurisha gusa ntihagire na make basiga mu rugo yo kunywa.
Abaturage bo mu karere ka Burera bahawe inka muri gahunda ya "Gira inka" nabo bituye bazituriye abandi batishoboye 55, ubwo hasozwaga icyumweru cyahariwe iyi gahunda ya “Girinka” muri aka karere, kuri uyu wa gatanu tariki 26/9/2014.
Uwintije Gaudence utuye ku kirwa cya Bushongo, kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge Rugarama, akarere ka Burera, wabanjirije abandi bakobwa batuye kuri icyo kirwa kurangiza amashuri yisumbuye, avuga ko yifuza gukomeza kwiga ngo ariko ubukene bwamubereye inzitizi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera burizeza urubyiruko rwo muri ako karere ko gahunda ya “Kora Wgire” yatangijwe izarukura mu bukene ngo kuko ari muri iyo gahunda ibitekerezo bitandukanye by’imishinga yarwo bizashyirwa mu bikorwa.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Burera itangaza ko mu kwezi kwa Kanama abantu batandatu bo mu mirenge itandukanye yo muri ako karere biyahuye biturutse ku kunywa ibiyobyabwenge.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko barembejwe n’abajura babatera mu ngo zabo bakabiba ibyo basanze byaba imyaka, imyenda ndetse n’amafaranga.
Abaturage 134 bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera barishyuza amafaranga miliyoni imwe n’imihumbi 500 bakoreye ubwo bubakaga ibyumba by’amashuri by’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) n’ubw’imyaka icyanda (9YBE) mu mwaka wa 2012.