Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko mu mwaka wa 2017 abaturage bose bo muri ako karere bazaba baragejejweho amazi meza ku buryo ntabazaba bakivoma amazi yo mu bishanga cyangwa ibiyaga bya Burera na Ruhondo.
Kuri uyu wa 27 Werurwe 2015, Habyarimana Jean Baptiste yatorewe kuba Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Burera agasimbura Bumbakare Pierre Celestin weguye kuri uwo mwanya ku wa 11 Gashyantare 2015.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda (MINICOM), François Kanimba aributsa abikorera bo mu Ntara y’Amajyaruguru ko Urwego rw’abikorera arirwo nkingi ya mwamba izatuma intego zitandukanye u Rwanda rwihaye, zirimo gahunda y’imbaturabukungu ndetse na gahunda yo guhanga imirimo zigerwaho.
Abikorera mu ntara y’amajyaruguru batangaza ko umwe mu mihigo bashyize imbere ari ugushishikariza bagenzi babo gukorana n’ibigo by’imari bakava ku ngeso yo gukorana na “Bank Lambert” igaragara kuri bamwe.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera batangaza ko bamaze gusobanukirwa na gahunda yo guhuza ubutaka kuko basanze itanga umusaruro utubutse kubera guhinga kijyambere.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali gukora ubucuruzi busukuye batanga imisoro nk’uko bayisabwa birinda kuba icyo yise “ibisambo”, kuko ari bwo bazaba bagaragaje umuco wo gukunda u Rwanda.
Abakunzi ba Filime Nyarwanda batandukanye bo mu Karere ka Burera batangajwe no kubona amaso ku maso bamwe mu bakinnyi ba Filime Nyarwanda bakunda ubwo bazaga muri ako karere mu rwego rwo kwegera abafana no kureba niba amafilime bakina abashimisha.
Abahinzi b’ingano bo mu karere ka Burera barashishikarizwa guhinga ingano mu buryo bwa kijyambere, kuko usibye kuguriha umusaruro n’ibisigazwa by’izo ngano bita “ibiganagano” bazajya babigurisha ku ruganda ruzajya rubikoramo amatafari y’ubwubatsi.
Abahinzi bo mu Karere ka Burera barizezwa ko umusaruro w’ingano beza ugiye kujya ugurishwa mu nganda zo mu Rwanda zitunganya ibikomoka ku ngano kuko bashakiwe imbuto z’ingano izo nganda zifuza.
Ahitwa Rugarama mu Karere ka Burera hashize amezi atandatu huzuye ikigo nderabuzima cyatwaye miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda, na n’ubu ariko ntibaratanga serivisi n’imwe. Minisiteri y’Ubuzima ntivuga igihe iryo vuriro rizakingurira imiryango kandi abatuye ako gace ntibagira ahandi hafi bivuriza.
Ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, mu Karere ka Burera, haracyagaragara abantu batandukanye bawunyuraho mu buryo butemwe n’amategeko bajya muri Uganda banyuze mu bisambu, kandi barashyiriweho uburyo bworoshye bwo kwambuka.
Abayobozi b’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage bo mu Karere ka Burera barasabwa kurwanya icuruzwa ry’abantu rigaragara ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, batanga amakuru kandi banandika abaturage bose mu ikaye y’umudugudu.
Umugabo uri mu kigero cy’imyaka 30 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga, iri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, azira gufatanwa amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 70 y’amiganano.
Abaturage batandukanye bo mu karere ka Burera batangaza ko kuba muri ako karere hagaragara abakobwa bishyingira bakiri bato, bataranuzuza imyaka 18 y’mavuko, biterwa ahanini n’ubukene buba buri mu miryango yabo.
Umusaza Mashukane Bernard utuye mu Murenge wa Rugarama, mu Karere ka Burera, umaze imyaka irenga 50 adodesha icyarahani, avuga ko muri iki igihe umwuga w’ubudozi wakiza uwukora aramutse abishyizemo ubushake n’imbaraga.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Anastase Murekezi, asaba abayobozi b’uturere kurushaho kwegera abaturage, kuko kuba haragaragaye ikibazo cy’umwanda n’amavunja byerekana ko abo bayobozi bategera abaturage.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, arasaba intore z’abajyanama mu bucuruzi gufasha abaturage mu guhanga imishinga myiza ibyara inyungu, kugira ngo begere amabanki abahe inguzanyo babashe kuzamuka mu bukungu batanga n’akazi ku bandi.
Bumbakare Pierre Céléstin, wari perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Burera yeguye kuri uwo mwanya nyuma y’imyaka igera kuri ibiri yari amaze awuriho.
Mu minsi 10 Intumwa za Rubanda zamaze mu Karere ka Burera zigenzura imibereho y’abaturage, ngo zatunguwe no gusanga bamwe mu bagabiwe inka muri gahunda ya “Girinka” bazifashe nabi, ku buryo bigaragara ko intego z’iyo gahunda zitagezweho muri ako karere.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, atangaza ko mu rwego rwo kongera umubare w’abacana umuriro w’amashanyarazi bafite gahunda yo kubyaza umusaruro umuyaga uhora uhuhera muri ako karere munsi y’ikirunga cya Muhabura.
Abanyeshuri b’abasirikari bakuru biga mu ishuri rikuru rya Girisirikari iri i Nyakinama, mu Karere ka Musanze, barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Burera gushyira imbaraga mu kwegereza abaturage umuriro w’amashanyarazi, kuko abayafite bakiri bake kandi ariho hari urugomero rw’amashanyarazi rutanga amashanyarazi hirya no hino mu (…)
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera bavuga ko muri iki gihe umuntu waba intwari ari uwakora ibikorwa bigirira akamaro Abanyarwanda muri rusange birimo gusigasira umutekano ndetse no gukura abantu batandukanye mu bushomeri.
Inka ihaka yari yibwe mu Karere ka Kisoro, muri Uganda igafatirwa mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, yashubijwe nyirayo ku cyumweru tariki ya 01/02/2014, mu muhango wabereye mu Murenge wa Cyanika.
Umuyobozi bw’akarere ka Burera bufatanyije na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) batangaza ko isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika rizatangira kubakwa bidasubirwaho mu kwezi kwa 3/2015, nyuma yuko umushinga wo kuryubaka wasaga nkuwahagaze.
Umugabo witwa Nikobahoze Callixte utuye mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ikorera muri ako karere, nyuma yo gukubita inkoni mu musaya umwana yibyariye akamukomeretsa bikomeye amuziza ko atagiye kwiga.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Burera igaragaza ko bamwe mu babyeyi batita ku burere bw’abana babo ahubwo bakabakoresha imirimo ivunanye, bigatuma abo bana bahunga bakajya kuba inzererezi.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, asaba abayobozi b’ibigo by’amashuri gukora ibishoboka byose bakitegura abanyeshuri, bakora isuku ku bigo kugira ngo ku munsi wa mbere abo banyeshuri bazaba batangiriyeho umwaka w’amashuri 2015, bazahite batangira kwiga.
Abaturage batandukanye bo mu Karere ka Burera bahamya ko iyo bamennye ibiyobyabwenge bababazwa n’amafaranga yabiguze aba agendeyemo ntacyo amariye Abanyarwanda ngo babe bagera ku iterambere rirambye.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Burera bavuga ko kuba hari abana bata ishuri biterwa n’uko ababyeyi babo baba batabitaho bibereye mu gushaka ibiraka bibaha amafaranga hirya no hino, ibyo bita “Guhendebuka” muri ako gace.
Irushanwa ry’umupira w’amaguru ryiswe “Spaz Cup” ryari rimaze igihe kibarirwa mu mezi abiri ribera mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ryashojwe ku wa gatandatu tariki ya 17/01/2015, ikipe yitwa Muhabura FC ari yo itwaye igikombe.