Burera: MINALOC yateye inkunga ya miliyoni ebyiri koperative ebyiri z’abamugaye

Dr. Mukabaramba Alvera, umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), yemereye inkunga ya miliyoni ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda koperative ebyiri z’abafite ubumuga bo mu karere ka Burera kugira ngo izabafashe guteza imbere ibikorwa byabo.

Iyi nkunga yayibemereye mu ntangiriro z’uku kwezi kwa cumi 2014 ubwo yasuraga ayo makoperative akorera mu murenge wa Cyanika n’uwa Gahunga maze akamugezaho ibikorwa bitandukanye akora, akabishima maze akavuga ko bikwiye gutezwa imbere.

Ayo mashyirahamwe y’abafite ubumuga bo mu karere ka Burera akora ibikorwa bitandukanye birimo ubutozi bw’imyenda itandukanye, ubukorikori ndetse banafite ikipe y’umukino wa Seat ball n’iya Karate.

Abafite ubumuga berekana ibyo bakora binyuranye.
Abafite ubumuga berekana ibyo bakora binyuranye.

Dr. Mukabaramba yabashimiye ibikorwa byiza bakora bakoresheje ingingo zasigaye ku buryo ngo hari n’ibyo bakora biruta iby’abafite ingingo zose.

Yagize ati “batubwiye ibibazo bafite ariko amikoro y’igihugu ntabwo atuma ibibazo bikemukira rimwe. Ariko nka koperative imwe tugiye tuyitera inkunga nka miliyoni na miliyoni (imwe y’amafaranga y’u Rwanda), ubwo kubera ko bari gukora neza urumva bazayibyaza n’izindi n’izindi (miliyoni)”.

Yakomeje abwira abafite ubumuga ko MINALOC izakomeza kubaba hafi ikoresheje n’inzego zayo.

Dr. Mukabaramba akomeza abasaba gukebura n’abandi baba batari mu murongo mwiza nabo bakabashyira mu mashyirahamwe bityo bakava mu bwigunge, anabibutsa ko iyo bari gukora ibintu byiza baba bari kwikorera ubuvugizi.

Dr Mukabaramba yabwiye abafite ubumuga ko iyo bakora ibyiza baba bari kwikorera ubuvugizi.
Dr Mukabaramba yabwiye abafite ubumuga ko iyo bakora ibyiza baba bari kwikorera ubuvugizi.

Agira ati “Iyo witwara neza bakabona uri umuntu n’ubundi wiyubashye, wihagararaho, udasabiriza…aho ngaho uba wihesha agaciro nta n’ushobora kukakwaka. Ubwo buvugizi rero umuntu arabwikorera, agaciro umuntu arakiha…n’ubwo hari ubumuga mufite ariko ibikorwa nibyo bibaha agaciro”.

Akomeza asaba ubuyobozi bw’akarere ka Burera kuba hafi abo bafite ubumuga bakabatera inkunga, ku buryo amafaranga yabagenewe anyuzwa ku turere agera kuri buri wese (mu bafite ubumuga) nta numwe basimbutse.

Abafite ubumuga bo mu karere ka Burera nabo bavuga ko bishimira uburyo leta y’u Rwanda yatumye bibona mu bandi, bakajya aho abandi bari, bagakora nabo bakiteza imbere.

Bakomeza bavuga ko muri uko kwiteza imbere bibumbira mu makoperative akora ibintu bitandukanye ku buryo kugeza ubu mu karere ka Burera hari amakoperative 17 y’abafite ubumuga.

Abafite ubumuga berekana ibyo bakora binyuranye.
Abafite ubumuga berekana ibyo bakora binyuranye.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Burera bafite n'ikipe ya seat ball.
Abafite ubumuga bo mu karere ka Burera bafite n’ikipe ya seat ball.

Norbert NIYIZURUGERO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka