Mu nama ya Komite mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yabaye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, wabaye umwanya mwiza wo kugaruka ku mvugo ndetse na gahunda zitandukanye zishyirwaho, hagamijwe kwita ku mibereho myiza n’iterambere ry’umuturage, aribwo hagarutswe kuri gahunda ya Wisiragira n’ibyo ije gukemura.
Mu nama ya Komite Mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yateranye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, ikitabirwa na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yibanze ku isuku n’isukura, aho yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Bugesera y’ubudasa, isuku rusange ihera kuri njye”, abayobozi batandukanye bakaba (…)
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera bagaragaje ko korora amatungo magufi, cyane cyane inkoko no guhinga imboga mu turima tw’igikoni bishobora kuba igisubizo kirambye, muri gahunda yo kurwanya igwingira n’imirire mibi.
Umuhanzi w’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana, Mahoro Isaac, yakoze igitaramo ngarukamwaka cyo gushima Imana, ndetse kiba n’umwanya wo gutanga ubwisungane mu kwivuza (mituweli) ku batishoboye, anagabira inka uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi utishoboye.
Abahagarariye Ishami rya Siyansi n’Ikoranabuhanga muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), batangije ubukangurambaga bwo gusaba ababyeyi kurinda abana ingaruka zaturuka ku ikoranabuhanga rikoreshejwe nabi.
Umunyamerika Dana Morey uyobora Umuryango mpuzamahanga w’ivugabutumwa witwa ’A Light to the Nations’, yavuze ko abitabira igiterane kibera i Nyamata mu Bugesera muri izi mpera z’icyumweru bazatombora inka, amateleviziyo, moto, amagare amatelefone n’imigati yo kurya.
Umuryango w’Abahoze ari Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (GAERG), uvuga ko amatsinda y’abo ufasha agiye kungukira mu kwibukira hamwe k’Urwego rw’Imiyoborere (RGB), n’imiryango itari iya Leta ikorera mu Rwanda.
Ku wa Gatanu tariki 23 Kamena 2023, abakozi b’Ibitaro bya Kibagabaga bagiye kwibukira ku rwibutso rwa Jenoside rw’i Ntarama mu Bugesera, kugira ngo bunguke uburyo bazajya bakira abahura n’ihungabana.
Abahinzi mu Karere ka Bugesera bavuga ko telephone zigendanwa zabafashije kumenya amakuru ajyanye n’ubuhinzi, gusaba inyongeramusaruro no kuyishyura bituma batongera kurara ihinga.
Ubuyobozi bwa Zion Temple Celebration Center mu Karere ka Bugesera bwatangije ivugabutumwa ngarukamwaka rizajya ryifashisha siporo mu gushyigikira gahunda za Leta zirimo iyo kurwanya ibiyobyabwenge n’inda ziterwa abangavu.
Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR Inkotanyi bo mu Karere ka Bugesera, biyemeje kwigisha urubyiruko amateka, ubukana, n’ubugome byaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo na rwo rurusheho kuyamagana.
Mu gihe u Rwanda rukomeje ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, sosiyete y’imikino y’amahirwe, Premier Bet Rwanda, na Rotary Club Kigali Gasabo, bageneye abarokotse Jenoside inkunga izabafasha gutwara no kugabanya ikiguzi cyo kugeza umusaruro ku isoko no kwinjiza amafaranga.
Ministiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, mu ijambo yagejeje ku bitabiriye igikorwa cyo kwibuka Imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyabereye kuri Stade y’Akarere ka Bugesera ku mugoroba wa tariki 27 Gicurasi 2023, yavuze ko iyi miryango ari imbaraga zikomeye (…)
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK), bwatashye ku mugaragaro ahakorera ishami ry’iyo Banki rya Nyamata mu Karere ka Bugesera, riri mu nyubako nshya ya BUIG.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko abo mu Murenge wa Juru, barasaba guhabwa amazi n’amashanyarazi bihagije, kuko kutabigira ngo bituma bakomeza kudindira mu iterambere.
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), ufatanyije na Imbuto Foundation na Baho Neza Project, bahurije hamwe imbaraga mu bukangurambaga bugamije kwita ku buzima bwo mu mutwe, binyuze mu matsinda yiswe ’Abahumurizamutima’.
Abatuye mu Karere ka Bugesera by’umwihariko abo mu Murenge wa Juru, barasaba gusanirwa isoko kubera ko igihe imvura iguye, ibicuruzwa byabo byangirika bikabateza igihombo.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko abo mu Murenge wa Juru, bifuza ko Abajyanama b’Akarere barushaho kubaba hafi, bakamenya ibyifuzo byabo n’uko babayeho.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu rufunzo rw’umugezi w’Akanyaru mu Karere ka Bugesera, bavuga ko bisi za ONATRACOM arizo zifashishijwe mu kuzana interahamwe ziturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu, mu kwica abari bihishe mu rufunzo bavumbuwe n’indege za gisirikare zamishagamo ibisasu.
Abarokokeye Jenoside i Nyirarukobwa mu Kagari ka Kanzenze, mu Murenge wa Ntarama w’Akarere ka Bugesera, barasaba Urwibutso rw’imiryango irenga 100 yazimye, muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yari ituye muri icyo kibaya ubu kiragirwamo inka.
Mu gihe mu Rwanda hakomeje icyumweru cy’icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Murenga wa Gashora mu Karere ka Bugesera hashyinguwe mu cyubahiro imibiri icyenda y’Abatutsi bazize Jenoside yabonetse.
Ni agasantere gaherereye mu Murenge wa Juru mu Kagari ka Rwinume, ku muhanda uva ahitwa Kabukuba ugana i Rilima, hakaba hahora urujya n’uruza rw’abantu, aho abavuye mu mirima no mu yindi mirimo bamwe babanza guhitira mu tubari.
Abagabo babiri bo mu Karere ka Bugesera barashwe n’inzego z’umutekano ubwo bahagarikwaga mu ijoro ryo ku wa 10 Mata 2023 bivugwa ko bavuye kwiba, aho guhagarara bakagerageza kurwanya abashinzwe umutekano, bakoreshe imipanga n’ibindi bikoresho bari bitwaje.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Siyansi n’Umuco (UNESCO), riha Urwibutso rwa Nyamata mu Bugesera amahirwe ya mbere yo gushyirwa mu Murage w’Isi (World Heritage), kuko ngo rurusha izindi kwerekana imiterere ya Jenoside n’uko yagenze.
Ubwo mu Rwanda hatangizwaga icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu Karere ka Bugesera by’umwihariko mu Murenge wa Nyamata, cyatangijwe hibukwa abarenga ibihumbi 45 bishwe, bashyinguye mu rwibutso rwa Nyamata.
Abatuye mu Karere ka Bugesera baravuga ko kuba ako karere katarabona igishushanyo mbonera, byahagaritse imirimo myinshi ifitiye abaturage akamaro, ndetse n’iterambere ry’Umujyi wa Nyamata, kubera ko hari ibyo batemerewe gukora mu gihe cyose kitaraboneka.
Abayobozi ba Banki ya Kigali (BK), kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Werurwe 2023, bahuye n’abakiriya b’iyo banki by’umwihariko abagore, batuye mu Karere ka Bugesera, mu rwego rwo kubashimira no gukomeza kwizihiza umunsi w’abagore wizihizwa muri uku kwezi kwa Werurwe.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yasabye abayobozi ba Koperative y’abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Rurambi mu Karere ka Bugesera kuzamura umuhinzi wo hasi abikesha ubuhinzi n’inyungu zituruka muri Koperative.
Inama y’igihugu y’umushyikirano yabaye ku nshuro ya 18, yamaze iminsi ibiri, ikaba yari ihuriwemo n’abayobozi ku nzego zitandukanye, abaturage , Abanyarwanda baba mu mahanga bayitabira ku buryo bw’ikoranabuhanga n’abandi. Umunsi wa kabiri ari na wo wa nyuma, wabaye n’umwanya wo gutangaza uko Uturere twakurikiranye mu manota (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, avuga ko mu rwego rwo kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi, Guverinoma yafashe ingamba zitandukanye zirimo kongera ubuso bw’ubutaka buhujwe bugahingwaho igihingwa kimwe, gutanga nkunganire ku nyongeramusaruro, ariko hagashyirwaho n’uburyo bwo gukorera ifumbire mvaruganda mu Rwanda, (…)