Bugesera: Interahamwe zifashishije indege na bisi mu kwica Abatutsi bari bihishe mu rufunzo
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu rufunzo rw’umugezi w’Akanyaru mu Karere ka Bugesera, bavuga ko bisi za ONATRACOM arizo zifashishijwe mu kuzana interahamwe ziturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu, mu kwica abari bihishe mu rufunzo bavumbuwe n’indege za gisirikare zamishagamo ibisasu.

Mu Buhamya bwe, Bayingana Anne Marie, umwe mu barokokeye mu rufunzo rukikije umugezi w’Akanyaru, avuga ko Jenoside yabaye afite imyaka 15 y’amavuko, ihitana ababyeyi be ndetse n’abavandimwe bane.
Avuga ko uru rufunzo rwiciwemo Abatutsi benshi bigizwemo uruhare n’abasirikare, abari abayobozi ndetse n’interahamwe. Abari basigaye ari bazima ngo baje gutabarwa n’Inkotanyi ariko hasigaye ngerere.
Bayingana avuga ko n’ubwo Jenoside yabasigiye ibikomere ku mubiri no ku mutima, ariko babashije kwiyubaka ndetse bakaba bakataje mu rugamba rw’iterambere.
Ati “Dufite ikizere cyo kubaho, dufite ikizere cyo kuba mu Gihugu kizira Jenoside, tuzarwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo. Leta y’ubumwe yarakoze, yakuyeho amoko kandi tubayeho, turatuje kandi turakomeye, ndetse tuzaharanira kubaka Igihugu kizira Jenoside.”

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ivuga ko kugira abicanyi bamenye ko muri urwo rufunzo harimo Abatutsi benshi bihishemo, bifashishije indege maze bategura umugambi wo kubatsemba.
Mbere ngo babanje kujya bagaba ibitero bakica bacye kuko ngo batinyaga kwinjira kure muri urwo rufunzo rw’inzitane, dore ko n’umuntu atashoboraga kubona uwo bihishanye.
Abasirikare n’interahamwe ngo bavuye impande zitandukanye, mu kigo cya gisirikare cya Gako, Ngenda na Gashora, abavuye muri Komini Gicumbi, Gikomero, Mbogo, Nyamabuye n’ibindi bice bya Gitarama, Mugina n’ahandi, impunzi z’Abahutu zavuye ku Ruhuha n’izavuye Nyacyonga, baje muri bisi za ONATRACOM ari benshi cyane, bavuza induru n’amafirimbi, bigabanyamo ibitero byinshi maze bagota urwo rufunzo.
Hari n’abaturutse mu masegiteri ya Kanzenze ya Rulindo na Musenyi yari akikije urufunzo, abandi ku ruhande rwa Ntarama maze baraza bica Abatutsi bari mu rufunzo kuva nka saa yine z’amanywa, kugera saa kumi n’imwe z’umugoroba, bacyurwaga n’uko bavugaga ko hari abataha kure bafite urugendo rurerure rw’amasaha menshi.

Abasirikare bararasaga bakanatera ibisasu mu rufunzo, maze interahamwe zitwaje imihoro, amacumu, ibisongo, ubuhiri burimo imisumari bitaga ‘nta mpongano y’umwanzi’, inkota n’izindi ntwaro gakondo bakica Abatutsi, dore ko nta wahungaga, kuko batabashaga kwiruka mu rufunzo.
Abasirikare n’interahamwe babanzaga no gusaka abo bishe ngo babacuze ibyo bambaye cyangwa barebe ko nta mafaranga bafite, maze bagera ku bakobwa bakabanza kubasambanya babashyize ahumutse gato cyangwa aho barunze ibifunzo batemye, barangiza bakabatera ibisongo mu myanya ndangagitsina cyangwa bakabakubitamo imihoro babashinyagurira, bakabasiga bambaye ubusa.
Ibyo bitero byo mu rufunzo byabaga biyobowe n’umuyobozi w’ikigo cya gisirikare cya Gako, Colonel Pheneas Munyarugarama, ubu ushakishwa n’ubutabera mpuzamahanga, uwahoze ari Superefe wa Superefegitura Kanazi, Gasana Djuma, Gatanazi Bernard wari Burugumesitiri wa Komini Kanzenze, Kararangabo Vincent wari umugenzuzi w’amashuri.

Hari kandi Nsabyemuganwa wahoze ari umuyobozi w’amashuri abanza ya Cyugaro, Bizimana wahoze ari umuyobozi w’Amashuri abanza ya Nyamata, Pasiteri Uwinkindi Jean, Gasharankwanzi Sylvestre, umusirikare witwaga Sebugingo, Bizimungu wari umupolisi n’abandi bicanyi.
Ayo makuru yatanzwe ku Cyumweru tariki ya 30 Mata 2023, ubwo hibukwaga Abatutsi benshi biciwe mu rufunzo babatije CND rugabanya Ntarama, Rulindo na Mugina ya Kamonyi.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 29
- Abafana ba Manchester United bagabiye inka uwarokotse Jenoside
- Abakozi ba MMI bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bagabira abarokotse
- Nubwo Data aba muri FDLR, ntabwo Leta y’u Rwanda yigeze idutererana - Ubuhamya bwa Mukiza
- Inkotanyi zasanze nenda kwiyahura – Mushimiyimana warokokeye i Kabgayi
- Rusizi: Imibiri 1,240 y’Abatutsi yiganjemo iyabonetse mu isambu ya Paruwasi, yashyinguwe mu cyubahiro
- Banciye ibihumbi bitandatu ngo nasuzuguye Umuhutukazi (Ubuhamya)
- ADEPR Gasave yibukiye Jenoside mu rusengero aho bamwe barokokeye
- Kwica abagore n’abana wari umugambi wo kurimbura Abatutsi - Minisitiri Bayisenge
- Basanga CHUK ifite umukoro wo kugarurira Abanyarwanda icyizere cyatakaye muri Jenoside
- Amajyepfo: Abikorera bagaye abacuruzi bakoze Jenoside, biyemeza guharanira ko itazasubira
- Mayunzwe: Bagiye kubaka inzira y’amateka ya Jenoside igana kuri ‘Karuvariyo’
- Huye: Basabye ko hagaragazwa aho Abatutsi biciwe muri PIASS bajugunywe
- Rubavu: Bibutse Abatutsi bishwe bakajugunywa mu mazi
- Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse Jenoside biyemeza kurwanya abayipfobya
- Kigali: Habaye Misa yo gusabira imiryango yazimye muri Jenoside
- Abakoze Jenoside biragoye kwiyumvisha uko gukunda Igihugu babyumvaga – Minisitiri Bayisenge
- Ruhango: Hagiye kubakwa inzu y’amateka y’Abapasitoro 81 bazize Jenoside
- CHUB: Bibutse Jenoside, bazirikana inshingano zo guha agaciro umuntu
- Ruhango: Interahamwe z’abakobwa zicaga Abatutsikazi zivuga ko babatwaye abagabo (Ubuhamya)
- Visi Perezida wa Sena yifatanyije n’Abanyabigogwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ohereza igitekerezo
|