Abaturage bo mu Karere ka Bugesera, bashima cyane ibikorwa by’Ingabo na Polisi by’u Rwanda, baturutse mu bitaro bya Gisirikare bya Kanombe bafatanyije n’ibitaro bikuru by’Akarere ka Bugesera, kuko serivisi z’ubuvuzi bifuzaga zabasanze hafi kandi zikaba zirimo gutangwa ku buntu.
Imiryango 20 itishoboye igizwe by’umwihariko n’abagore b’abapfakazi yo mu Murenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, yishimiye kuba yafashijwe gutura neza binyuze mu kubasanira inzu zabo zendaga kubagwaho.
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano iheruka, nibwo Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), yatangaje ko ubutaka buhingwa bwose bwo hirya no hino mu gihugu burimo gushyirwa muri ‘system’ y’ikoranabuhanga, izajya ituma ugiye kugura ifumbire yo gukoresha mu murima we, ayihabwa hashingiwe ku miterere y’ubutaka bwe, habanje (…)
Umubitsi w’impapuro mpamo z’ubutaka mu Ntara y’Iburasirazuba, Muvara Pothin, avuga ko Akarere ka Bugesera ari ko kagaragaramo abantu bagurisha ubutaka inshuro nyinshi bagamije gukomeza kubwungukamo ndetse n’abiyandikishaho ubutaka butari ubwabo.
Abatuye mu Karere ka Bugesera baravuga ko ubukangurambaga bumaze iminsi ku isuku n’isukura bubasigiye impinduka mu myumvire, kuko mbere hari byinshi bakoraga bibangamiye isuku.
Abatuye mu Karere ka Bugesera barishimira ko batakigorwa no kubona amashuri yo kwigamo, ugereranyije na mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko muri ako Karere habaga amashuri yisumbuye abiri gusa, ubu bakaba bafite 71.
Abana b’abakobwa bari bishoye mu buraya bakorera hamwe nk’itsinda, bajyanywe mu mashuri y’imyuga kugira ngo bazabone uko bibeshaho neza mu gihe kiri imbere.
Kate Bashabe, umunyamideli wubatse izina rikomeye mu Rwanda, binyuze muri Fondasiyo yise Kabash Care ndetse aherekejwe na bamwe mu byamamare birimo Bruce Melodie na Christopher, yakoze igikorwa cyo gufasha abana 660 baturuka mu miryango itishoboye bo mu Karere ka Bugesera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera bwatanze amagare 566 ku bakuru b’imidugudu igize ako Karere, mu rwego rwo kubafasha kurushaho kunoza no kuzuza inshingano zabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko nubwo hari ibipimo bitazagerwaho 100% nk’uko byari bikubiye mu ntego za Leta z’imyaka irindwi ya gahunda ya NST1, ariko hari ibyo kwishimira byagezweho.
Mu Karere ka Bugesera hatashywe uruganda rukora ifumbire mvaruganda ikoreshwa mu buhinzi, bikaba biteganyijwe ko ruzajya rukora Toni ibihumbi 100 ku mwaka.
Mu muhanda w’igitaka uva mu isantere ya Batima werekeza ku kiyaga cya Rweru mu Karere ka Bugesera, habereye impanuka yahitanye abantu babiri, undi umwe arakomereka bikomeye. Ababibonye bavuga ko abo bantu batatu bagendaga n’amaguru bagonzwe n’imodoka ya padiri wabaturutse inyuma, akaba ngo yihutaga agiye gusoma misa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko bufite ihurizo rikomeye ku butaka bugomba guhingwa ndetse n’ubugomba gukorerwaho ishoramari, kubera ukuntu hari imishinga myinshi kandi minini yifuza kujya muri ako Karere.
Ubuyobozi n’abatuye mu Karere ka Bugesera, by’umwihariko ababyeyi b’abana bafite ubumuga bwo mu mutwe, barashima uruhare rw’Ikigo cya AVEH Umurerwa, kizwi nko ‘kwa Cécile’ mu kwita ku bana bafite ubumuga.
Ku bufatanye n’Umuryango Imbuto Foundation, Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), wakoze ubukangurambaga bujyanye no kwita ku buzima bwiza bwo mutwe, mu tugari dutandukanye two mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera.
‘YB Foundation’ ni umuryango wiritiriwe nyakwigendera Burabyo Yvan, wari uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi nka Yvan Buravan, witabye Imana tariki 17 Kanama 2022, azize kanseri y’impindura.
Ubwo hatangizwaga igihembwe cyo gutera ibiti n’amashyamba cya 2024, Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu biti biteganyijwe guterwa, hazaba harimo ibisaga Miliyoni 30 bivangwa n’imyaka.
Nyuma y’igihe ababyeyi bo mu Kagari ka Ruyenzi mu Murenge wa Mareba ho muri Bugesera bagaragaza imbogamizi zo kutagira urugo mbonezamikurire rubegereye, ubu barishimira ko urugo rwamaze kuboneka, rukaba rugiye gufasha abana babo mu mikurire.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iratangaza ko kuva u Rwanda rwafata icyemezo cyo guhagarika gutumiza imbuto ku bihingwa by’ingenzi mu mahanga, zigatangira gutuburirwa mu Rwanda, zikubye inshuro eshatu ugereranyije n’izatumizwaga.
Abagore bo mu Karere ka Bugesera barishimira ko kujijuka byabafashije kwiteza imbere, bakaba batakiri abo kwicara ngo barye ahubwo ko hari umusanzu basigaye batanga mu ngo.
Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Nyamata, Dr William Rutagengwa, avuga ko abarwayi bavurirwaga ku muvuzi gakondo mu Karere ka Bugesera mu minsi ishize, batatu muri bo bazanywe ku bitaro bakurikiranwa n’abaganga, ndetse umwe akaba yarakize arataha.
Mu Rwanda hagiye kubakwa ikigo cyihariye mu bijyanye n’imbuto, kikazafasha abahinzi barenga miliyoni kubona imbuto zujuje ubuziranenge.
Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko hari benshi bagendana uburwayi batabizi, zikagira abantu inama yo kwirinda indwara zitandura, kandi bakagira umuco wo kuzipimisha nibura rimwe mu mwaka, kubera ko bikorerwa ku bigo nderabuzima kandi bigakorwa kuri mituweli.
Abatuye mu Karere ka Bugesera by’umwihariko Imboni z’ibidukikije, biyemeje kugira Akarere gacyeye kandi gatekanye, bakubahisha izina bahawe na Perezida Paul Kagame rya ‘Bugesera y’Ubudasa’, bashimangira ko ribakwiye.
Imboni z’Umutekano 495 zari mu mahugurwa y’iminsi itatu, ziyemeje kurushaho kuwubungabunga, zisinyana imihigo n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge.
Ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki ya 18 Nzeli 2023, imiryango itishoboye 32 yo mu Mirenge ya Mayange na Musenyi mu Karere ka Bugesera yorojwe inka, isabwa kuzifata neza kugira ngo zibateze imbere.
Mu rwego rw’ubukangurambaga ku isuku n’isukura bwateguwe n’Akarere ka Bugesera guhera muri Kanama, bukazarangira mu kwezi k’Ukuboza 2023, hateguwe amahugurwa ku byiciro bitandukanye, bahereye ku rubyiruko. Ni ubukangurambaga bufite insanganyamatsiko igira iti “Bugesera y’ubudasa: Isuku Hose Ihera kuri Njye”.
Kwizera Regis ni umunyeshuri wigaga ku Ishuri ribanza rya EP Espoir de l’Avenir riherereye mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera. Yabaye uwa mbere ku rwego rw’Igihugu mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza.
Abagore bo mu Karere ka Bugesera (ba Mutimawurugo), bakanguriwe gutinyuka bagakorana n’ibigo by’imari, kugira ngo babashe kwiteza imbere n’imiryango yabo.
Ababyeyi batuye mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ntarama, Akagari ka Kanzenze mu Mudugudu wa Cyeru, baherutse gutanga itangazo rinyuzwa ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’ahantu hatandukanye, bashakisha umwana wabo w’umukobwa w’imyaka 6 wari watwawe n’umugabo wari waje mu rugo rw’abaturanyi ashakisha akazi.