Umwarimu witwa CITO Sylvestre yafatiwe muri Local ya 16 mu kigo cy’ibizamini cya Lycée ya Nyanza mu karere ka Nyanza akekwaho gukopeza umunyeshuli mu kizamini cya Leta cy’isomo ryo kwihangira imirimo (Entrepreneurship).
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge barizeza ko ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 bizaba byuzuye mbere ya Mutarama umwaka utaha nibaramuka babonye ibikoresho byose ku gihe.
Abarimu batanu bigisha bigisha mu rwunge rw’amashuli rwa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, bafungiye kuri station ya Polisi y’aka karere bakurukiranyweho gukopeza abanyeshuri ikizami cy’ubugenge (Physics).
Nyuma y’amezi 4 umushinga Imbuto Foundation utangije gahunda ya “mubyeyi terintambwe Initiative” igamije guca ikibazo cy’abana bata amashuri, ubu uwo mushinga urimo kuganira n’ababyeyi ku mpamvu zitera abana guta ishuri no kuzikumira.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibizamini bya Leta by’uyu mwaka wa 2013, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Mathias Harebamungu, yavuze ko impinduka ziri muri ibi bizamini zizateza imbere uburezi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri y’imyuga kuri uyu wa gatatu tariki 30/10/2013 yatangije ibizamini bisoza amashuri yisumbuye ku ishuri ASPEJ Muhazi mu karere ka Rwamagana ahari gukorera abanyeshuri 396 basoje amasomo mu myuga-ngiro (TVET).
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yishimiye inkunga y’ikigo cy’itumanaho cya Airtel, cyiyemeje kujya gitanga ubufasha bwa buri mwaka bwo gusana no kongera iby’ibanze bikenerwa ku mashuri, gihereye ku ishuri ribanza rya Nyirarukobwa mu karere ka Bugesera.
Abanyeshuri 51 biga muri ES.Kigarama bari bahawe igihano cyo kujya mu rugo iminsi irindwi bakagarukana ababyeyi babo kubera ko batorotse ikigo, batahuwe ko bikodesherezaga amazu iruhande rw’ikigo.
Kaminuza ya Pune yo mu Buhindi yatangije ishami ryayo i Kigali ryitwa Singhad Technical Education Society (STES), ryigisha ubumenyi buhanitse mu icungamari n’imirimo itandukanye yo mu nganda, harimo ubwubatsi, gutanga ingufu, ikoranabuhanga n’itumanaho, ubuhanga mu bukanishi, mu buhinzi n’ibinyabuzima.
Itsinda ry’abadepite 4 bayobowe na Honorable Kaboneka Francis bafashe akanya ko kuganiriza urubyiruko rw’abakobwa bo mu ishuri ryisumbuye rya Gashora Girls Academy of Science and Technology, riri mu karere ka bugesera ku mateka yaranzwe u Rwanda n’Abanyarwanda.
Abanyeshuli bafite ubumuga bwo kutavuga barimo gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuli abanza bavuga ko bagerageza kandi bafite n’ikizere cyo kuzatsinda ariko ngo igihe bahabwa kibabana gito ntibabashe kubirangiza no gutanga ibisobanuro birambuye bitewe n’imiterere yabo.
Umuyobozi wungirije ushinzwe integanyanyigisho mu kigo gishinzwe uburezi mu Rwanda, aravuga ko iki aric yo gihe kugirango urubyiruko ruhabwe ubumenyi nyabwo ku bijyanye n’imyororokere, kuko ubumenyi butuzuye buba intandaro y’inda zitateganyijwe ndetse no kwandura indwara zirimo na SIDA.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu mihigo y’umwaka 2013-2014 bazubaka “Dortoire” y’abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri cya E.S. Kirambo, yibasiwe n’inkongi y’umuriro igashya igakongoka.
Kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 22/10/2013, abanyeshuri 6723 barangiza amashuri abanza mu Karere ka Gakenke batangiye ibizamini bya Leta, ikizamini cy’imibare cyabimburiye ibindi byose ngo cyari cyoroshye.
Abanyeshuri bo mu karere ka Nyamasheke bigaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza, kuri uyu wa 22/10/2013 bazindukiye mu bizamini bisoza amashuri abanza kimwe n’ab’ahandi mu gihugu.
Mu gikorwa cyo gutangiza siporo ya bose ku rwego rw’intara y’uburasirazuba cyatangirijwe mu karere ka Nyagatare, uhagarariye imikino imikino muri minisiteri ya siporo n’umuco, Bugingo Emmanuel, yasabye kaminuza n’andi mashuri makuru mu gihugu kwimakaza ndetse bikongera ingufu mu mikino ngororamubiri.
Urubyiruko rufashwa kwiga ubumenyi ngiro mu myuga itandukanye ikorerwa mu turere twa Huye na Gisagara, ruratangaza ko ibyo rwungukira mu bumenyi bahabwa n’ababigisha, bubafasha kugira icyizere cyo gutera imbere.
Abanyeshuri bo ku bigo bya Kinogo na Munanira mu murenge wa Busasamana akarere ka Rubavu, bavuga ko ubu bishimiye intebe bahawe mu mashuri aho kwicara ku mabuye nkuko byari bisanzwe.
Kuva tariki 14-24/10/2013, mu karere ka Nyabihu hatangiye igikorwa cyo gushishikariza abana barangije amashuri yisumbuye ku bigo 14 kuzitabira itorero ry’igihugu ngo bakomeze gutozwa umuco, ubupfura n’indangagaciro ziranga Umunyarwanda.
Abarezi bo mu Murenge wa Nyagatare barasabwa kurushaho kuzirikana indagaciro zabo za kinyamwuga,ngo kuko arizo zizabafasha abo barera kugira ejo heza hazaza, nk’uko babisabwe na Alcade Kamanzi, umuyobozi wa Njyanama y’Akarere ka Nyagatare, ubwo abarezi bizihizaga umunsi mukuru wabo mumurenge wa Nyagatare.
Kaminuza ya Kodai International Business School yo mu Buhinde, yigisha ibijyanye n’ubucuruzi n’amategeko irateganya gufungura imiryango mu Rwanda mu gihe cya vuba. Ariko mu gihe ikiri gushaka ibyangombwa byo gukorera mu Rwanda igatanga amahirwe ku bashaka kwiga mu Buhinde.
Abanyeshuri basoza amashuri yisumbuye mu ishuri ryisumbuye rya Sumba riri mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko kuba uburyo bwo gutanga inguzanyo ku banyeshuri bagiye kwiga muri kaminuza bwarahindutse bitabaciye intege ngo bibabuze guharanira kugira amanota menshi.
Anathaliya Nyiraminani, umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, icyakora ntibimubuza kwicarana n’abandi ku ntebe y’ishuri agakurikira amasomo, akaba yizeye kuzigirira akamaro no kukagirira igihugu.
Umushinga Plan International Rwanda wamurikiye akarere ka Bugesera ishuri ry’ikitegererezo wubatse murwego rwo gushimangira uburezi bw’ibanze kandi bufite ireme.
Abadepite basaga 20 bo mu nteko ishinga amategeko yo mu gihugu cya Kenya bakoreye urugendo shuri mu ishuri ribanza rya Gahini mu karere ka Kayonza bagamije kureba imikorere ya gahunda ya mudasobwa imwe ku mwana (One laptop per child).
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye Mere du Verbe riherereye mu karere ka Nyaruguru mu ntara y’amajyepfo buratangaza ko kuba abanyeshuri b’abahungu bigana n’ababakobwa bigira icyo byongera ku mitsindire yabo, kuko bose baharanira kurushanwa maze bakigira imbere.
Ubwo abarimu bo mu karere ka Rulindo bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umwarimu tariki 05/10/2013 batangaje ko kuba abarimu bagihembwa umusahahara uri hasi ugereranije n’ibiciro biri ku masoko byiyongera umunsi ku munsi, ari kimwe mu bidindiza imibereho myiza yabo.
Abarimu bigisha mu mashuri abanza bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, bavuga ko bimwe mu bibazo buhura nabyo harimo gahunda yo guhinduranya abanyeshuri mu ishuri rimwe bita “Double Shifting” ngo kuko ituma badakurikirana abanyeshuri uko bikwiye.
Itsinda ry’Abadage bibumbiye mu butwererane (Jumelage) bw’Umujyi wa Boppard mu Ntara ya Rhenanie Palatinat mu Budage n’Umurenge wa Nyabitekeri mu karere ka Nyamasheke, batashye ku mugaragaro ibyumba by’amashuri bitandatu byuzuye ku ishuri ribanza rya Bucumba “Inyanzi.”
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana arasaba urubyiruko, by’umwihariko abakobwa, kwitabira gukoresha ikoranabuhanga kugira ngo rubashe kubona ku byiza byaryo.