Matabishi Innocent, umukozi w’umuryango w’iterambere SNV ushinzwe kuvura amatungo agakurikirana n’amakusanyirizo y’amata mu karere k’ubworozi ka Gishwati kagizwe n’uturere twa Rubavu, Ngororero, Rutsiro, Nyabihu, Burera na Musanze, avuga ko aborozi n’abaguzi b’amata badafite intego aribo badindiza iterambere (…)
Bamwe mu bacuruzi n’abaguzi barema isoko rya Gasiza mu karere ka Rulindo bavuga ko hari ikibazo cyo kubura imboga mu gihe byari bimenyerwe ko rikunze kugira umwihariko mu kugira imboga.
Abahinzi b’imyubati barasabwa kudahinga imbuto babonye yose, ahubwo bakifashisha izo beretswe n’abashinzwe ubuhinzi, nyuma y’aho mu duce tumwe na tumwe tw’u Rwanda hagaragariye indwara yateye mu myumbati ituma yera imyumati iboze.
Hari abaturage bari barikondeye igishanga cya Kamiranzovu gihuza umurenge wa Runda n’uwa Rugalika, maze bakagihinga uko bashaka ndetse bakanakodesha imirima n’ababishaka. Kuri uyu wa kane tariki 02/10/2014, ubuyobozi bwasaranganyije imirima abaturage bose bahahingaga, maze babasaba kujya bagihinga bakurikije gahunda za Leta.
Mu gihe gahunda ya Plant Clinic (uburyo bwo kuvura ibimera) imaze amezi make itangijwe mu karere ka Ngoma, bamwe mu bahinzi barishima iyi gahunda kuko ituma umuhinzi uhuye n’ikibazo cyo kurwaza igihingwa ahita abona aho abariza maze kigakurikiranwa ndetse akagirwa inama.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kirasaba abavuzi b’amatungo kuba hafi y’abaturage bahabwa inka muri gahuda ya Girinka kuko baba badafite ubumenyi buhagije mu bworozi, bityo inka bahawe bikabagora kuzitaho.
Abaturage bo mu murange wa Kansi mu karere ka Gisagara, baratangaza ko guhuza ubutaka bahinga ibigori bizabafasha kongera ubukungu bwabo, ndetse bamwe batanga ubuhamya bw’ibyo bagezeho nyuma yo gukora ubuhinzi bwa kijyambere.
Abahinzi b’urutoki abo mu karere ka Ngororero babitabiriye gahunda yo guhinga kijyambere ngo bari mu gihimbo gikabije kuko batakibona umusaruro mu gihe ababyitabiriye bo ngo bagiye gukizwa n’urutoki.
Ubwo yatangizaga igihembwe cy’ihinga cya season A 2015 mu karere ka Ruhango tariki ya 23/09/2014, minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yahumurije abaturage b’aka karere ku kibazo cy’indwara ya Kabore yibasiye igihingwa cy’imyumbati.
Nyuma y’uko abahinzi mu gace k’Amayaga batewe ibihombo bikomeye n’indwara ya Kabore yibasiye imyumbati yabo, barasaba gukorerwa ubuvugizi kugirango banki yabagurije amafaranga itazateza cyamunara ibyo batanzeho ingwate ubwo bakaga inguzanyo yo kwagura imishinga y’ubuhinzi bw’imyumbati.
Imvura nyinshi ivanze n’urubura yaguye mu murenge wa Gashonga mu karere ka Rusizi yangije bikomeye imyaka mu murima, inyubako n’indi mitungo by’abatuye uwo murenge, harimo by’umwihariko urutoki rubarirwa agaciro ka miliyoni 354 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu gikorwa cyo gutangiza igihembwe cy’ihinga A mu mwaka wa 2014-2015 mu karere ka Nyaruguru, Minisitiri w’umutekano Sheikh Musa Fazil yasabye abaturage batuye ako karere kurushaho gukora kandi bagakorera hamwe, kuko igihugu gifite umutekano.
Mu mezi atatu ashize abaturage bavuga ko barambiwe guhinga icyayi mu mirenge ya Ruharambuga, Shangi , Karengera na Bushekeri, aho abahinzi bavuga ko icyo gihingwa ntacyo kikibamariye bagahitamo kukirandura no guhinga ibindi bihingwa ngadurarugo bavuga ko ari byo bibafitiye akamaro kurusha icyayi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo butangaza ko bwizeye ko ubutaka bwako bwera buzatanga umusaruro uhagije muri iki gihembwe cy’ihinga A, ariko hakaba hari impungenge zaturuka ku mihindagurikire y’ikirere bigatuma imyaka ibura amazi cyane cyane ko akarere ntayo gafite.
Atangiza igihembwe cya mbere cy’ihinga cy’umwaka wa 2015, kuri uyu wa kane tariki 11/9/ 2014, Minisitiri w’Imari n’igenamigambi Ambasaderi Claver Gatete yasabye abaturage gukora ubuhinzi bwabo kinyamwuga, bakumva ko bugomba kubatunga kandi bukabateza imbere.
Abahinzi basaga 500 bo mu murenge wa Kabare mu karere ka Kayonza mu minsi iri imbere bazaba bahinga batikanga imihindagurikire y’ibihe bifashishijwemo n’urugomero ruri kubakwa muri uwo murenge ruzagomera amazi azifashishwa mu tugari twa Rubumba na Gitara na tumwe mu duce twegereye utwo tugari.
Mu gihe mu karere ka Kirehe amashyamba y’inturusu yugarijwe n’icyorezi cy’udusimba twitwa inda (Puceron) dufata ku mababi y’igiti bityo igiti cyose kigatangira kuma buhoro buhoro ndetse hakabaho n’ibyarangije kuma burundu, bamwe mu baturage bafite amashyamba batangiye guhangayika bibaza ku gihombo batejwe n’icyo cyorezo.
Gusenyera umugozi umwe no guharanira ko imbaraga zabo zidafushwa ubusa nizo mpanuro zahawe abahinzi b’umuceri bo mu ntara y’amajyepfo bari mu rugendo shuli mu karere ka Nyagatare rwari rugamije kuzamura ubumenyi ku kongera umusaruro w’igihingwa cy’umuceri.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, aherekejwe n’abakozi bashinzwe iby’ubuhinzi, aragirira uruzinduko mu turere twa Kamonyi, Ruhango na Nyanza, aho asura abahinzi b’imyumati, arabagira inama yo kuyirandura bagahinga ibindi bihingwa, kuko yajemo uburwayi budashobora gutuma yera.
Bitewe n’uko aborozi b’amatungo magufi bakomeje kugaragaza akamaro ubworozi nk’ubwo bubafitiye mu gutuma imibereho yabo iba myiza ndetse no mu iterambere, kuri ubu mu karere ka Nyabihu bagiye kurushaho kubushyiramo imbaraga muri uyu mwaka w’imihigo wa 2014-2015, hakazibandwa cyane ku nzuki n’inkoko.
Mu rwego rwo kongera umusaruro uturuka mu buhinzi, urugomero rwa Sagatare ruherereye mu Murenge wa Kirehe mu karere ka Kirehe rumaze gufasha abahinzi mu iterambere rijyanye n’ubwiyongere bw’umusaruro cyane cyane ku gihingwa cy’umuceri.
Bamwe mu baturage bahinga ibijumba by’umuhondo bikize kuri vitamin A bo mu karere ka Rulindo bavuga ko ibi bijumba bikunzwe cyane ku isoko, gusa ngo bafite imbogamizi zo kubona ibishanga byo kubihingamo ngo babashe kubikwirakwiza henshi hashoboka.
Hashize imyaka itatu mu karere ka Ngororero bubaka uruganda rugenewe gutunganya umusaruro w’imyumbati. N’ubwo bigaragara ko inyubako zarangiye ndetse n’imashini zizakoreshwa muri urwo ruganda zikaba zihari, imirimo yo gutunganya imyumbati yo ntiratangira mu gihe umushinga wateganyaga ko uruganda rwari gutangirana n’umwaka wa (…)
Abahinzi benshi mu karere ka Nyabihu bemeza bashobora kuzabona umusaruro mwiza muri iki gihembwe cy’ihinga cya 2015 A kuko babona ikirere gitanga ikizere ndetse n’imyaka bahinze imaze kumera ikaba ari myiza.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Katabagemu bavuga ko kugira ubutaka buto bituma batabasha kubukoreraho ubworozi bw’inka, ubuyobozi bwo busanga iyi myumvire ishaje kuko ngo korora bitagombera urwuri, ahubwo n’ubwatsi bwahinzwe ku mirwanyasuri bushobora gutunga inka bakabona amata n’ifumbire.
Mu gihe hari ubwo wasangaga amabanki ataritabiraga gutanga inguzanyo ku buhinzi kubera imihindagurikire y’ikirere ituma hari ubwo izuba riba ryinshi abahinzi ntibeze, ubwishingizi mu buhinzi buri gutuma n’ibigo by’imari nka SACCO bitinyuka gutanga izi nguzanyo.
Umushinga w’Abadage witwa “Welt hunger hilfe” wahoze witwa Agro-Action Allemande” ushinzwe iterambere ry’icyaro mu turere twa Muhanga, Ruhango na Huye, uravuga ko witegura gusoza imirimo yawo mu mpera z’umwaka wa 2014 ugacutsa abahinzi wafashaga.
Inama nyunguranabitekerezo yahuje abashinzwe ubuhinzi n’amakoperative bakorera mu karere ka Kirehe yagarutse ku kibazo cy’abaturage bakomeje kwambura ifumbire bahabwa mbere yo guhinga bamara kweza ntibubahirize amasezerano bagirana n’ibigo by’imari iciriritse ibyo bikabangamira iterambere ry’ubuhinzi muri ako karere.
Kuva mu mwaka wa 2006, gahunda ya Gira inka itangiye mu gihugu hose, inka zatanzwe mu karere ka Kamonyi zirasaga ibihumbi bitandatu. Abazihawe bahamya ko zabahinduriye imibereho kuko amata zikamwa yongereye intungamubiri mu byo barya, ndetse n’umusaruro w’ubuhinzi uriyongera kubera ifumbire.
Urwego rushinzwe ubuhinzi mu karere ka Ngoma rutangaza ko ikibazo cy’ugucyererwa kw’ifumbire n’inyongeramusaruro kigiye gucyemurwa n’uko ubu byose bigiye kunyuzwa muri ba rwiyemezamirimo bakorana n’abahinzi.