Perezida Kagame yakiriye uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Australia

Perezida Paul Kagame yakiriye Julia Gillard, wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Australia, uri mu Rwanda muri gahunda ijyanye n’uburezi.

Kuri uyu wa Kane, tariki 18 Gahyantare 2016, ni bwo Perezida Kagame yamwakiriye, nyuma y’ibikorwa yakoreye mu Rwanda byo kugeza kuri amwe mu mashuri ibitabo, abinyujije mu muryango ayobora witwa "Ducere Foundation".

Gillard wambaye umutuku, ari gusobanurira Perezida Kagame ibijyanye n'ibitabo batanga mu mashuri.
Gillard wambaye umutuku, ari gusobanurira Perezida Kagame ibijyanye n’ibitabo batanga mu mashuri.

Ku wa Gatatu, tariki 17 Gashyantare, ni bwo Julia Gillard yashyikirije ibitabo by’inkuru z’abana birenga igihumbi ishuri ry’incuke n’abanza rya Rise to Shine Nursery and Primary School riherereye i Masaka mu Karere ka Kicukiro.

Uyu muryango "Ducere Foundation" ni umuryango mpuzamahanga wita ku burezi, ukorera mu gihugu cya Australia ariko ukaba ufite ibikorwa by’uburezi uteramo inkunga muri Afurika.

Ku wa Gatatu, Gillard yahaye ibitabo birenga igihumbi ishuri rya Rise to Shine Nursery and Primary riherereye i Masaka.
Ku wa Gatatu, Gillard yahaye ibitabo birenga igihumbi ishuri rya Rise to Shine Nursery and Primary riherereye i Masaka.
Iyi gahunda Ducere Founation iyikora iyifatanyije n'umuryango Nyarwanda wa "Imagine We" uyoborwa na Nicky Alonga (wambaye amadarubindi).
Iyi gahunda Ducere Founation iyikora iyifatanyije n’umuryango Nyarwanda wa "Imagine We" uyoborwa na Nicky Alonga (wambaye amadarubindi).
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka